• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Ubwanditsi 06 Jan 2017 Mu Mahanga

Amatora ya perezida mu gihugu icyo ari cyo cyose ku isi usanga amahanga, imiryango mpuzamahanga ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta ayahanze amaso ibyo bigakurikirwa na raporo zinyuranye zivuga uko amatora yagenze.

Mu bihugu by’Afurika ubuyobozi bwishimiwe n’abaturage akenshi usanga bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba kimwe n’ibihugu by’ibihangange ku isi bitishimiye ubuyobozi bukorera abaturage kandi bwita ku nyungu rusange za rubanda.

Ngarutse mu Rwanda, siniriwe mvuga iterambere rimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 23 jenoside yakorewe abatutsi ibaye. Iyo ukurikiranye itangazamakuru ryo mu Rwanda ndetse n’imbuga nkoranyambaga zitandukanye, ubona ubuhamya bw’abiteje imbere babikesheje ubuyobozi bwiza.

Ugereranije u Rwanda rwa mbere ya jenoside yakorewe abatutsi usanga rutandukanye kure n’urwa nyuma ya jenoside kuko ubumwe n’ ubwiyunge ndetse na Ndi Umunyarwanda byashyizwe imbere abanyarwanda bongera kubana, gushyirana, gutabarana n’ibindi.

Ibikorwaremezo birimo amashuri aho abana bigira ubuntu muri gahunda y’uburezi bwibanze bw’imyaka 12, ibigo nderabuzima n’ibitaro, amashanyarazi hirya no hino mu gihugu ndetse abanyarwanda 70% mu mwaka wa 2018 bakazaba bafite umuriro w’amashanyarazi, imihanda, itumanaho n’ibindi byagiye bigerwaho.

Ntawabura kuvuga ko ishoramari ryorohejwe mu Rwanda, bigatuma umubare w’urubyiruko rubona imirimo ndetse hakabaho no koroherezwa kwihangira imirimo binyuze muri gahunda ya Kora Wigire n’ikigega cya BDF gifasha urubyiruko n’abagore kwaka inguzanyo mu bigo by’imari iciriritse.

Si ukwibanda ku bimaze kugerwaho kuko ni ibigaragarira amaso, ahubwo reka ngaruke ku matora ategerejwe mu kwezi kwa Kanama 2017, n’icyo urubyiruko rwakora kugira ngo amatora azagende neza.

Nkuko nabivuzeho nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu hari raporo zitangazwa zigasobanura neza uko amatora yagenze.

Izo raporo zishingira ku bintu byibanze birimo ubwitabire bw’abatoye, niba amatora yararangiriye ku gihe cyateganijwe, ko ibikorwa byo kwiyamamaza byakozwe neza nta kavuyo kabayeho kimwe no kwibasirana kw’abakandida, umutekano mbere na nyuma y’amatora ndetse no ku munsi nyir’izina w’amatora, ko byagenze neza.

Urubyiruko rwo mu Rwanda kimwe n’uri hanze ku mpamvu zitandukanye, rukwiye kwita kuri ibi no gusigasira ibimaze kugerwaho kugira ngo igihugu gikomeze ku iterambere riganisha mu cyerekezo 2050 nkuko bikubiye muri gahunda ya guverinoma, rukitabira kwiyandikisha kuri lisiti y’itora, gutorera igihe, gutegerezanya umutuzo mwinshi itangazwa ry’uwatsinze amatora, kurwanya uwo ari we wese washaka ko amatora atagenda neza by’umwihariko ku bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga nka facebook, twitter, instagram n’izindi mbuga.

-5278.jpg

Jean Paul Kayitare

2017-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubwanditsi 28 Jul 2023
Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Ruhango: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2016
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Ubwanditsi 16 Oct 2023
2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

2015 Irangiye Kagame ari we ukunzwe kurusha izindi nzego mu Rwanda – Min Murekezi

Ubwanditsi 15 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye
Mu Mahanga

Abandi Banyarwanda bajugunwe Kagitumba nyuma yo gukoreshwa imirimo ivunanye

Ubwanditsi 14 Feb 2019
Habyarimana Marcel Matiku, Mudaheranwa Yussuf na Munyankaka Ancille bagiye kuyobora FERWAFA mu nzibacyuho y’iminsi 39
Amakuru

Habyarimana Marcel Matiku, Mudaheranwa Yussuf na Munyankaka Ancille bagiye kuyobora FERWAFA mu nzibacyuho y’iminsi 39

Ubwanditsi 15 May 2023
Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yisubiyeho agarura umuyobozi wa MTN wari wirukanywe ngo akorana n’u Rwanda

Ubwanditsi 30 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru