• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Ubwanditsi 06 Jan 2017 Mu Mahanga

Amatora ya perezida mu gihugu icyo ari cyo cyose ku isi usanga amahanga, imiryango mpuzamahanga ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta ayahanze amaso ibyo bigakurikirwa na raporo zinyuranye zivuga uko amatora yagenze.

Mu bihugu by’Afurika ubuyobozi bwishimiwe n’abaturage akenshi usanga bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba kimwe n’ibihugu by’ibihangange ku isi bitishimiye ubuyobozi bukorera abaturage kandi bwita ku nyungu rusange za rubanda.

Ngarutse mu Rwanda, siniriwe mvuga iterambere rimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 23 jenoside yakorewe abatutsi ibaye. Iyo ukurikiranye itangazamakuru ryo mu Rwanda ndetse n’imbuga nkoranyambaga zitandukanye, ubona ubuhamya bw’abiteje imbere babikesheje ubuyobozi bwiza.

Ugereranije u Rwanda rwa mbere ya jenoside yakorewe abatutsi usanga rutandukanye kure n’urwa nyuma ya jenoside kuko ubumwe n’ ubwiyunge ndetse na Ndi Umunyarwanda byashyizwe imbere abanyarwanda bongera kubana, gushyirana, gutabarana n’ibindi.

Ibikorwaremezo birimo amashuri aho abana bigira ubuntu muri gahunda y’uburezi bwibanze bw’imyaka 12, ibigo nderabuzima n’ibitaro, amashanyarazi hirya no hino mu gihugu ndetse abanyarwanda 70% mu mwaka wa 2018 bakazaba bafite umuriro w’amashanyarazi, imihanda, itumanaho n’ibindi byagiye bigerwaho.

Ntawabura kuvuga ko ishoramari ryorohejwe mu Rwanda, bigatuma umubare w’urubyiruko rubona imirimo ndetse hakabaho no koroherezwa kwihangira imirimo binyuze muri gahunda ya Kora Wigire n’ikigega cya BDF gifasha urubyiruko n’abagore kwaka inguzanyo mu bigo by’imari iciriritse.

Si ukwibanda ku bimaze kugerwaho kuko ni ibigaragarira amaso, ahubwo reka ngaruke ku matora ategerejwe mu kwezi kwa Kanama 2017, n’icyo urubyiruko rwakora kugira ngo amatora azagende neza.

Nkuko nabivuzeho nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu hari raporo zitangazwa zigasobanura neza uko amatora yagenze.

Izo raporo zishingira ku bintu byibanze birimo ubwitabire bw’abatoye, niba amatora yararangiriye ku gihe cyateganijwe, ko ibikorwa byo kwiyamamaza byakozwe neza nta kavuyo kabayeho kimwe no kwibasirana kw’abakandida, umutekano mbere na nyuma y’amatora ndetse no ku munsi nyir’izina w’amatora, ko byagenze neza.

Urubyiruko rwo mu Rwanda kimwe n’uri hanze ku mpamvu zitandukanye, rukwiye kwita kuri ibi no gusigasira ibimaze kugerwaho kugira ngo igihugu gikomeze ku iterambere riganisha mu cyerekezo 2050 nkuko bikubiye muri gahunda ya guverinoma, rukitabira kwiyandikisha kuri lisiti y’itora, gutorera igihe, gutegerezanya umutuzo mwinshi itangazwa ry’uwatsinze amatora, kurwanya uwo ari we wese washaka ko amatora atagenda neza by’umwihariko ku bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga nka facebook, twitter, instagram n’izindi mbuga.

-5278.jpg

Jean Paul Kayitare

2017-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasoje ihinduranya ry’abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yasoje ihinduranya ry’abapolisi muri Centrafurika

Ubwanditsi 22 Oct 2016
Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Ubwanditsi 06 Jan 2017
POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2016
Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo

Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo

Ubwanditsi 25 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu umuhuro wa Gatuna atari uwo gufungura umupaka
INKURU NYAMUKURU

Impamvu umuhuro wa Gatuna atari uwo gufungura umupaka

Ubwanditsi 14 Feb 2020
Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda yirukanye ku butaka bwayo Abanyarwanda 342 ibashinja kubateza icyorezo Isi iri guhangana nacyo cya Coronavirus (COVID-19).

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.
Amakuru

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 18 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru