• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Icyo urubyiruko rwakwitaho ngo amatora azagende neza

Ubwanditsi 06 Jan 2017 Mu Mahanga

Amatora ya perezida mu gihugu icyo ari cyo cyose ku isi usanga amahanga, imiryango mpuzamahanga ndetse n’imiryango itegamiye kuri leta ayahanze amaso ibyo bigakurikirwa na raporo zinyuranye zivuga uko amatora yagenze.

Mu bihugu by’Afurika ubuyobozi bwishimiwe n’abaturage akenshi usanga bimwe mu bihugu byo mu Burengerazuba kimwe n’ibihugu by’ibihangange ku isi bitishimiye ubuyobozi bukorera abaturage kandi bwita ku nyungu rusange za rubanda.

Ngarutse mu Rwanda, siniriwe mvuga iterambere rimaze kugerwaho nyuma y’imyaka 23 jenoside yakorewe abatutsi ibaye. Iyo ukurikiranye itangazamakuru ryo mu Rwanda ndetse n’imbuga nkoranyambaga zitandukanye, ubona ubuhamya bw’abiteje imbere babikesheje ubuyobozi bwiza.

Ugereranije u Rwanda rwa mbere ya jenoside yakorewe abatutsi usanga rutandukanye kure n’urwa nyuma ya jenoside kuko ubumwe n’ ubwiyunge ndetse na Ndi Umunyarwanda byashyizwe imbere abanyarwanda bongera kubana, gushyirana, gutabarana n’ibindi.

Ibikorwaremezo birimo amashuri aho abana bigira ubuntu muri gahunda y’uburezi bwibanze bw’imyaka 12, ibigo nderabuzima n’ibitaro, amashanyarazi hirya no hino mu gihugu ndetse abanyarwanda 70% mu mwaka wa 2018 bakazaba bafite umuriro w’amashanyarazi, imihanda, itumanaho n’ibindi byagiye bigerwaho.

Ntawabura kuvuga ko ishoramari ryorohejwe mu Rwanda, bigatuma umubare w’urubyiruko rubona imirimo ndetse hakabaho no koroherezwa kwihangira imirimo binyuze muri gahunda ya Kora Wigire n’ikigega cya BDF gifasha urubyiruko n’abagore kwaka inguzanyo mu bigo by’imari iciriritse.

Si ukwibanda ku bimaze kugerwaho kuko ni ibigaragarira amaso, ahubwo reka ngaruke ku matora ategerejwe mu kwezi kwa Kanama 2017, n’icyo urubyiruko rwakora kugira ngo amatora azagende neza.

Nkuko nabivuzeho nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu hari raporo zitangazwa zigasobanura neza uko amatora yagenze.

Izo raporo zishingira ku bintu byibanze birimo ubwitabire bw’abatoye, niba amatora yararangiriye ku gihe cyateganijwe, ko ibikorwa byo kwiyamamaza byakozwe neza nta kavuyo kabayeho kimwe no kwibasirana kw’abakandida, umutekano mbere na nyuma y’amatora ndetse no ku munsi nyir’izina w’amatora, ko byagenze neza.

Urubyiruko rwo mu Rwanda kimwe n’uri hanze ku mpamvu zitandukanye, rukwiye kwita kuri ibi no gusigasira ibimaze kugerwaho kugira ngo igihugu gikomeze ku iterambere riganisha mu cyerekezo 2050 nkuko bikubiye muri gahunda ya guverinoma, rukitabira kwiyandikisha kuri lisiti y’itora, gutorera igihe, gutegerezanya umutuzo mwinshi itangazwa ry’uwatsinze amatora, kurwanya uwo ari we wese washaka ko amatora atagenda neza by’umwihariko ku bakunze gukoresha imbuga nkoranyambaga nka facebook, twitter, instagram n’izindi mbuga.

-5278.jpg

Jean Paul Kayitare

2017-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Ubwanditsi 10 Apr 2023
Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda

Umutekamutwe yafashwe yiyita umupolisi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni
SHOWBIZ

HAMISA MABETTO urwaye bikomeye ngo yaba yafashwe n’Amadayimoni

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro
Amakuru

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu
ITOHOZA

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu

Ubwanditsi 30 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru