• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Igisirikare cya Congo cyagabye ibitero bikomeye kuri FDLR na CNRD

Editorial 04 Dec 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC cyatangaje ko kimaze guhashya imitwe yitwaje intwaro mu gace ka Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo, by’umwihariko imitwe irimo FDLR na CNRD yose igizwe n’abanyarwanda.

Umuvugizi w’ibikorwa byo kurwanya iyo mitwe byiswe Soloka 2, Capt Njike Kaiko yatangaje ko hishwe inyeshyamba nyinshi izisigaye zihungira muri Pariki Nkuru ya Kahuzi Biega.

Yavuze ko bagerageje gushaka uburyo ibyo bitero bigabwa hatabayeho kubangamira urusobe rw’ibinyabuzima biri muri iyo pariki.

Yagize ati “Imirwano irimo intwaro ziremereye imaze iminsi ibiri hafi ya pariki. Inyeshyamba zize amayeri yo gushyira imbere abagore bazo n’abana nk’imitego.”

Yavuze ko nibura inyeshyamba 30 zafashwe ari nzima.

Umuyobozi w’agace ka Kalehe, Dédé Mwamba, yavuze ko izo nyeshyamba kuri uyu wa 3 Ukuboza zashatse kugaba igitero ku kigo cya gisirikare mu gace ka Bitale, zikaneshwa zigasubira inyuma.

Yavuze ko ibiri gukorwa n’ingabo za Congo bifite akamaro cyane cyane mu baturage batuye mu bice byitaruye ibindi, nkuko Radiookapi yabitangaje.

Ibi bitero bimaze iminsi ingabo za Congo zihiga imitwe iteza umutekano muke mu Burasirazuba wa Congo bimaze guhitana benshi mu bayoboraga iyo mitwe. Urugero ni Gen Musabyimana Juvenal wari uzwi nka Jean Michel Africa wishwe mu ntangiriro z’Ugushyingo wari mu buyobozi bw’umutwe RUD Urunana.

Hari kandi Sylvestre Mudacumura wayoboraga ingabo za FDLR wishwe muri Nzeri uyu mwaka, umwe mu barwanyi akaba n’Umuyobozi mu mutwe wa FLN witwa Gen Jean Pierre Gaseni uherutse kwicwa n’abandi batandukanye.

Umutwe wa FDLR ugizwe n’abashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. Uvugwaho guhungabanya umutekano muri Congo, mu bikorwa byo kwica abasivili, gusahura ibyabo n’ibindi.

CNRD nawo ni undi mutwe wiyomoye kuri FDLR yose igamije guhungabanya umutekano mu Rwanda.

2019-12-04
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Editorial 23 Feb 2016
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Editorial 12 May 2025
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Editorial 04 May 2016
Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha

Mu mwaka ushize hakozwe ubukangurambaga butandukanye mu gukumira ibyaha

Editorial 09 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi
Mu Rwanda

Eric Dusingizimana aciye agahigo, akora amateka atarabaho ku Isi

Editorial 13 May 2016
Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?
Amakuru

Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?

Editorial 11 Jul 2022
EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera
Mu Rwanda

EU guhagarikira inkunga u Burundi bisobanuye yuko Nkurunziza ari mu marembera

Editorial 16 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru