• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mgr Mbonyintege arashyize yemeye ko agiye gukorera yubire abajenosideri

Mgr Mbonyintege arashyize yemeye ko agiye gukorera yubire abajenosideri

Ubwanditsi 10 Jul 2016 Amakuru

Musenyeri wa Diyosezi ya Kabgayi Mbonyintege Smaragde aremeza ko amakuru yari yahakanye mu minsi ishize, y’uko kiliziya igiye gukorera yubile abapadiri barimo abajenosideri, ari ukuri.

Mgr Mbonyintege ariko avuga ko ntawe byagakwiye gutangaza kuko amategeko ya kiliziya atandukanye n’aya Leta kandi isakaramentu ry’ubusaseridoti rikaba ari iry’ubuzima bwose.

Bisobanuye ko padiri akomeza kwitwa padiri hatitawe ku kuba inkiko zaramuhamije ibyaha, ku buryo afunguwe ashobora gusubizwa ku mirimo, ndetse ngo n’iyo kiliziya imuhagaritse ntimwambura ubupadiri.

Mu nkuru dukesha Izuba rirashe Mgr Mbonyintege abisobanura atya: “Kiliziya gatulika iri muri yubile y’imyaka 100 y’ubusaseridoti izasozwa mu mwaka utaha. Ibikorwa rero dukora muri iki gihe byose byibutsa iyo myaka 100 tumaze cyane cyane ibya ordination z’abapadiri (guhabwa ubupadiri). Igice cya mbere kizabera i Mushishiro (mu karere ka Muhanga) ariko hari n’ibindi bizakomeza muri izi vacances. I Mushishiro hari uzahabwa ubupadiri n’abazahabwa ubudiyakoni, noneho hakaba n’abapadiri bakora yubile.

Muri icyo gikorwa rero icyo tugamije ni ugushimira Imana no gusaba imbabazi. Birumvikana ko bariya bakoze Jenoside ari bo ba mbere mu bo dusaba imbabazi umuryango w’abakilisitu tukazisaba n’Imana. Ni ibyo tuzakora. Naho rero gukorera yubile abakoze jenoside (si igitangaza kuko) icya mbere ntibazaba bahari, barafunzwe, icya kabiri twebwe tujya gukora uwo munsi ntabwo wawukora ntuvuge abakoze ibyaha. Ntabwo byaba bihagije.Uko abantu babitwara n’uko babyumva ibyo ngibyo ni ibindi bindi ariko ndumva tugerageza kubisobanura bihagije.”

Abapadiri bahamijwe ibyaha bya Jenoside bari ku rutonde rw’abo kiliziya izakorera yubile y’imyaka 25, ni Rukundo Emmanuel wakatiwe gufungwa imyaka 25 na Ndagijimana Joseph wakatiwe gufungwa burundu.

Si ubwambere Mgr Mbonyintege akora ubuyobozi bw’u Rwanda n’abanyarwanda mu jisho kuko yagiye avugwaho ibintu byinshi bimugaragaza nk’umwe mu bihaye Imana utarishimiye ko Ingabo zari iza RPF, zifata ubutegetsi. Ibi akaba yarabigaragaje yandika u rwandiko ubwo yari i Butare, mu gihe urugamba rwo kubohoza igihugu rwari rurimbanije yihanangiriza Inkotanyi gufata ubutegetsi kungufu.

-3224.jpg

Mgr Smaragde Mbonyintege

Sibyo gusa kandi Mgr Mbonyintege, aranavugwaho kohereza Abapadiri babiri muri Espagne gushinja Inkotanyi ubwicanyi bw’abanyaespagne biciwe mu Rwanda mugihe cya Jenoside ndetse no gutanga ubuhamya kubwicanyi bwakorewe abihaye Imana biciwe i Gakurazo.

Umwanditsi wacu

2016-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Amakipe y’ibigugu mu burayi yanyagiwe imvura y’Ibitego muri shampiyona zabo

Ubwanditsi 28 Sep 2020
APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

Ubwanditsi 19 Jul 2024
Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 24 Jun 2026
Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ingabire Victore yavuye muri gereza atarangije igihano bituma yibwira ko arusha Igihugu imbaraga

Ubwanditsi 27 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo
Mu Mahanga

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Bakina Super Cup, APR BBC itwaye igikombe itsinze REG BBC naho REG WBBC itsinda APR WBBC
Amakuru

Bakina Super Cup, APR BBC itwaye igikombe itsinze REG BBC naho REG WBBC itsinda APR WBBC

Ubwanditsi 18 Jan 2025
Umuyobozi muri RSSB arahamya ko yibwe n’abana b’abakobwa nyuma yo gushaka kubafasha
INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi muri RSSB arahamya ko yibwe n’abana b’abakobwa nyuma yo gushaka kubafasha

Ubwanditsi 09 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru