• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Ikinamico : Burundi uwavuze ko bazaroha ‘abakeba’ yakatiwe gufungwa imyaka itatu

Ikinamico : Burundi uwavuze ko bazaroha ‘abakeba’ yakatiwe gufungwa imyaka itatu

Editorial 02 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urukiko Rukuru mu Burundi, kuri uyu wa Mbere, rwakatiye gufungwa imyaka itatu umugabo witwa Melchiade Nzopfabarushe wo muri Komine Kabezi mu Ntara ya Bujumbura Rurale, uheruka gukoresha imvugo ko umuntu wese uzanyuranya n’ibyo leta ishaka mu ivugururwa ry’itegeko nshinga atazihanganirwa, bazarohwa mu mazi .

Nzopfabarushe yabaye umwe mu bakozi mu Biro by’Umukuru w’Igihugu ndetse yabaye umwe mu bayobozi bakuru b’ishyaka CNDD-FDD.

Ayo magambo yagiye hanze mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, yerekana uwo mugabo ari mugace kitwa Migera kuwa 15 Mata, avuga amagambo yafashwe nk’agamije gucamo ibice Abarundi.

Icyo gihe yavuze ko umuntu w’umukeba uzigisha ibitandukanye n’ibyo igihugu cyifuza, ati “twebwe ntituri kumwe! Turamukarabye.”

Yongeyeho ati “Tuzamushyira muri Karonge tumanurire muri Tanganyika bigire iyo bashaka. [Amashyi menshi]. Sibyo? Abashaka kujya mu bwato, tuzabubaha. Na kare amafi yari yabuze hano iwacu, muri aya mazi yacu, tuzabashyiramo bigire muri Congo n’amaguru. Ubwo ni ubutumwa.”

Ubuyobozi mu Burundi bwahise bumuta muri yombi, aza no kugezwa mu rukiko ashinjwa “imvugo zigumura abaturage, kubangisha ubutegetsi buriho no gukwiza ibihuha.”

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko mu iburanisha, Nzopfabarushe atahakanye imvugo yakoresheje ariko agasobanura ko yazikoresheje nk’umunyapolitike agamije guha umurongo mwiza abaturage bo mu gace avukamo.

Ubushinjacyaha bwatangaje ko iki gihano kigomba kubera isomo n’abandi Barundi bashoboraga gutekereza ko mu Burundi hari umuco wo kudahana. Gusa Avoka we, Alexandre Ndikumana, yatangaje ko batanyuzwe n’imikirize y’urubanza, bagomba kujurira.

Iki gikorwa kibaye mu gihe mu Burundi hari umwuka ushyushye muri politiki kubera kamarampaka itegerejwe ku wa 17 Gicurasi, hatorwa ku ivugururwa ry’itegeko nshinga rishobora gusiga Pierre Nkurunziza yemerewe gukomeza kuyobora u Burundi kugeza mu 2034.

Nyuma y’amagambo ya Nzopfabarushe, ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD ryahise ryitandukanya nawe, rivuga ko “ryatunguwe no kumva amagambo yatangajwe ko ari aya Melchiade Nzopfabarushe, ashobora guhungabanya ubumwe n’imibanire y’Abarundi,” cyane ko ngo binyuranye n’ibitekerezo ishyaka rigenderaho.

Ryakomeje rigira riti “Ishyaka rirasaba Abarwanashyaka baryo kurangwa n’ubworoherane muri poliitiki, rikanasaba inzego z’ubutabera gukurikirana iki kibazo.”

Muri kamarampaka, biteganywa ko imyaka ya manda y’Umukuru w’igihugu izava ku myaka itanu ikaba irindwi. Rizaba rigena ko Perezida wa Repubulika atorerwa manda ebyiri zikurikiranya z’imyaka irindwi idashobora kongerwa, ariko hatarebwe ku byabaye mbere y’uko rivugururwa.

Perezida Nkurunziza ari ku butegetsi guhera mu 2005 ariko manda aheruka gutorerwa yateje ikibazo gikomeye mu 2015, ku buryo habaye imyigaragambyo y’abatarayemeraga, banagerageje kumuhirika ku butegetsi birapfuba, irangira abaturage amagana bishwe naho abasaga 400,000 bagana iy’ubuhungiro mu bihugu by’ibituranyi birimo u Rwanda

2018-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Editorial 21 Sep 2019
– Akumiro!  Uganda yahindutse intara ya RNC

– Akumiro! Uganda yahindutse intara ya RNC

Editorial 22 Nov 2019
“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

“mu minsi iri imbere ukuri kose tuzi …tuzagufata tugushyire izo mpuguke”- Theogene Rudasingwa

Editorial 08 Jan 2019
Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Ubukungu bwa Uganda bukomeje kujya mu kangaratete kubera kutumvikana n’abaturanyi

Editorial 27 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo
Mu Rwanda

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Editorial 02 Aug 2017
Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe
POLITIKI

Amaburakindi: Abambari ba FDU bashimuse mugenzi wabo babeshya ko Police yamufashe

Editorial 25 Sep 2016
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe
INKURU NYAMUKURU

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Editorial 13 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru