• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Editorial 19 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki ya 16 Werurwe 2020, Ikinyamakuru The Independent cya Andrew Mwenda, cyasohoye inkuru mpimbano cyahaye umutwe ugira uti “Uburyo umugore wa Besigye yagize uruhare mu masezerano hagati ya Museveni na Kagame.” Iyo nkuru iteye isoni igaragaza Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishamikiye ku Muryango w’Abibumbye nk’umuntu w’inyongera kuruta kumugaragaza mu cyubahiro akwiye, uko itangira ni na ko isoza.

Gusa ikintu kimwe kitahimbwe muri iyi nkuru ni uko Winnie Byanyima yitabiriye inama ya 20 ya ICASA yabereye i Kigali mu Ukuboza umwaka ushize. Yayitabiriye nk’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya Sida, umwanya yari amaze iminsi ahawe.

Nkuko bisanzwe mu bubanyi n’amahanga, Perezida Kagame nk’uwakiriye inama, yabonanye n’abayobozi bakuru bo mu nzego za leta n’abikorera ndetse n’imiryango itandukanye. Ibi yabikoze mbere, mu gihe cy’inama na nyuma yayo. Guhura na Byanyima rero nta kintu na kimwe kidasanzwe cyari kirimo.

Amakuru yizewe avuga ko inama hagati ya Kagame na Byanyima itashoboraga kuba imwe y’abantu bari ku rwego rumwe mu gihe Byanyima yahamagawe bwa nyuma, kandi ko nta kintu na kimwe cyigeze kibaho kijyanye no gusaba imbabazi ku bw’imyitwarire y’abayobozi b’u Rwanda mu kibazo cy’u Rwanda na Uganda.

Mu busesenguzi bwa bamwe bavuga ko ari “ibitekerezo byifuzwa’’ ariko Umuyobozi mu Muryango w’Abibumbye, Byanyima ntiyagombaga kwishora mu magambo atitondewe agerageza kurema ibinyoma ku kibazo cya politiki hagati y’ibihugu byombi, cyatewe n’imyitwarire y’ubugizi bwa nabi ya guverinoma y’igihugu cye, ku kibazo kidafite aho gihuriye n’inshingano z’ikigo ayobora.

“Niba yarumvaga ko ari ngombwa kuvuga, ntiyagombaga kuvuga ku kibazo cy’umupaka mu gihe atari kuvuga ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu nko gufunga mu buryo butemewe n’amategeko n’iyicarubozo bikorerwa Abanyarwanda b’inzirakarengane muri Uganda.”

Uwo musesenguzi akomeza avuga ko “Niba yarashakaga kuvuga yisanzuye ku bibazo bitavugwaho rumwe hagati ya Uganda n’u Rwanda, bitanafite aho bihuriye n’inshingano za UNAIDS, yagombaga gusuzuma niba umwanya we umwemerera ubwo bwisanzure no gutekereza guhitamo atyo.’’

Niba Atari ashoboye kubikora ubwe, abayobozi be bagombaga kumwibutsa inshingano n’ubushishozi bijyanye n’akazi ke nk’umukozi w’ikigo mpuzamahanga n’ingaruka zo kutubahiriza amategeko agenga imyitwarire y’abakozi mpuzamahanga bose mu Muryango w’Abibumbye.

Ikinyamakuru ‘Independent’ cya Mwenda cyanditse kivuga ko Kagame yabwiye Byanyima ko gufata nabi Abanyarwanda muri Uganda “bituma agaragara ko nta bushobozi afite imbere y’abaturage be (Abanyarwanda).”

Impamvu z’iyi nkuru iteye isoni zatangiye kwigaragaza kuko aya magambo avuga ko Perezida Kagame adafite imbaraga agomba kuba yerekeza ku kuntu Perezida Museveni yiyumvise igihe yasezeranyaga abaturage ba Kisoro na Kabale ko azakingura umupaka mu nama iherutse kubera i Gatuna, nyuma akaza kugaruka imbere y’imbaga yari yanamurakariye amara masa.

Ikinyoma cyanditswe na Independent ya Mwenda gikoresha Byanyima kugira ngo kigerageze koroshya cyangwa gusibanganya imbaraga nke za Museveni.
Byanyima yabajije impamvu Kagame atabibwiye Museveni. Kagame yasubije ko imbaraga ze zo kubona igisubizo no kuvugana na Perezida wa Uganda, haba mu kohereza intumwa cyangwa kuri telefoni zitigeze zibona igisubizo.

Abantu bose barabizi, kandi na Independent ikwiye kumenya ko Perezida Museveni ari we wohereje intumwa i Kigali gusa, kandi bigaragara neza ko izo mbaraga ku ruhande rwa Museveni zitigeze zisubizwa, ikimenyetso ko ibi bibazo birambiranye ndetse biri kongera uko kwiyumva nk’umunyantege nke kwa Museveni.

Iyi nyandiko nta cyizere itanga, Byanyima yabajije Kagame niba akwiye kugenda akaganira Museveni kuri iki kibazo, Kagame avuga ko ntacyo bimutwaye. Ibiganiro birangirira aho.

Byanyima yavuye i Kigali yerekeza Entebbe aho yahuriye na Museveni. Museveni amaze kumva ikibazo, yabwiye Byanyima ko agiye gufungura Abanyarwanda bose bafungiye muri Uganda.

Ni inde utazi ko bake mu Banyarwanda bafunzwe mu buryo butemewe n’amategeko muri Uganda ari bo barekuwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi bibifashijwemo na Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo?

Nta kintu kiri mu butumwa buhimbano bwa Independent kitari mu masezerano y’ubwumvikane ya Angola, asaba ko habaho itsinda ryemewe n’amategeko rihuriweho n’ibihugu byombi, rishinzwe gukurikirana iki kibazo.

Abantu basanzwe bakorera mu buryo budashinga, ni bo bonyine bashobora gutekereza ko Kagame yahindukira akabwira Byanyima ikintu cyatangiye gushyirwa mu bikorwa mu buryo impande zombi zemeranyijweho.

Mu by’ukuri, ikibazo kiri hagati ya Uganda n’u Rwanda ntabwo ari uko ibihugu byananiwe kubona intumwa “zizewe”; ahubwo kijyanye na politiki ipfuye ya Uganda ku Rwanda. Niba rwose icyari gikenewe kugira ngo “amakimbirane hagati ya Kampala na Kigali akemuke” ari umuntu “wizewe”, ntiyari kuba Byanyima.

2020-03-19
Editorial

IZINDI NKURU

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Editorial 18 Aug 2019
Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Editorial 04 Jun 2024
Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Editorial 31 Jan 2020
Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Editorial 01 Oct 2021

Igitekerezo kimwe

  1. mabula
    March 19, 20209:47 am -

    Kera najyaga mbona MWENDA Andrew kuri TVR yikarakasa nkumva birandya ahantu. buriya ninde wamuzanye koko? uriya wamuzanye afite “ikibazo” cyo gutoranya mwagombaga kumwigizayo hakiri kare

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda
Mu Rwanda

Akon yemeje ko azitabira Youth Konnekt Africa Summit 2017 izabera mu Rwanda

Editorial 11 Jul 2017
Birakomeye : Rudasingwa Theogene  na Mushiki we uba mu Rwanda  n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko
ITOHOZA

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Editorial 16 Feb 2016
CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!
Amakuru

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

Editorial 22 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru