• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Ubwanditsi 19 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki ya 16 Werurwe 2020, Ikinyamakuru The Independent cya Andrew Mwenda, cyasohoye inkuru mpimbano cyahaye umutwe ugira uti “Uburyo umugore wa Besigye yagize uruhare mu masezerano hagati ya Museveni na Kagame.” Iyo nkuru iteye isoni igaragaza Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishamikiye ku Muryango w’Abibumbye nk’umuntu w’inyongera kuruta kumugaragaza mu cyubahiro akwiye, uko itangira ni na ko isoza.

Gusa ikintu kimwe kitahimbwe muri iyi nkuru ni uko Winnie Byanyima yitabiriye inama ya 20 ya ICASA yabereye i Kigali mu Ukuboza umwaka ushize. Yayitabiriye nk’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya Sida, umwanya yari amaze iminsi ahawe.

Nkuko bisanzwe mu bubanyi n’amahanga, Perezida Kagame nk’uwakiriye inama, yabonanye n’abayobozi bakuru bo mu nzego za leta n’abikorera ndetse n’imiryango itandukanye. Ibi yabikoze mbere, mu gihe cy’inama na nyuma yayo. Guhura na Byanyima rero nta kintu na kimwe kidasanzwe cyari kirimo.

Amakuru yizewe avuga ko inama hagati ya Kagame na Byanyima itashoboraga kuba imwe y’abantu bari ku rwego rumwe mu gihe Byanyima yahamagawe bwa nyuma, kandi ko nta kintu na kimwe cyigeze kibaho kijyanye no gusaba imbabazi ku bw’imyitwarire y’abayobozi b’u Rwanda mu kibazo cy’u Rwanda na Uganda.

Mu busesenguzi bwa bamwe bavuga ko ari “ibitekerezo byifuzwa’’ ariko Umuyobozi mu Muryango w’Abibumbye, Byanyima ntiyagombaga kwishora mu magambo atitondewe agerageza kurema ibinyoma ku kibazo cya politiki hagati y’ibihugu byombi, cyatewe n’imyitwarire y’ubugizi bwa nabi ya guverinoma y’igihugu cye, ku kibazo kidafite aho gihuriye n’inshingano z’ikigo ayobora.

“Niba yarumvaga ko ari ngombwa kuvuga, ntiyagombaga kuvuga ku kibazo cy’umupaka mu gihe atari kuvuga ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu nko gufunga mu buryo butemewe n’amategeko n’iyicarubozo bikorerwa Abanyarwanda b’inzirakarengane muri Uganda.”

Uwo musesenguzi akomeza avuga ko “Niba yarashakaga kuvuga yisanzuye ku bibazo bitavugwaho rumwe hagati ya Uganda n’u Rwanda, bitanafite aho bihuriye n’inshingano za UNAIDS, yagombaga gusuzuma niba umwanya we umwemerera ubwo bwisanzure no gutekereza guhitamo atyo.’’

Niba Atari ashoboye kubikora ubwe, abayobozi be bagombaga kumwibutsa inshingano n’ubushishozi bijyanye n’akazi ke nk’umukozi w’ikigo mpuzamahanga n’ingaruka zo kutubahiriza amategeko agenga imyitwarire y’abakozi mpuzamahanga bose mu Muryango w’Abibumbye.

Ikinyamakuru ‘Independent’ cya Mwenda cyanditse kivuga ko Kagame yabwiye Byanyima ko gufata nabi Abanyarwanda muri Uganda “bituma agaragara ko nta bushobozi afite imbere y’abaturage be (Abanyarwanda).”

Impamvu z’iyi nkuru iteye isoni zatangiye kwigaragaza kuko aya magambo avuga ko Perezida Kagame adafite imbaraga agomba kuba yerekeza ku kuntu Perezida Museveni yiyumvise igihe yasezeranyaga abaturage ba Kisoro na Kabale ko azakingura umupaka mu nama iherutse kubera i Gatuna, nyuma akaza kugaruka imbere y’imbaga yari yanamurakariye amara masa.

Ikinyoma cyanditswe na Independent ya Mwenda gikoresha Byanyima kugira ngo kigerageze koroshya cyangwa gusibanganya imbaraga nke za Museveni.
Byanyima yabajije impamvu Kagame atabibwiye Museveni. Kagame yasubije ko imbaraga ze zo kubona igisubizo no kuvugana na Perezida wa Uganda, haba mu kohereza intumwa cyangwa kuri telefoni zitigeze zibona igisubizo.

Abantu bose barabizi, kandi na Independent ikwiye kumenya ko Perezida Museveni ari we wohereje intumwa i Kigali gusa, kandi bigaragara neza ko izo mbaraga ku ruhande rwa Museveni zitigeze zisubizwa, ikimenyetso ko ibi bibazo birambiranye ndetse biri kongera uko kwiyumva nk’umunyantege nke kwa Museveni.

Iyi nyandiko nta cyizere itanga, Byanyima yabajije Kagame niba akwiye kugenda akaganira Museveni kuri iki kibazo, Kagame avuga ko ntacyo bimutwaye. Ibiganiro birangirira aho.

Byanyima yavuye i Kigali yerekeza Entebbe aho yahuriye na Museveni. Museveni amaze kumva ikibazo, yabwiye Byanyima ko agiye gufungura Abanyarwanda bose bafungiye muri Uganda.

Ni inde utazi ko bake mu Banyarwanda bafunzwe mu buryo butemewe n’amategeko muri Uganda ari bo barekuwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi bibifashijwemo na Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo?

Nta kintu kiri mu butumwa buhimbano bwa Independent kitari mu masezerano y’ubwumvikane ya Angola, asaba ko habaho itsinda ryemewe n’amategeko rihuriweho n’ibihugu byombi, rishinzwe gukurikirana iki kibazo.

Abantu basanzwe bakorera mu buryo budashinga, ni bo bonyine bashobora gutekereza ko Kagame yahindukira akabwira Byanyima ikintu cyatangiye gushyirwa mu bikorwa mu buryo impande zombi zemeranyijweho.

Mu by’ukuri, ikibazo kiri hagati ya Uganda n’u Rwanda ntabwo ari uko ibihugu byananiwe kubona intumwa “zizewe”; ahubwo kijyanye na politiki ipfuye ya Uganda ku Rwanda. Niba rwose icyari gikenewe kugira ngo “amakimbirane hagati ya Kampala na Kigali akemuke” ari umuntu “wizewe”, ntiyari kuba Byanyima.

2020-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Col. Michel Rukunda Alias Makanika yavuze impamvu yatumye atera umugongo ingabo za FARDC, ahakana ibyo kwifatanya na P5.

Ubwanditsi 17 Jan 2020
Serge Ndayizeye afite imiziro yo kudakora muri Amerika kubera guhamwa n’ubujura, menya kandi impamvu asingiza Kayumba Nyamwasa kuri Radiyo akamutuka hanze yayo

Serge Ndayizeye afite imiziro yo kudakora muri Amerika kubera guhamwa n’ubujura, menya kandi impamvu asingiza Kayumba Nyamwasa kuri Radiyo akamutuka hanze yayo

Ubwanditsi 15 Jun 2020
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni  na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ibimenyetso bifatika byerekana ko umugambi wa Museveni na RNC, wo guhungabanya u Rwanda, urimo gupfuba

Ubwanditsi 23 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. mabula
    March 19, 20209:47 am -

    Kera najyaga mbona MWENDA Andrew kuri TVR yikarakasa nkumva birandya ahantu. buriya ninde wamuzanye koko? uriya wamuzanye afite “ikibazo” cyo gutoranya mwagombaga kumwigizayo hakiri kare

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC
IMIKINO

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Umukinnyi wa film z’urukozasoni waryamanye na Trump yavuze ko hari abashatse kumutera ubwoba
Mu Mahanga

Umukinnyi wa film z’urukozasoni waryamanye na Trump yavuze ko hari abashatse kumutera ubwoba

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.
Amakuru

Lt Gen (rtd) Charles Kayonga yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, Marie Grace Nishimwe agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutaka.

Ubwanditsi 30 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru