• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Ikinyoma cyahimbwe na Andrew Mwenda ku nama yahuje Byanyima na Perezida Kagame

Ubwanditsi 19 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Tariki ya 16 Werurwe 2020, Ikinyamakuru The Independent cya Andrew Mwenda, cyasohoye inkuru mpimbano cyahaye umutwe ugira uti “Uburyo umugore wa Besigye yagize uruhare mu masezerano hagati ya Museveni na Kagame.” Iyo nkuru iteye isoni igaragaza Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishamikiye ku Muryango w’Abibumbye nk’umuntu w’inyongera kuruta kumugaragaza mu cyubahiro akwiye, uko itangira ni na ko isoza.

Gusa ikintu kimwe kitahimbwe muri iyi nkuru ni uko Winnie Byanyima yitabiriye inama ya 20 ya ICASA yabereye i Kigali mu Ukuboza umwaka ushize. Yayitabiriye nk’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya Sida, umwanya yari amaze iminsi ahawe.

Nkuko bisanzwe mu bubanyi n’amahanga, Perezida Kagame nk’uwakiriye inama, yabonanye n’abayobozi bakuru bo mu nzego za leta n’abikorera ndetse n’imiryango itandukanye. Ibi yabikoze mbere, mu gihe cy’inama na nyuma yayo. Guhura na Byanyima rero nta kintu na kimwe kidasanzwe cyari kirimo.

Amakuru yizewe avuga ko inama hagati ya Kagame na Byanyima itashoboraga kuba imwe y’abantu bari ku rwego rumwe mu gihe Byanyima yahamagawe bwa nyuma, kandi ko nta kintu na kimwe cyigeze kibaho kijyanye no gusaba imbabazi ku bw’imyitwarire y’abayobozi b’u Rwanda mu kibazo cy’u Rwanda na Uganda.

Mu busesenguzi bwa bamwe bavuga ko ari “ibitekerezo byifuzwa’’ ariko Umuyobozi mu Muryango w’Abibumbye, Byanyima ntiyagombaga kwishora mu magambo atitondewe agerageza kurema ibinyoma ku kibazo cya politiki hagati y’ibihugu byombi, cyatewe n’imyitwarire y’ubugizi bwa nabi ya guverinoma y’igihugu cye, ku kibazo kidafite aho gihuriye n’inshingano z’ikigo ayobora.

“Niba yarumvaga ko ari ngombwa kuvuga, ntiyagombaga kuvuga ku kibazo cy’umupaka mu gihe atari kuvuga ku ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu nko gufunga mu buryo butemewe n’amategeko n’iyicarubozo bikorerwa Abanyarwanda b’inzirakarengane muri Uganda.”

Uwo musesenguzi akomeza avuga ko “Niba yarashakaga kuvuga yisanzuye ku bibazo bitavugwaho rumwe hagati ya Uganda n’u Rwanda, bitanafite aho bihuriye n’inshingano za UNAIDS, yagombaga gusuzuma niba umwanya we umwemerera ubwo bwisanzure no gutekereza guhitamo atyo.’’

Niba Atari ashoboye kubikora ubwe, abayobozi be bagombaga kumwibutsa inshingano n’ubushishozi bijyanye n’akazi ke nk’umukozi w’ikigo mpuzamahanga n’ingaruka zo kutubahiriza amategeko agenga imyitwarire y’abakozi mpuzamahanga bose mu Muryango w’Abibumbye.

Ikinyamakuru ‘Independent’ cya Mwenda cyanditse kivuga ko Kagame yabwiye Byanyima ko gufata nabi Abanyarwanda muri Uganda “bituma agaragara ko nta bushobozi afite imbere y’abaturage be (Abanyarwanda).”

Impamvu z’iyi nkuru iteye isoni zatangiye kwigaragaza kuko aya magambo avuga ko Perezida Kagame adafite imbaraga agomba kuba yerekeza ku kuntu Perezida Museveni yiyumvise igihe yasezeranyaga abaturage ba Kisoro na Kabale ko azakingura umupaka mu nama iherutse kubera i Gatuna, nyuma akaza kugaruka imbere y’imbaga yari yanamurakariye amara masa.

Ikinyoma cyanditswe na Independent ya Mwenda gikoresha Byanyima kugira ngo kigerageze koroshya cyangwa gusibanganya imbaraga nke za Museveni.
Byanyima yabajije impamvu Kagame atabibwiye Museveni. Kagame yasubije ko imbaraga ze zo kubona igisubizo no kuvugana na Perezida wa Uganda, haba mu kohereza intumwa cyangwa kuri telefoni zitigeze zibona igisubizo.

Abantu bose barabizi, kandi na Independent ikwiye kumenya ko Perezida Museveni ari we wohereje intumwa i Kigali gusa, kandi bigaragara neza ko izo mbaraga ku ruhande rwa Museveni zitigeze zisubizwa, ikimenyetso ko ibi bibazo birambiranye ndetse biri kongera uko kwiyumva nk’umunyantege nke kwa Museveni.

Iyi nyandiko nta cyizere itanga, Byanyima yabajije Kagame niba akwiye kugenda akaganira Museveni kuri iki kibazo, Kagame avuga ko ntacyo bimutwaye. Ibiganiro birangirira aho.

Byanyima yavuye i Kigali yerekeza Entebbe aho yahuriye na Museveni. Museveni amaze kumva ikibazo, yabwiye Byanyima ko agiye gufungura Abanyarwanda bose bafungiye muri Uganda.

Ni inde utazi ko bake mu Banyarwanda bafunzwe mu buryo butemewe n’amategeko muri Uganda ari bo barekuwe mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano yasinywe hagati y’ibihugu byombi bibifashijwemo na Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo?

Nta kintu kiri mu butumwa buhimbano bwa Independent kitari mu masezerano y’ubwumvikane ya Angola, asaba ko habaho itsinda ryemewe n’amategeko rihuriweho n’ibihugu byombi, rishinzwe gukurikirana iki kibazo.

Abantu basanzwe bakorera mu buryo budashinga, ni bo bonyine bashobora gutekereza ko Kagame yahindukira akabwira Byanyima ikintu cyatangiye gushyirwa mu bikorwa mu buryo impande zombi zemeranyijweho.

Mu by’ukuri, ikibazo kiri hagati ya Uganda n’u Rwanda ntabwo ari uko ibihugu byananiwe kubona intumwa “zizewe”; ahubwo kijyanye na politiki ipfuye ya Uganda ku Rwanda. Niba rwose icyari gikenewe kugira ngo “amakimbirane hagati ya Kampala na Kigali akemuke” ari umuntu “wizewe”, ntiyari kuba Byanyima.

2020-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Amarembera y’abicanyi  ba FDLR na RNC ya Kayumba Nyamwasa- FLN n’ababashyigikiye

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Abagore babiri barimo Umunyarwandakazi bashimutiwe i Burundi

Ubwanditsi 19 Feb 2018
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Ubwanditsi 27 May 2021
Umuyobozi Muri RSSB Arahamya Ko Yibwe N’abana B’abakobwa Nyuma Yo Gushaka Kubafasha

Umuyobozi Muri RSSB Arahamya Ko Yibwe N’abana B’abakobwa Nyuma Yo Gushaka Kubafasha

Ubwanditsi 10 Apr 2018

Igitekerezo kimwe

  1. mabula
    March 19, 20209:47 am -

    Kera najyaga mbona MWENDA Andrew kuri TVR yikarakasa nkumva birandya ahantu. buriya ninde wamuzanye koko? uriya wamuzanye afite “ikibazo” cyo gutoranya mwagombaga kumwigizayo hakiri kare

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza
Mu Rwanda

Mushimiyimana, umugore wiyubakiye imiturirwa irimo n’ufite amagorofa arindwi, aravuga imyato ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 17 Jul 2023
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti
IKORANABUHANGA

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Ubwanditsi 12 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru