• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano

Ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda ryafashije gufata impushya z’impimbano

Editorial 15 Feb 2017 Mu Mahanga

Uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bufasha muri serivisi z’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda buzwi nka Hand Held Terminal (HHT), bumaze kubyara umusaruro, dore ko mu mpera z’iki cyumweru bwatumye hafatwa abagabo 2 bakekwaho gukoresha impushya zo gutwara ibinyabiziga z’impimbano.

Abafashwe bakaba barafashe uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga rw’umwimerere, bakarushyira mu mashini bakuyeho amazina y’umwimerere bakandikaho ayo uwo bashaka.

Aba bafashwe bafatiwe mu karere ka Nyanza ku itariki ya 12 Gashyantare, bakaba barafashwe ubwo Polisi yari irimo kugenzura impushya zo gutwara ibinyabiziga ikoresheje ubu buryo bw’ikoranabhanga bugezweho (Hand Held Terminal -HHT)

Abafashwe ni Dusangumukiza Jean Pierre na Rutayisire Jean Claude, ubu bakaba bafunze mu gihe iperereza rikomeje.

Asobanura uko aba bakoze izi mpushya zo gutwara ibinyabiziga bafashwe, umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kabanda yavuze ati:”Bashatse uruhushya rw’umwimerere rwanditse k’uwitwa Shema Jean Eric, barunyuza mu mashini bahinduye amazina na nomero iranga uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga, ariko bibagirwa guhindura umubare w’ibanga wari uri ku ruhushya rwa Shema. Igihe rero abapolisi banyujije mu mashini ya Hand Held Terminal (HHT) umubare w’ibanga wa rwa ruhushya, basanze umubare w’ibanga udahura n’imyirondoro iri ku mpushya bari berekanye. Nibwo twatahuye ko izi mpushya zo gutwara ibinyabiziga zari impimbano, bakoresheje amazina yabo n’umubare w’ibanga wari uri ku ruhushya rwa Shema. Nyuma yahoo nibwo twanamenye ko uru ruhushya rwa Shema rwari rwaribwe.

Yakomje avuga ko iyo umupolisi ashyize uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga mu mashini ya Hand-Held Terminal (HHT) ihita ihuza imyirondoro iri kuri urwo ruhushya n’imyirondoro umuntu aba afite mu kigo cy’umushinga w’irangamuntu NIDA, yasanga bihuye uruhushya rukaba ari umwimerere.

Kuri iyi ngingo yavuze ati:”Iyo imyirondoro idahuye, duhita tubona ko uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga ari uruhimbano, ni nako aba bafashwe… Niba hari umuntu uzi ko Uruhushya rwe ari uruhimbano amenye ko azafatwa, kandi twamugira inama yo kurushyikiriza ku bushake sitasiyo ya Polisi imwegereye.”

Yasoje avuga ati:”Guhimba ibyangombwa ubwabyo ni icyaha gihanwa n’amategeko, kandi bigira ingaruka nyinshi, kuko utunze uruhushya rw’uruhimbano nta bumenyi buhagije aba afite bwo gutwara ikinyabiziga, ugasanga ateje impanuka zitwara ubuzima bw’abantu.”

-5749.jpg

Ingingo ya 609 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ivuga ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura mu buryo ubwo ari bwo bwose inyandiko, ashyiraho umukono cyangwa igikumwe bitari byo, yonona inyandiko cyangwa imikono, asimbuza abantu abandi, ahimba amasezerano, imiterere y‟ingingo zayo, igitegetswe gukorwa cyangwa icyarangije kwemeranywa, ahanishwa igifungo kirenze

imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7), n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda

kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni eshatu (3.000.000).

RNP

2017-02-15
Editorial

IZINDI NKURU

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Editorial 15 Apr 2016
Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Editorial 20 Jan 2022
Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2017
ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIZWA MURI POLISI Y’IGIHUGU

ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIZWA MURI POLISI Y’IGIHUGU

Editorial 10 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahawe umwambaro wa Paul Pogba
HIRYA NO HINO

Perezida Kagame yahawe umwambaro wa Paul Pogba

Editorial 18 May 2019
AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu
IMIKINO

AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

Editorial 12 Feb 2016
Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho
Mu Mahanga

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Editorial 04 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru