• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»I&M Bank yungutse miliyari 6.5 Frw mu 2017

I&M Bank yungutse miliyari 6.5 Frw mu 2017

Ubwanditsi 16 Mar 2018 UBUKUNGU

I&M Bank Rwanda yatangaje ko kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017, nyuma yo kwishyura imisoro yabonye inyungu ya miliyari 6.5 Frw, bingana n’izamuka rya 12% ugereranyije n’umwaka wabanje kuko mu 2016 inyungu yari miliyari 5.8 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mbere yo kuvanamo umusoro, inyungu y’iyi banki mu 2017 ni miliyari 9.85 Frw, ingana n’izamuka rya 17% ugereranyije na 2016.

Umuyobozi Mukuru wa I&M bank Rwanda, Robin Bairstow yavuze ko iyi nyungu ishimishije, intego ikaba ari ugukomeza kwita ku bakiliya no kuzana serivisi nshya zizatuma ikomeza kwiyongera.

Uko inyungu ya banki yazamutse ni na ko bihagaze ku banyamigabane kuko amafaranga bazahabwa ku mugabane yiyongereyeho 11.3% ugereranyije n’umwaka wabanje. Bazahabwa 12.92 Frw ku mugabane avuye kuri 11.61 Frw mu 2016.

Umuyobozi w’agateganyo Ushinzwe Imari muri I&M Bank Rwanda, Vincent Ngirikiringo, yavuze ko umwaka ushize wabaye mwiza cyane nka banki yari mu mwaka wa mbere ku isoko ry’imari n’imigabane kuko bateganyaga inyungu ya miliyari 5.6Frw ariko babona miliyari 6.5Frw.

Yakomeje agira ati “Impamvu y’iri zamuka ni umusaruro w’imbaraga zashyizwe mu bikorwa byacu, aho inguzanyo zatanzwe zazamutse 31.8% ugereranyije n’umwaka wabanje, mu gihe mu rwego rw’amabanki zazamutse kuri 12.5% bivuze ko twe twakubye kabiri.”

“Ntabwo twazamutse mu bijyanye n’inguzanyo gusa kuko no mu bijyanye n’amafaranga abitswa yiyongereye kuri 32.3%, bikaba bigaragaza ko twubatse icyizere mu bakiliya bacu, kandi iyo dutanze inguzanyo tubona umusaruro mu mafaranga abitswa.”

Uburyo inguzanyo zishyurwa nabwo iyi banki ihagaze neza kuko izitishyurwa ziri kuri 2.49%, munsi cyane y’impuzandengo y’urwego rw’amabanki mu Rwanda ruri kuri 7.6%.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa I&M Bank Rwanda, Faustin Byishimo, yavuze ko hari ibikorwa byinshi bateganya ngo iyi banki ikomeze kwitwara neza ku isoko ry’imari.

Mu 2017 nibwo iyi banki yatangiye gahunda y’ibikorwa y’imyaka itanu, igizwe n’ibintu bine birimo kongera isoko y’inyungu ya banki, kunoza serivisi, gukoresha ikoranabuhanga no kongera ubushobozi bw’abakozi.

Yakomeje agira ati “Mu byo duteganya harimo ibijyanye na konti z’abagore twatangiye gutanga, konti z’abanyeshuri, konti z’abakozi bakiri bato, byose bizagenda bizana inyungu nshya zidasanzwe.”

Byishimo yavuze ko mu gihe banki zimaze igihe zigendera ku nyungu iva ku nguzanyo, imikorere mishya izibanda ku kwagura isoko y’inyugu harimo amafaranga atangwa kuri serivisi na komisiyo.

Yakomeje agira ati “Ukomeje kugendera ku nyungu ku nguzanyo, ukomeza kugenda uzizamura kandi murabizi ko abantu baba bavuga ko inyungu za banki ziri hejuru. Ni cyo twifuza kugira ngo tugumishe inyungu zacu aho ziri ariko tugakomeza kunguka kandi n’abanyamigabane bacu bakunguka.”

Iyi banki iri mu za mbere mu gukoresha banki kuri internet guhera mu 2007. Iyi ni yo mibare ya mbere I&M Bank Rwanda ishyize ahagaragara kuva yashyirwa ku isoko ry’imari n’imigabane muri Werurwe 2017.

Ubusanzwe banki iyo zigishyirwa ku isoko ry’imari n’imigabane, zihabwa amahirwe yo kwishyura umusoro wa 20% mu myaka itanu nyuma yayo ikaba 30% nk’uko amategeko agenderwaho ubu abivuga.

Kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017, I&M bank yari ifite umutungo mbumbe wa miliyari 260 Frw, ukaba warazamutseho 26% ugereranyije n’umwaka wabanje.

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Kagame muri Africa y’Epfo yavuze ko u Rwanda rukeneye abashora imari mu buhinzi

Ubwanditsi 11 Nov 2019
RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

RRA yakomye mu nkokora abakoresha banyereza imisoro ku byo bagenera abakozi

Ubwanditsi 23 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Uko  ikigo cya gisirikare cya Mukoni cyatewe n’abantu bitwaje ibirwanisho
ITOHOZA

Burundi: Uko ikigo cya gisirikare cya Mukoni cyatewe n’abantu bitwaje ibirwanisho

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe
Amakuru

Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe

RUSHYASHYA 20 Jun 2026
Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade
Amakuru

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Ubwanditsi 03 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru