• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»I&M Bank yungutse miliyari 6.5 Frw mu 2017

I&M Bank yungutse miliyari 6.5 Frw mu 2017

Ubwanditsi 16 Mar 2018 UBUKUNGU

I&M Bank Rwanda yatangaje ko kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017, nyuma yo kwishyura imisoro yabonye inyungu ya miliyari 6.5 Frw, bingana n’izamuka rya 12% ugereranyije n’umwaka wabanje kuko mu 2016 inyungu yari miliyari 5.8 z’amafaranga y’u Rwanda.

Mbere yo kuvanamo umusoro, inyungu y’iyi banki mu 2017 ni miliyari 9.85 Frw, ingana n’izamuka rya 17% ugereranyije na 2016.

Umuyobozi Mukuru wa I&M bank Rwanda, Robin Bairstow yavuze ko iyi nyungu ishimishije, intego ikaba ari ugukomeza kwita ku bakiliya no kuzana serivisi nshya zizatuma ikomeza kwiyongera.

Uko inyungu ya banki yazamutse ni na ko bihagaze ku banyamigabane kuko amafaranga bazahabwa ku mugabane yiyongereyeho 11.3% ugereranyije n’umwaka wabanje. Bazahabwa 12.92 Frw ku mugabane avuye kuri 11.61 Frw mu 2016.

Umuyobozi w’agateganyo Ushinzwe Imari muri I&M Bank Rwanda, Vincent Ngirikiringo, yavuze ko umwaka ushize wabaye mwiza cyane nka banki yari mu mwaka wa mbere ku isoko ry’imari n’imigabane kuko bateganyaga inyungu ya miliyari 5.6Frw ariko babona miliyari 6.5Frw.

Yakomeje agira ati “Impamvu y’iri zamuka ni umusaruro w’imbaraga zashyizwe mu bikorwa byacu, aho inguzanyo zatanzwe zazamutse 31.8% ugereranyije n’umwaka wabanje, mu gihe mu rwego rw’amabanki zazamutse kuri 12.5% bivuze ko twe twakubye kabiri.”

“Ntabwo twazamutse mu bijyanye n’inguzanyo gusa kuko no mu bijyanye n’amafaranga abitswa yiyongereye kuri 32.3%, bikaba bigaragaza ko twubatse icyizere mu bakiliya bacu, kandi iyo dutanze inguzanyo tubona umusaruro mu mafaranga abitswa.”

Uburyo inguzanyo zishyurwa nabwo iyi banki ihagaze neza kuko izitishyurwa ziri kuri 2.49%, munsi cyane y’impuzandengo y’urwego rw’amabanki mu Rwanda ruri kuri 7.6%.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa I&M Bank Rwanda, Faustin Byishimo, yavuze ko hari ibikorwa byinshi bateganya ngo iyi banki ikomeze kwitwara neza ku isoko ry’imari.

Mu 2017 nibwo iyi banki yatangiye gahunda y’ibikorwa y’imyaka itanu, igizwe n’ibintu bine birimo kongera isoko y’inyungu ya banki, kunoza serivisi, gukoresha ikoranabuhanga no kongera ubushobozi bw’abakozi.

Yakomeje agira ati “Mu byo duteganya harimo ibijyanye na konti z’abagore twatangiye gutanga, konti z’abanyeshuri, konti z’abakozi bakiri bato, byose bizagenda bizana inyungu nshya zidasanzwe.”

Byishimo yavuze ko mu gihe banki zimaze igihe zigendera ku nyungu iva ku nguzanyo, imikorere mishya izibanda ku kwagura isoko y’inyugu harimo amafaranga atangwa kuri serivisi na komisiyo.

Yakomeje agira ati “Ukomeje kugendera ku nyungu ku nguzanyo, ukomeza kugenda uzizamura kandi murabizi ko abantu baba bavuga ko inyungu za banki ziri hejuru. Ni cyo twifuza kugira ngo tugumishe inyungu zacu aho ziri ariko tugakomeza kunguka kandi n’abanyamigabane bacu bakunguka.”

Iyi banki iri mu za mbere mu gukoresha banki kuri internet guhera mu 2007. Iyi ni yo mibare ya mbere I&M Bank Rwanda ishyize ahagaragara kuva yashyirwa ku isoko ry’imari n’imigabane muri Werurwe 2017.

Ubusanzwe banki iyo zigishyirwa ku isoko ry’imari n’imigabane, zihabwa amahirwe yo kwishyura umusoro wa 20% mu myaka itanu nyuma yayo ikaba 30% nk’uko amategeko agenderwaho ubu abivuga.

Kugeza ku wa 31 Ukuboza 2017, I&M bank yari ifite umutungo mbumbe wa miliyari 260 Frw, ukaba warazamutseho 26% ugereranyije n’umwaka wabanje.

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

U Rwanda Rushobora Kuba Urwa Mbere Muri Afurika Mu Kwinjira Mu Muryango W’ibihugu Bikataje Kurusha Ibindi Mu Bukungu [ OECD ]

Ubwanditsi 29 Aug 2018
U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

U Rwanda rwiteze amasezerano ya miliyoni $700 azasinyirwa muri CHOGM

Ubwanditsi 13 Mar 2020
BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

BK Group Plc yashyize imigabane mishya ku isoko, izasaguka izacuruzwa i Nairobi

Ubwanditsi 29 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD
Mu Mahanga

Ndayishimiye Eric yasobanuye ko yavogerewe n’ ishyaka PSD

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Abatavuga rumwe na Leta y’Uburundi bamaze kugera Arusha mu biganiro ariko Leta y’Uburundi ntirahagera
POLITIKI

Abatavuga rumwe na Leta y’Uburundi bamaze kugera Arusha mu biganiro ariko Leta y’Uburundi ntirahagera

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Nyuma y’imyaka 23 atavuga rumwe na leta, Rukerantare wari Maneko wa Habyarimana  yagandutse
ITOHOZA

Nyuma y’imyaka 23 atavuga rumwe na leta, Rukerantare wari Maneko wa Habyarimana yagandutse

Ubwanditsi 21 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru