• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

Editorial 26 Oct 2016 Amakuru

Abanyarwanda bafite imvugo igira iti “Imana yirirwa ahandi igataha mu Rwanda”. Iyi mvugo isa kuri bamwe ndetse benshi cyane cyane urubyiruko nkaho idasobanutse cyangwa yataye agaciro. Iyi mvugo ifite ireme rikomeye nuko abagombye kuyisobanura ndetse n’iyindi migani bisaziye cyangwa bahugiye mu bindi.

Ariko reka mbibabwire!

Nibyo koko hari imvugo nyinshi n’imigani yataye agaciro, itakigana akariho ahubwo y’impitagihe, urugero:

Ababiri bishe umwe! Oya, gira uti “Ababiri bakize umwe”.

Impamba itazakugeza I Kigali uyirira ku Ruyenzi! Oya, Umunyagisaka ajya I Kigali ntiyaba akinyuze ku Ruyenzi, wenda yayirira I Nyagasambu.

Inda ibyara mweru na muhima! Oya, si uko uvugwa ahubwo ugira uti “Inda ibyara mwiru na muhima”.

Reka tugaruke ku Mana y’I Rwanda.

Ese koko Imana y’I Rwanda ibaho? Yego. Irara he se? Reka mpakubwire. Cyera abanyarwanda ntibari bazi ko hari ayandi mahanga, ayandi moko, abandi bantu, izindi ndimi; icyo batazi cyose bakitaga amahano, akaga, ikimanuka, amarozi, akateye, imizimu n’ibindi. Ababaga batuye hagati y’imisozi, mu mibande no mu bisiza nko mu Rwubika rwa Tongati n’inyuma ya Nzaratsi bati “Ni igihu cya Nyantango” n’ibindi.

Imana ikaruta imandwa ikaruta n’imanzi, abantu bakayambaza byakomeye igatabara, bakira bati “Ntiyari ihari, yari yiriwe ahandi tutayibona none iratashye iwacu I Rwanda natwe turishimye, kuko ibibazo byabaga bikomeye byabonye ibisubizo.

Aho abanyarwanda baboneye abazungu cyangwa se abafite uruhu rwera n’abandi bantu bafite uruhu rwirabura ariko batabyina nkabo, batazi umwirongi, batazi ikembe, inanga, iningiri, amahamba, ibyivugo ndetse n’ururimi bakumva si urwabo bakabita abanyamahanga, hari nabo bitaga Ibimanuka.

Amadini

Amadini aho agereye mu Rwanda rwagutse, yazanye ubundi buryo bwo kuraguza, guterekera, kubandwa ariko wareba neza ugasanga nta mana yindi bazanye kuko abenshi ntayo bari bazi, ntaniyo bari bafite ndetse ntaniyo bemeraga, n’imiti ni uko.

Imiti

Abanyamahanga bazanye imiti yabo, baca iya gakondo nubwo ikigeragezwa hamwe na hamwe. Aho abazungu batinjiye cyane mu mitekerereze nko mu Buhindi, muri Aziya nagiyeyo ndetse rwose nkorerayo ubushakashatsi kuko nasanze bamwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda, abacuruzi, abakungu ndetse n’abagerageza kwigira no kurwana ku magara yabo; iyo byanze birukira I Nairobi, Afurika y’epfo no mu Buhindi kugira ngo barebe ko bakiza amagara yabo cyangwa ababo noneho bakajya gushakirayo ya mana y’I Rwanda.

Wari uzi ahitwa HYDERABAD, India cyangwa mu Buhindi? Aha nagezeyo nsanga hari ibitaro bikomeye byiza cyane kandi bidahenze ndetse bifite abaganga n’imiti bidahenze. Ibitaro byitwa YASHODA Hospital, bimaze kuvura abanyarwanda benshi kandi utamenya igihe bagendeye n’igihe bagarukiye.

Aha Yashoda Hospital, nagiyeyo nganira n’abantu benshi bahaza bahakiriye n’abanyeshuli benshi biga mu Buhindi bakaba barandahiye bambwira n’abanyarwanda bahaza kuhivuriza, ibikomerezwa, abaciriritse upfa kubona ikihakugeza ukaba uhuye n’icyo abo basore n’inkumi bise igitangaza n’imana y’I Rwanda mu buhindi.

Aha ntabwo nifuje kubaha amazina y’abo bantu bahaboneye umugisha, amahirwe ndetse ubuzima bwabo n’amagara yabo akagaruka nabo bakifatira indege bakigarukira I Rwanda ariko uwashaka azambaze nzamurangira ngendeye kubyo nabonye jyewe ubwanjye, ari n’ibyo nabwiwe n’abanyeshuli bahize b’inkwakuzi cyane kandi bazi kubana, nzanababwira ingero z’abahivurije bari bagiye basezeye, bihebye bakagaruka bakize ndetse n’abirataga bagakomeza kwirata ko bahuye n’Imana y’I Rwanda, cyakora ntimuzandondoze nka ya ndirimbo iti “Oya wimbaza mama . . . “

Ahasigaye ni ahanyu basomyi naho Jyewe nk’umwana w’umutambyi nzabasengera k’Uwiteka, uzanshaka azambaze.

-4484.jpg

Prof. MALONGA Pacifique
Umwana w’Umutambyi ukubutse Hyderabad, India.

2016-10-26
Editorial

IZINDI NKURU

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Editorial 01 Aug 2024
UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

UMUKINO UFIFITSE W’UBUBILIGI: ICYITSO CY’ABAJENOSIDRI N’UMUTERANKUNGA W’IBYIHEBE.

Editorial 23 Nov 2023
Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Isomo Leta ya Tshisekedi ikuye mu nama ya FRANCOPHONIE nyuma yo gushaka kwitambika kongera gutorwa kwa Louise Mushikiwabo 

Editorial 20 Nov 2022
Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Imyaka 37 irashize FPR ishinzwe, Iyo itavuka tuba tukiri ingaruzwamuheto

Editorial 26 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo
Amakuru

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Editorial 30 May 2022
Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda  buhatse iki ?
INKURU NYAMUKURU

Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda buhatse iki ?

Editorial 14 Jan 2019
Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu
IMIKINO

Byukusenge Patrick yigaruriye icyizere muri Tour du Cameroun azamuka imyanya itatu

Editorial 30 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru