• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Editorial 04 Dec 2017 Mu Mahanga

Komiseri ushinzwe imibereho myiza mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Amira El Fadil, yatangaje ko kuri uyu wa Mbere, i Addis Ababa muri Ethiopie, hateganyijwe inama bazahuriramo n’Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), izacukumbura uburyo bwo kurangiza ikibazo cy’abimukira bari muri Libya.

Iki kibazo cy’abimukira b’abanyafurika bari muri Libya gihangayikishije ibihugu mu buryo bwihariye kuva ubwo CNN yashyiraga ahabona ko bari gucuruzwa nk’abacakara, mu minsi ishize.

Nk’uko RFI yabitangaje, Komiseri Amira El Fadil, mu kwezi gushize yasuye inkambi ya Tariq al-Matar irimo abimukira 3000. Yavuze ko yasanze bacucitse, abagore n’abana bari ukwabo ku buryo harimo n’abafite impinja.

Gutwara aba bimukira si ibizahita bikunda

Amira El Fadil yavuze ko kwimura abimukira bose bari muri Libya bishobora gutwara amezi atandatu, hakazaba harebwa uburyo AU ishobora gukorana n’ibihugu byemeye gutanga inkunga mu kwihutisha icyo gikorwa.

Mu nama izaba kuri uyu wa Mbere ngo hagomba kunozwa uburyo iyo gahunda izagenda ku buryo nibura uyu mwaka warangira himuwe abimukira ibihumbi15.

Yakomeje agira ati “Ubwami bwa Maroc bwemeye gutanga inkunga. Abayobozi ba Maroc bemeye gutanga ubufasha mu ngendo. Muzi ko izo ngendo zihenze cyane. Dutegereje nanone ibirambuye ku byo bemeye binyuze muri ambasade yabo Addis Abeba, ariko bagaragaje ubushake bwabo mu nama yabereye Abidjan.”

“U Rwanda rwavuze ko rwiteguye gutanga inkunga no kwakira abimukira batifuza gusubira mu bihugu byabo. Tunategereje inkunga y’ibihugu bigize uyu muryango bishobora kohereza intumwa muri Libya ngo bijye gusuzuma ubwenegihugu bw’abimukira bahari. Ni ikibazo gihari kuko abo bimukira nta byangombwa bafite, nta pasiporo bafite.”

U Rwanda ruheruka kugaragaza ubushake bwo rushobora kwakira abimukira bagera ku 30 000. Amira yavuze ko hakenewe ko ibihugu bigize AU byohereza abadipolomate babyo muri Libya ngo basuzume inkomoko z’abimukira, harebwa niba nta bakomoka muri ibyo bihugu.

Mu nama yabereye Abidjan muri Cote d’Ivoire muri iki cyumweru, ibihugu byabashije kumenyeshwa imyirondoro n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku bimukira, OIM, byagaragaje ubushake bw’uko batahuka iwabo.

2017-12-04
Editorial

IZINDI NKURU

Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha

Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha

Editorial 01 Apr 2016
Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Abaka inguzanyo ntibishyure bahombya ibigo by’imari iciriritse

Editorial 10 Jun 2016
Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Editorial 29 Jan 2022
Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo

Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo

Editorial 18 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi
IMIKINO

Abakinnyi 10 batsinze ibitego byinshi muri shampiyona zo ku mugabane w’u Burayi

Editorial 15 Mar 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 08 Dec 2022
Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu
Mu Mahanga

Nyamirambo: Impanuka y’ Imodoka na Moto Yahitanye Umwe Ikomeretse Batanu

Editorial 29 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru