• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Imbonerakure mu Burundi zikomeje imyitozo ya gisirikare, zitegura kujya kwiyahura mu ntambara na M23.

Ubwanditsi 19 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, mu minsi ishize yatangaje ko urubyiruko rw’iryo shyaka, ruzwi nk’ Imbonerakure, ruzajya ruhabwa imyitozo, zikoherezwa muri Kongo kugirango nazo zibone ku mafaranga Perezida Tshisekedi agenera abasirikari b’Abarundi bari muri icyo gihugu.

Hashize ibyumweru bitatu iyo myitozo itangiye mu Cibitoke, mu gice cy’uburengerazuba bw’u Burundi, nk’uko bitangazwa n’abaturage bahaye amakuru ikinyamakuru SOS Media.

Ayo mahugurwa ya gisirikare ahabwa Imbonerakure zaturutse mu mirenge itandukanye y’intara ya Cibitoke, nk’uko abaturage babitangarije SOS Media, nizirangiza imyitozo zikazoherezwa gufasha abasirikari b’Abarundi mu kurwanya M23, nubwo urugamba rutaboroheye kuko abenshi bafatwa bugwate abanda bakicwa.

Ingabo z’u Burundi zifatanya ni’za Kongo zizwi nka FARDC, iza SADC, Mai Mai, Wazalendo na FDLR.

Ababyeyi mu Burundi barahangayitse kuko ntibahabwa amakuru y’abana babo, ndetse n’abafite abafasha ntibabwirwa ubutumwa abo basirikari bagiyemo. Iyo bazanye imirambo bavuga ko bapfuye bakorera igihugu. Abo M23 ifatira ku rugamba ikaberekana, Leta y’u Burundi irabihakana, ikavuga ko ari abo muri RED-Tabara bafatanya na M23.

Ntabwo igihugu cy’u Burundi cyigeze gihakana ko gifite ingabo muri Kongo aho bagiye kurwanya umutwe wa M23 bakurikiye amafaranga.
Baje guhura n’ibibazo bikomeye ubwo bemereraga Tshisekedi ko bazahagarika M23 ntimanuke muri Kivu y’amajyepfo, ndetse bafata umusozi wa Muremure ngo barase M23 bayireba mu mutwe.
Nyamara aho kurasa M23, Abarundi basize inkuru kuri uyu musozi, kuko utarapfuye yisanze muri M23.
Imiryango myinshi ifite abantu bapfiriye ku rugamba yabujijwe kubunamira.

Ingabo z’u Burundi zifatanyije na FDLR, zahohoteye abaturage nk’uko byagiye bivugwa kenshi mu maraporo menshi y’imiryango idafite aho ibogamiye.

Umwaka ushize, umutwe wa Politiki utavuga rumwe n’Ubutegetsi bw’u Burundi, MAP-Burundi Buhire, wasabye Perezida Evariste Ndayishimiye kubwiza ukuri abaturage ku basirikare b’icyo gihugu bakomeje kugwa ku rugamba muri Kongo, barwanira igihugu kitari icyabo.

Mu gihe havugwa amakuru y’abasirikari b’Abarundi bashiriye muri Kongo, abasesenguzi mu bya politiki bemeza ko hoherezwa imbonerakure kugirango zigabane amafaranga atangwa na Kongo, aho gutoranya no kohereza abasirikari bafite ubunararibonye mu kurwana.

Mu mezi abiri ashize, urukiko rwa gisirikari mu Burundi rwakatiye abasirikare b’Abarundi barenga 270 igifungo cy’imyaka iri hagati ya 22 na 30, nyuma yo kwanga kurwana ku ruhande rwa FARDC, no guhangana n’umutwe wa M23.

Urukiko rwa Rutana rwaburanishije urwo rubanza hagati y’itariki ya 18 na 22 Kamena 2024, rutangaza ibihano tariki 25 Kamena. Abo basirikare bashinjwe gusuzugura amabwiriza ya gisirikare.

Nk’uko ibinyamakuru byo mu Burundi byabitangaje, urukiko rwagize abere abasirikare babiri, mu gihe abahamijwe icyaha bategetswe kwishyura amande angana n’ amadolari y’Amerika 500, buri wese.

Abo basirikare bahamwe n’icyaha bafashwe bafungirwa muri gereza zitandukanye kuva mu mpera za 2023, nyuma yo kwanga kurwana na M23. Mu kwezi kwa Gicurasi, bimuriwe muri gereza ya Rutana mu majyepfo y’uburasirazuba bw’u Burundi.

Abakurikiranira hafi iki kibazo bavuga ko mu mpamvu zatumye abasirikare b’Abarundi bananirwa kurwana mu burasirazuba bwa Kongo, harimo kuba barinjiye mu gisirikare hagamijwe kurinda ubusugire bw’igihugu cyabo, atari ukurwana intambara zidasobanutse. Ntabwo babona impamvu yo kwinjira mu ntambara hagati y’Abanyekongo ubwabo

Perezida Ndayishimiye ubu noneho rero aratoza imbonerakure yijeje akayabo. Inyota y’ifaranga ibohereje gufumbira ibihuru byo.muri Kongo.

2024-08-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Minisitiri w’intebe Dr Ngirente yavuze ko nta we Leta yahatira kubyara abana runaka

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga y’Umuhora wa Ruguru

Perezida Kagame yageze muri Kenya aho yitabiriye inama ya 14 ku mishinga y’Umuhora wa Ruguru

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Madamu Jeannette Kagame agiye guhabwa igihembo cy’umugore wabaye indashyikirwa muri Afurika

Ubwanditsi 29 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwazamutse imyanya 10 mu bipimo by’amahoro mu 2018
Mu Rwanda

U Rwanda rwazamutse imyanya 10 mu bipimo by’amahoro mu 2018

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali
Mu Rwanda

Clément Kayishema yaguye muri Gereza muri Mali

Ubwanditsi 31 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru