• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Editorial 04 Oct 2018 Mu Mahanga

U Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije guhuza serivisi za gasutamo z’imipaka itatu ihuza ibi bihugu kandi ikazajya ikora amasaha 24.

Byakozwe mu rwego rwo kurushaho koroshya imigenderanire n’imihahiranire hagati y’ibihugu byombi.

Imipaka yahujwe ni uwa Rusizi ya mbere uhuza Akarere ka Rusizi n’Umujyi wa Bukavu, uwa La Cornishe n’uwa Grande Barriere bihuza Akarere ka Rubavu n’umujyi wa Goma, zahujwe ku mugaragaro kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Ukwakira 2018.

Ku mipaka ya La Corniche na Grande Barriere, nk’uko bikubiye mu nyandiko impande zombi zashyizeho umukono kuri uyu wa kabiri tariki ya 02 Ukwakira 2018, bemezanyije ko bitarenze uyu mwaka wa 2018, igomba kuba yatangiye gukora amasaha 24/24.

Gusa ku mupaka wa Rusizi ya Mbere haracyari imbogamizi ziterwa n’ibikorwa remezo bitarahagera, birimo inyubako zo gukoreramo n’ibindi bijyana nazo.

Impande zombi zirinze kuvuga igihe runaka ibyo bizaba byarangiriye ku gira ngo uyu mupaka nawo utangire gukora amasaha 24, nk’uko byatangajwe na Hilaire Kasusa Kikobya, Visi Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo.

Yagize ati “Hari inyandiko ihuriweho n’impande zombi bamaze gushyiraho umukono, iyo rero ikaba ikubiyemo ibyamaze gukorwa kugeza kuri uyu munsi wa none. Gusa mu gihe gito inyubako nazo ziraba zahageze.”

JPEG - 54.3 kb
Abayobozi bashinzwe abinjira n’abasohoka ku mpande z’ibihugu byombi bemeranyijwe ku bikorwa byo guhuza imipaka no kongera amasaha y’akazi

Abaturage bishimiye icyo cyemezo bavuga ko n’ubwo hajya hagaragara umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, ariko abaturage hagati yabo nta kibazo bafitanye.

Kitumaine Munyole uba ku ruhande rwa Congo yagize ati “Twebwe n’abaturage yaba twe Abanyekongo nta kibazo duditanye n’Abanyarwanda kandi no kuruhande rw’u Rwanda nta kibazo abaturanyi bacu badufiteho.

“Ni yo mpamvu duhora dusaba ngo badufungurire imipaka niba hari n’ibibazo bihari abayobozi bakuru bo munzego zo hejuru nibo babizi.”

Uretse iki cyifuzo cyo kongera amasaha serivise z’imipaka abaturage b’ibihugu byombi bahora batura abayobozi hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda na Repuburika iharanira demokarasi ya Congo byanumvikanye guhuza servisi za gasutamo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri.

Nkunzurwanda Jean Pierre, uyobora ishami rishinzwe ububanyi n’amahanga mu kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwada, yavuze ko bemeranyijweho no guhuza serivisi za gasutamo ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri.

Ati “Inkunga yo kubaka umupaka yarabonetse igisigaye gutangira bifite ibindi bigomba kubanza birimo gushaka ubutaka buzubakwaho uwo mupaka uhujwe.”

Imibare itangwa n’inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka igaragaza ko ku mupaka wa Rusizi ya Kabiri ukoreshwa n’abantu babarirwa hagati y’ibihumbi bitandatu n’umunani ku munsi.

Abenshi ngo ni abakora ubucuruzi buciriritse, bwambukiranya imipaka biganjemo abagore.

2018-10-04
Editorial

IZINDI NKURU

Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha  bwa gisilikare  kubyaha bumukurikiranyeho

Col Byabagamba akomeje kugundagurana n’Ubushinjacyaha bwa gisilikare kubyaha bumukurikiranyeho

Editorial 13 Jan 2016
Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Editorial 03 Jun 2021
Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside  yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Ladislas Ntaganzwa ushinjwa uruhare muri jenoside yifashe yanga kugira icyo avuga mu rukiko

Editorial 04 Apr 2016
Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Editorial 28 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira
INKURU NYAMUKURU

RNC, ikomeje kuba ubwato bucubira

Editorial 18 Jan 2020
Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara
INKURU NYAMUKURU

Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Editorial 12 Nov 2018
Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”
Amakuru

Vincent Karega: “M23 ntabwo ari u Rwanda kandi Ntabwo irengera inyungu z’u Rwanda ”

Editorial 09 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru