• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Editorial 11 Jan 2018 POLITIKI

Umunyafurika y’Epfo, Prof. Neil Turok, yahishuye ko imiyoborere myiza ya Perezida Kagame ibumbatiye ibitekerezo bifatika byo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi; ariyo yatumye abenguka u Rwanda akarushyiramo icyicaro cy’Ikigo Nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare, AIMS (African Institute for Mathematical Sciences).

Neil ni umuhanga mu bugenge bw’ibyo mu kirere (Astrophysicien). Afite amateka ahera mu gihe cy’ubutegetsi bw’ivangura muri Afurika y’Epfo (Apartheid), mu 1962 mu gace ka Cape, kuko ubwo yari afite imyaka itatu ababyeyi be Ben na Mary Turok bafunzwe.

Nubwo bari abazungu, umuryango we waharaniye ubwigenge bw’abirabura nyamwinshi, wiyemeza kujya mu ishyaka rya ANC ryashinzwe na Nelson Mandela kandi byari bibujijwe. Ababyeyi ba Neil bamaze imyaka itatu n’amezi atandatu muri gereza, bafunguwe bahungira muri Kenya, Tanzania bakomereza mu Bwongereza.

Ku myaka 59, ubu ni umuntu w’igihangange ufite amateka yo kuba yarakoranye n’umuhunga Stephen Hawking, muri Cambridge mu Bwongereza, yigisha muri Princeton muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, kuva muri 2008 ayobora ikigo cy’icyitegererezo mu bijyanye n’Ubugenge cya Waterloo muri Canada.

Burya ngo amazi arashyuha ariko ntiyibagirwa iwabo wa mbeho! Neil ntiyibagiwe urugamba ababyeyi be barwaniriye abirabura yiyemeza gukomerezaho. Mu 2003 yaguze Hoteli i Muizenberg hafi ya Cape muri Afurika y’Epfo, ahahindura Ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare.

Muri Mata Neil yabwiye Jeune Afrique ko icyabimuteye ari uko ‘muri Afurika, kwigisha bifite ibibazo ndetse kurenza ahandi, kuko usanga biga iby’ahandi basubiramo ndetse bitanajyanye n’ibyo bakeneye.’

Yagize ati “Twashinze Ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare, AIMS mu rwego rwo gukuraho iyo myumvire. Ntabwo twiga iby’abandi ntidukora n’ibizamini. Dushishikariza abanyeshuri bacu gutekereza kuri buri kintu.”

Iki kigo kigamije gutanga ubumenyi bushingiye ku mibare ku barangije kaminuza, guteza imbere guhanga udushya mu bushakashatsi mu bahanga Afurika ifite uyu munsi no gushimangira umusanzu wa siyansi, ikoranabuhanga, ‘engineering’ n’imibare (STEM: Science, technology, engineering and mathematics) mu bikorera muri Afurika.

U Rwanda rwarasubijwe

Perezida Kagame ni umwe mu Bakuru b’Ibihugu banyuzwe cyane n’iki gitekerezo cya Neil kuva mu 2008 aba umuntu wa hafi wa AIMS, yari itangiye kugaba amashami mu bihugu byinshi bya Afurika.

U Rwanda nk’igihugu gifite gahunda y’Icyerekezo 2020, igamije iterambere rishingiye ku bumenyi, ubufatanye na AIMS ni inkingi mwikorezi izatuma iyi ntego igerwaho. Mu 2016 mu Rwanda hatangiye ishami ry’iki kigo ndetse Guverinoma y’u Rwanda yemera kugitera inkunga ingana na kimwe cya kabiri cy’ingengo y’imari yacyo.

Ibi byatumye abanyarwanda batangira kukigamo. Ibi ntabwo byari bihagije kuko nyuma y’ibiganiro by’umwaka wose Neil yemeye kwimurira i Kigali icyicaro cy’iki kigo gitanga ubumenyi mu bushakashatsi mu birebana na siyansi, ikoranabuhanga, ‘engineering’ n’imibare agikuye muri Afurika y’Epfo.

Iki cyicaro ni cyo gikuru cy’ibigo bitanu AIMS yari isanganywe kuri uyu mugabane, byo muri Afurika y’Epfo, Senegal, Ghana, Tanzania na Cameroun.

U Rwanda kandi rwatangije umushinga wo guteza imbere ubumenyi aho ruzafatanya na AIMS mu gushyiraho ikigo cy’ubushakashatsi kiri ku rwego mpuzamahanga mu by’ubumenyi, Quantum Leap Africa, kikazaba ari icya mbere muri Afurika.

Ni ikigo kizaba gikomeye mu bushakashatsi mu by’ubumenyi, kikazagira uruhare mu gushaka ibisubizo ku bibazo Afurika ifite, kikazanubaka ubushobozi mu ikoranabuhanga n’isakazamakuru mu gihe kiri imbere.

Muri ibi imbaraga za Neil ni ingenzi kuko ikigo ayoboye muri Canada ari cyo gihagarariye ibijyanye no guhanga udushya. Uyu muhanga yemeza ko bizatuma Afurika igera ku ndoto zayo zo kutaba insina ngufi.

Ati “Ibigo bikomeye by’Abanyamerika bigura imashini zabyo zibafasha mu kwakira no guhererekanya amakuru muri Canada ntibashobora kuzikorera ubwabyo. Mu myaka 10 iri imbere dushobora kubaka ikigo cy’ubushakashatsi gikomeye mu bijyanye n’ibi muri Afurika.”

Perezida Kagame yagize Neil umwe mu bagize Inama y’Igihugu y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga umwanya udahemberwa wabayeho kubera impamvu. Ni umwe mu nshuti z’u Rwanda kimwe na Bill Clinton wayoboye USA, Tony Blair wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Iyo ageze ku bigwi bya Perezida Kagame ntarya indimi. Agira ati “Yagiye ku butegetsi mu bihe bikomeye, ingamba ze zari ukubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi. Iyi Guverinoma yabitekereje mbere y’uko tugira n’icyo dukora.”

Avuga ko gukorera mu Rwanda bifite inyungu nyinshi cyane kuko na politiki y’iki gihugu ijyanye neza n’intego za AIMS.

Yagize ati “Gukorera mu Rwanda bifite inyungu nyinshi zirimo; ubufasha bwa leta aho yateye inkunga uyu mushinga ingana na Miliyoni hagati ya 25 na 30 z’amadolari mu myaka itanu igakuraho n’imisoro.”

Akomeza agira ati “Gukuraho no korohereza abanyafurika kubona viza ni ikindi kintu cy’ingenzi ku banyeshuri baturuka mu mpande zose z’uyu mugabane.

Neil yazanye abahanga benshi mu mibare mu kigo cya AIMS barimo Umufaransa w’Umunyamibare, Cédric Villani. Muri Mata, yatumiye Umubiligi François Englert, wahawe Prix Nobel mu bugenge (Physique), mu ifungurwa ry’icyicaro cya AIMS i Kigali. Englert ntiyari yarigeze akandagiza ikirenge cye muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.

2018-01-11
Editorial

IZINDI NKURU

RDC: Lambert Mende wari Umuvugizi wa Guverinoma ya Kabila yatangiye gukorwaho iperereza ku kwiba diyama

RDC: Lambert Mende wari Umuvugizi wa Guverinoma ya Kabila yatangiye gukorwaho iperereza ku kwiba diyama

Editorial 20 May 2019
Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Editorial 22 May 2018
U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye

Editorial 10 Jun 2025
Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.
Amakuru

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2023
FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.
Amakuru

FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.

Editorial 23 Jun 2021
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru