• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 14 Jan 2019 Mu Rwanda

Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere mu Rwanda (RGB), bugaragaza ko abaturage bibona mu itangazamakuru ku kigereranyo cya 75.3% kurusha uko bibona mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.

Byagaragajwe mu cyumweru gishize mu Karere ka Ngoma, mu biganiro byahuje ubuyobozi bwa RGB, abayobozi b’aka karere na njyanama, abafatanyabikorwa b’Akarere n’abanyamakuru.

Ibi biganiro bikaba byari bigamije gusobanura ku itegeko ryo kubona no gutanga amakuru ndetse no kunoza imikoranire hagati y’inzego z’ubuyobozi n’abanyamakuru.

Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza na JADF muri RGB, Afrika Alexis yavuze ko mu bushakashatsi bakoze basanze abaturage bibona mu itangazamakuru cyane kurusha uko bibona mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.

Yakomeje avuga ko ahanini ikibitera ari uko rimwe na rimwe abaturage bashobora kugeza ikibazo ku muyobozi ntabashe kugikemura bigatuma bamutera icyizere.

Ati “Hari igihe umuyobozi runaka ashobora gukoresha inama abaturage ntibamubwire ibibazo bafite kuko batizeye ko yabikemura, nyamara yagenda haza umunyamakuru bakirekura bakavuga ibibazo byabo”.

Avuga ko impamvu ibitera ari uko baba badafitiye icyizere wa muyobozi ko yakemura bya bibazo mu gihe babibwira umunyamakuru bagasigara bizeye ko biri bukemuke.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abayobozi mu rwego rw’umuvunyi, Kajangana Jean Aimé, yasabye abayobozi kwita ku gutanga serivisi nziza ku baturage.

Ati “Urugero nabaha, umuturage naguhamagara kuri telefoni akwaka amakuru runaka ntukange kuyamuha ngo nuko ari umuturage mufashe umusobanurire neza, umubwire bimwe nibyo wabwira umunyamakuru aguhamagaye bizadufasha kugirirwa icyizere n’abaturage tuyobora.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis, asanga impamvu ituma abaturage bagirira icyizere abanyamakuru kurusha abayobozi ari uko badahurira mu bintu bisaba ko babahana.

Ati “Wowe nk’umunyamakuru nta mabwiriza n’amategeko utanga ku muturage mu gihe atatanze mitiweli ku buryo muri bugongane cyane, ariko umuyobozi hariya arahura na we kenshi mu misoro y’ubutaka, ntiyatanze mitiweli n’ibibindi byinshi”.

Yavuze ko ibyo byose bituma umuturage yakwisanzura ku munyamakuru kurusha uko yakwisanzura ku muyobozi.

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’itangazamakuru muri RGB, Gerard Mbanda, avuga ko abaturage bizera cyane itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis avuga ko impamvu abaturage bizera itangazamakuru cyane ari uko badahurira muri byinshi bibagiraho ingaruka mbi

Kajangana Jean Aimé, Umuyobozi w’ishami rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abayobozi mu rwego rw’umuvunyi yasabye abayobozi kuvugisha abaturage nk’uko bavugisha itangazamakuru

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

“Guceceka kw’abanyabwenge gutuma injiji ziyongera” -Nelson Mandela

Ubwanditsi 20 Jul 2021
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Ubwanditsi 20 Mar 2021
Kigali :  Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Kigali : Umuyobozi nshingwabikorwa wa UN Women yasuye Isange One Stop Centre

Ubwanditsi 11 May 2017
Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

NEC yashyize  Igorora ku bakandida bazashaka  kwiyamamaza bakoresheje Imbuga nkoranyambaga
Mu Rwanda

NEC yashyize Igorora ku bakandida bazashaka kwiyamamaza bakoresheje Imbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza
POLITIKI

Mageragere: Abaturage bahaye FPR icyifuzo cyo kubegereza amazi meza

Ubwanditsi 26 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru