• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Impamvu abaturage bibona mu itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 14 Jan 2019 Mu Rwanda

Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere mu Rwanda (RGB), bugaragaza ko abaturage bibona mu itangazamakuru ku kigereranyo cya 75.3% kurusha uko bibona mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.

Byagaragajwe mu cyumweru gishize mu Karere ka Ngoma, mu biganiro byahuje ubuyobozi bwa RGB, abayobozi b’aka karere na njyanama, abafatanyabikorwa b’Akarere n’abanyamakuru.

Ibi biganiro bikaba byari bigamije gusobanura ku itegeko ryo kubona no gutanga amakuru ndetse no kunoza imikoranire hagati y’inzego z’ubuyobozi n’abanyamakuru.

Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza na JADF muri RGB, Afrika Alexis yavuze ko mu bushakashatsi bakoze basanze abaturage bibona mu itangazamakuru cyane kurusha uko bibona mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.

Yakomeje avuga ko ahanini ikibitera ari uko rimwe na rimwe abaturage bashobora kugeza ikibazo ku muyobozi ntabashe kugikemura bigatuma bamutera icyizere.

Ati “Hari igihe umuyobozi runaka ashobora gukoresha inama abaturage ntibamubwire ibibazo bafite kuko batizeye ko yabikemura, nyamara yagenda haza umunyamakuru bakirekura bakavuga ibibazo byabo”.

Avuga ko impamvu ibitera ari uko baba badafitiye icyizere wa muyobozi ko yakemura bya bibazo mu gihe babibwira umunyamakuru bagasigara bizeye ko biri bukemuke.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abayobozi mu rwego rw’umuvunyi, Kajangana Jean Aimé, yasabye abayobozi kwita ku gutanga serivisi nziza ku baturage.

Ati “Urugero nabaha, umuturage naguhamagara kuri telefoni akwaka amakuru runaka ntukange kuyamuha ngo nuko ari umuturage mufashe umusobanurire neza, umubwire bimwe nibyo wabwira umunyamakuru aguhamagaye bizadufasha kugirirwa icyizere n’abaturage tuyobora.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis, asanga impamvu ituma abaturage bagirira icyizere abanyamakuru kurusha abayobozi ari uko badahurira mu bintu bisaba ko babahana.

Ati “Wowe nk’umunyamakuru nta mabwiriza n’amategeko utanga ku muturage mu gihe atatanze mitiweli ku buryo muri bugongane cyane, ariko umuyobozi hariya arahura na we kenshi mu misoro y’ubutaka, ntiyatanze mitiweli n’ibibindi byinshi”.

Yavuze ko ibyo byose bituma umuturage yakwisanzura ku munyamakuru kurusha uko yakwisanzura ku muyobozi.

Umuyobozi ushinzwe iterambere ry’itangazamakuru muri RGB, Gerard Mbanda, avuga ko abaturage bizera cyane itangazamakuru kurusha abayobozi b’inzego z’ibanze

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis avuga ko impamvu abaturage bizera itangazamakuru cyane ari uko badahurira muri byinshi bibagiraho ingaruka mbi

Kajangana Jean Aimé, Umuyobozi w’ishami rishinzwe kugenzura imyitwarire y’abayobozi mu rwego rw’umuvunyi yasabye abayobozi kuvugisha abaturage nk’uko bavugisha itangazamakuru

2019-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Ubwanditsi 09 Jun 2021
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Ubwanditsi 03 May 2021
Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Abaturage ba RDC baburiye Perezida wabo kutarenza igihe ntarengwa

Ubwanditsi 20 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato
Amakuru

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya
POLITIKI

Nene wari warirukanywe na Zuma yasubijwe muri guverinoma, Nkosazana nawe ahabwa umwanya

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije
ITOHOZA

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru