• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri

Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri

Editorial 01 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Dr Rudasingwa Théogene uri mu mutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda ku wa 31 Nyakanga 2019 yatambukije igitekerezo muri ChimpReports kivuga ngo ‘Kagame ntiyari gufata ubutegetsi iyo adahabwa ubufasha na Museveni.’

Igitekerezo cye nta shingiro gifite ndetse si ukuri. Nta shingiro kuko nta buryo bwo kugenzura ibyo avuga, ni ikinyoma kandi kuko amateka amunyomoza. Mu by’ukuri ibi bihabanye n’ukuri.

Abanyarwanda benshi babize icyuya ndetse bamena amaraso yabo mu rugamba rwo kubohora Uganda.

Mu gihe cyo kubaka igisirikare cya Uganda, National Resistant Army (NRA), impunzi z’Abanyarwanda zari inkingi ikomeye.

Nyamara nyuma y’intsinzi ya NRA, Abanyarwanda ntibadamarariye muri Uganda ndetse ngo bashake guhabwa icyubahiro cyangwa ibihembo by’intambara batsinze, batashye mu rugo.

Abanyarwanda bagiye mu rugo mu Rwanda ndetse ntibigeze basubirayo na rimwe.

Mu by’ukuri hari inkuru zitandukanye zigaragaza ko Abanya-Uganda bakurikiye Abanyarwanda ndetse nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu bagerageza gushaka no guhumba ibyo kurya ku butaka bw’u Rwanda ariko barakumirwa.

Nta Munya-Uganda waguye mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Si inshuro nke abaturage ba Uganda bamenyereye ko abofisiye ba Uganda, baba abakiri mu kazi n’abashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru bavugira mu ruhame ku burenganzira bwabo bwo kwigwizaho imitungo, mu buryo bunyuranye n’amategeko kubera imbaraga zabo mu ntambara yabaye mu myaka 50 ishize.

Ibi ntibitangaje kuba umuntu nka Rudasingwa yakwandika ibi. Impirimbanyi zaharaniye amahoro zambwiye ko muri izo ntambara zombi uwo mugabo atigeze ahakandagiza ikirenge.

Ntiyari umunyamuryango w’Ishyaka rya Perezida Museveni, NRM [National Resistance Movement] ndetse ntiyigeze agira uruhare mu rugamba rwo mu ishyamba muri Uganda.

Ubwo Abanyarwanda bafataga icyemezo cyo kujya kubohora igihugu cyabo, uwo mugabo ntaho yagaragaraga kuko atashoboraga guhara amagara ngo yitangire igihugu nk’izindi ndwanyi z’ukuri.

Abanyarwanda ntibashinjwa ubutindi mu gihe nta gikorwa kigeze gikorerwa abaturage ba Uganda baba n’abashakira ubuzima mu Rwanda nk’uburyo bwo kwihorera ku bikorwa byo guta muri yombi n’iyicarubozo Guverinoma ya Uganda ikorera Abanyarwanda.

Bitandukanye n’umuturanyi wabo, nta mwanzi wa Uganda wigeze ahabwa ubuhungiro mu Rwanda nkuko ya mvugo ibigaragaza ko nta nkota bacuriye kurwanya Uganda yigeze ityarizwa ku butaka bw’u Rwanda.

Mu nkuru irimo kuyobya cyane, hari amazina menshi y’Abanyarwanda bashinjwa kurenganywa na Guverinoma y’u Rwanda ariko nta Munya-Uganda n’umwe rutoki ubarizwa kuri urwo rutonde.

Byerekana agasuzuguro k’umwimerere aho umwanditsi avuga ku bitutsi biva ku bantu ku giti cyabo bigamije guharabika abategetsi ba Uganda ariko akirengagiza nkana iyicarubozo ry’inkazi n’amakuba yo kwamburwa imitungo Abanyarwanda bahurira nay o mu biganza by’ibigo byo muri Uganda birimo Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI).

Inshuro nyinshi, umwanditsi yakoresheje uburyo budahwitse bwo gushaka kwikuraho ibintu akabitwerera uwo agamije guharabika.

Nyuma y’ifungwa ry’umupaka, abayobozi ba Uganda bakunze kumvikana bashyira mu majwi, bananenga isoko ry’u Rwanda n’Abanyarwanda.

Nyamara nta muyobozi w’u Rwanda wigeze wumvikana avuga nabi Uganda. Ku rundi ruhande ahubwo abayobozi b’u Rwanda bagaragaje umuhate wo gukorana na bagenzi babo mu gushyira iherezo ku ihohoterwa rikorerwa Abanyarwanda muri Uganda.

Mu magambo avunaguye, iri niryo zingiro ry’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, birimo ubusumbane, imigambi yo guhungabanya u Rwanda, ibinyoma aho Abanya-Uganda bavuga ku ifungwa ry’umupaka ariko batagamije gukemura ikibazo bagihereye mu mizi; ihohoterwa, ifungwa n’itotezwa ry’Abanyarwanda baba n’abakorera ingendo muri Uganda.

Umuntu yakwibaza, iyo biba nta Munyarwanda watoterejwe muri Uganda, ese umupaka wari guhita ufungwa ku ikubitiro?

Abaturage b’ibihugu byombi bizahora bituranye kugeza iteka ryose, ntacyo bungukiye muri ayo makimbirane.

Ndifata ku gukoresha imvugo itesha agaciro nk’iyo umwanditsi yifashishije muri ChimpReports. Kuba yaragerageje umugambi mubisha wo gushaka guca ibice mu gisirikare gihuje umugambi bigaragaza indangagaciro z’uwo mugabo ndetse bikanashimangira ingingo z’inkuru ye.

Ni ikimenyetso ko umwanditsi afatira icyitegererezo cy’ukuri kuri Perezida Habyarimana Juvénal, umugabo wateguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ingunguru irimo ubusa niyo ibomborana! Umugabo wahisemo gukomeza kuba hanze mu gihe RPF yari mu rugamba rwo kubohora igihugu, yabaye mu ba mbere bashatse guhemberwa intsinzi atagizemo uruhare.

Imico ye idahwitse ntiyari gutuma atera kabiri. Ntibitunguranye rero kuba uyu munsi yarahindutse umuntu uvuga nabi RPF ndetse bikaba bibabaje kuba umuntu wagaruwe mu Rwanda n’abahagaritse Jenoside yariyunze n’abicanyi bayikoze bibumbiye muri FDLR.

Umusomyi

2019-08-01
Editorial

IZINDI NKURU

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Editorial 24 Dec 2020
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Editorial 30 Jan 2025
Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Editorial 15 Oct 2020
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Editorial 24 Dec 2020
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Editorial 30 Jan 2025
Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Iminsi y’umugome iba ibaze! Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje gukubitwa inshuro no gutakaza abarwanyi umusubirizo

Editorial 15 Oct 2020
Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Tariki ya 23  Mata mu 1994: Abari ku isonga mu bwicanyi ni perezida Tewodori Sindikubwabo n’abandi

Editorial 23 Apr 2025
Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Kaguta Museveni ni nk’umutetsi umaze imyaka 34 mu gikoni ashiriza, ubu akaba aribwo yemeza ko agiye guteka neza mu zabukuru!!

Editorial 24 Dec 2020
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Editorial 30 Jan 2025
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru