• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impamvu John Mirenge yakuwe k ‘Ubuyobozi bwa ‘ RwandAir ‘ Igitaraganya

Impamvu John Mirenge yakuwe k ‘Ubuyobozi bwa ‘ RwandAir ‘ Igitaraganya

Editorial 16 May 2017 Mu Rwanda

Mu nama y’Abaminisitiri yabaye kuwa Gatatu tariki ya 5 Mata 2017 iyobowe na Perezida Kagame, yafashe imyanzuro irimo ko abayobozi batandukanye bakurwa ku myanya yabo bagasimbuzwa abandi, uwavuzwe cyane ni John Mirenge wari umaze imyaka irindwi ari Umuyobozi Mukuru wa RwandAir.

Mirenge yasimbujwe Col Chance Ndagano wari umucamanza mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare aba umuyobozi w’agateganyo w’iki kigo gitwara abantu mu kirere.

Nyuma y’izi mpinduka mu buyobozi bukuru bwa RwandAir havuzwe byinshi, abantu bibaza icyaba cyabiteye dore iki kigo cyari kimaze iminsi gikora amavugururwa n’ishoramari rikibashisha kugera ku rundi rwego muri Afurika.

Muri ayo mavugururwa harimo igurwa ry’indege nini nka Airbus A330-300 yaguzwe asaga miliyoni 200 z’amadolari ya Amerika ndetse n’itangizwa ry’ingendo ndende zirimo izigana Mumbai kimwe n’umugambi urimo gutangira kujya mu Bwongereza ku kibuga cy’indege cya Gatwick n’i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Izi mpinduka mu mikorere ya RwandAir n’indi migabo n’imigambi by’igihe kirekire byagaragaza iterambere ry’iki kigo ni bimwe mu byatumye abantu benshi bibaza ku mpinduka zakozwe mu buyobozi bukuru bwayo.

Perezida Kagame ati ‘ntawe ngomba ibisobanuro’

Mu kiganiro Umukuru w’Igihugu yagiranye na Jeune Afrique kuwa 4 Gicurasi muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yasubije ibibazo by’Umunyamakuru François Soudan ku ngingo zitandukanye zirimo itorwa rya Emmanuel Macron nka Perezida mushya w’u Bufaransa, Politiki ya Donald Trump, amavugururwa ya Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ibijyanye n’amatora y’Umukuru w’Igihugu ategerejwe muri Kanama uyu mwaka.

-6574.jpg

John Mirenge

Perezida Kagame yavuze ko amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi kwa munani areba abanyarwanda ndetse ku ruhande rwe nta kindi azabwira abaturage usibye kubibutsa ko bakwiye gukorera hamwe kugira ngo bagere ku iterambere bifuza. Yashimangiye ko we atari umuntu wizeza abantu ibitazashoboka.

Umukuru w’Igihugu yabajijwe ku bijyanye n’amavugururwa yabaye mu buyobozi bukuru bwa RwandAir mu buryo busa n’ubutunguranye kandi ikigo cyarasaga n’ikiri mu nzira nziza, nyuma ntihasobanurwe impamvu.

Perezida Kagame yahise asubiza Umunyamakuru Soudan ati “ Nsobanura iki? Nsobanurira nde?”

Umunyamakuru yabwiye Perezida Kagame ko RwandAir ari ikigo gikomeye mu gihugu ndetse cyasaga n’igihagaze neza. Amusubiza agira ati “Ese koko niko bimeze? Ni ibyo kwibazwa.”

Yakomeje agira ati “ Abanyarwanda bampaye inshingano zo kuyobora igihugu mu nyungu zabo.

Niba mbona ko Umuyobozi Mukuru wemejwe n’Inama y’Abaminisitiri atari gutanga umusaruro nari mutegerejemo mu gihe twemeranyije ndetse n’inyungu zigera ku baturage ntabwo ziri ku kigero kiboneye, mfite ububasha n’inshingano zo kumusimbuza. Nta gihe dufite nta n’impamvu y’ibiganiro kuri iyo ngingo. Abanyarwanda baranyizeye.”

-6573.jpg

Perezida Kagame ubwo yaganiraga na François Soudan wa Jeune Afrique muri Mata 2017

Perezida Kagame yabajijwe icyo atekereza ku kuba abandi bayobozi bo mu gihugu bashobora kumuha raporo zinyuranye n’ukuri bitewe n’impamvu zitandukanye cyangwa se hari ibyo badashaka kugaragaza, asubiza ko ibi abifitiye umuti usharira.

Ati “ Ibyo ndabizi. Ariko mbifitiye umuti ukomeye. Nsaba ko bamenyesha ibikorwa kandi nzi kugenzura umusaruro. Imibare yo ntabwo ibeshya. Mushobora kumbwira ibyo mushyaka byose ndetse mugashaka no kumbeshya, ariko amaherezo umusaruro w’ibyo mwakoze uzivugira, kandi ibyo ni na byo mpa agaciro byonyine nta marangamutima.

Urugero: Minisitiri w’Ubuzima ashobora kumbwira ibyo abona ko ari byiza kuri we, azi neza ko azagenzurwa nko ku mibare y’abana bapfa bakiri bato n’abagore bapfa babyara. Ni nako bimeze ku kwihaza mu biribwa, amazi, amashanyarazi, amashuri n’ibindi. Hari imibare n’ ibishushanyo byerekana impinduka kuri byose. Icy’ingenzi ni ukumenya kuyisesengura.”

Perezida Kagame kandi yakomeje avuga ko atajya yicuza ku mwanzuro n’umwe yafashe ndetse ko n’iyo byaba ko akora ikosa areba cyane ku kugabanya ingaruka ryatera. Ibi abishimangira avuga ko umuntu yakwibeshya aho kugira ngo ntihagire icyo akora.

2017-05-16
Editorial

IZINDI NKURU

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Editorial 06 Sep 2016
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Editorial 14 Oct 2021
Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Umuyobozi yateze kumira imbeba, Fc Barcelona niramuka itsinze Paris St Germain

Editorial 14 Mar 2017
RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

Editorial 29 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame
Mu Mahanga

.. numvise amagambo ngo bazatumesa- Perezida Kagame

Editorial 11 Sep 2016
Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza
POLITIKI

Bukavu: Perezida Tshisekedi yatangaje ko yiteguye no gupfa ariko amahoro akaganza

Editorial 08 Oct 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka
POLITIKI

Perezida Kagame yagaragaje ko kwigira kwa Afurika bishoboka

Editorial 03 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru