• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha

Impamvu kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda bitazapfa koroha

Editorial 25 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuwa 16 Nzeri 2019 inama ya mbere ya komisiyo ihuriweho na Uganda n’u Rwanda ikurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Luanda, yashyizweho umukono kuwa 21 Kanama 2019, yabereye i Kigali.

Mu gihe abayobozi ku mpande zombi bagerageza gushyira mu bikorwa ibiteganywa n’amasezerano, Abanyarwanda bafite amatsiko yo kongera kubona abo bakunda bafungiwe muri Uganda bafungurwa mu gihe Abagande bategereje kubona imipaka ifungurwa. Nyamara ariko, ngo ibi byose ntibizapfa koroha kuko Uganda ikomeje kohereza abanyarwanda mu mitwe y’iterabwoba ikorera kubutaka bwa Congo , irimo RUD-Urunana na FPP, izwiho gukorana na Kayumba Nyamwasa. Abasesenguzi bahamya ko n’ubwo Uganda yarekura umwe umwe ibi nta na kimwe kizakemura impamvu nyamukuru y’ikibazo mugihe Uganda ikomeje gushyigikira abagamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ikibazo nyamukuru gihari ni umubano w’akadasohoka Uganda ifitanye na RNC n’indi mitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda nka FDLR. Umuti rukumbi urambye ukaba ari uko yahagarika iyi mibanire naho ibitari ibyo nta gisubizo kirambye gishoboka ku bibazo biri mu mibanire ya Uganda n’u Rwanda.

Abanyarwanda bagiriwe inama yo kudakora ingendo muri Uganda kubera ko Guverinoma y’u Rwanda itashoboraga kubizeza umutekano wabo n’ubwisanzure muri Uganda.  Izi mpungenge zikaba zaratewe no kuba abayobozi ba Uganda barahaye rugali RNC ngo ijye itoteza abatayishyigikiye, abanze kwifatanya nayo cyangwa abanze kuyiha umusanzu.

Inzego z’umutekano za Uganda nk’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare ruzwi nka CMI ndetse n’urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu ruzwi nka ISO, zivugwaho gufatanya na RNC mu gutoteza abo Banyarwanda.

Abanyarwanda bagiye birukanwa ku butaka bwa Uganda bakaba barahishuye ko abantu babahataga ibibazo mu nzu z’ibanga (safe houses) babaga bavuga Ikinyarwanda gitomoye.

Ikindi, ni ibibazo babaga babazwa nko kumenya isano baba bafitanye n’abantu bo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda, igisirikare n’igipolisi, niba barazibayemo, uko babona ingabo, kumenya niba abo muri izi nzego mu Rwanda bishimiye uko babayeho n’akazi kabo, byagaragaje ko bari abakozi ba RNC babaza.

Ubuhamya bw’aba Banyarwanda birukanwa nibwo bwagaragaje neza ko Uganda ikorana na RNC. Fidel Gatsinzi, Umunyarwanda wa mbere watawe muri yombi, agakorerwa iyicarubozo mbere yo kujugunywa ku mupaka, yafatiwe na Rugema Kayumba muri Kampala aho yari yagiye gusura  umuhungu we kuri Kaminuza ya Gikirisitu ya Mukono. Rugema Kayumba uyu ni umukozi wa RNC, akaba mubyara wa Kayumba Nyamwasa, kandi icyo gihe niwe wari umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya RNC muri Uganda.

Yataye muri yombi Gatsinzi ku manywa y’ihangu buri wese areba amufatiye neza iruhande rwa station ya polisi. Gatsinzi yaje kujugunywa ku mupaka wa Gatuna nyuma afite ibikomere bikiri bibisi, akeneye igare rigenderamo abarwayi kuko atabashaga gutambuka. Hari mu Ukuboza 2017.

Ubu nibwo buryo n’Abandi Banyarwanda batandukanye bagiye batabwamo muri yombi nka Rene Rutagungira washimutiwe mu kabari kari mu nkenkero za Kampala muri Kanama 2017 umugore we akaba yaravuze ko abakozi ba RNC bari bamaze igihe kirekire bashyira igitutu ku mugabo we ngo yifatanye nabo ndetse bakaba baranamuteraga ubwoba bamubwira ko bafite ubushobozi bwo kumuteza ibibazo naramuka yanze arabyirengagiza.

Rutagungira ntiyari azi ko ubushobozi abakozi ba RNC bavugaga ari ubwo kuba bashyigikiwe na Leta ya Uganda, by’umwihariko inzego nka CMI na ISO. Mu yandi magambo, ko bashyigikiwe na Perezida Museveni.

Mbere y’aho, uyu mubyara wa Kayumba Nyamwasa yari yagiye kuri facebook atera urwenya kuri ibi agira ati: “Sinzakorana na CMI gusa ahubwo nzaba umwe muri bo,” ibi yabyanditse ku mugaragaro, mu mezi yakurikiyeho biba ingorabahizi mu gutandukanya RNC na CMI.

Icyakurikiyeho, hagati ya 2017 na 2019, umukwabu uhuriweho n’izi mpande zombi watumye Abanyarwanda benshi babigenderamo. Bivugwa ko kuri ubu amagana y’Abanyarwanda bafunzwe binyuranyije n’amategeko muri kasho zitandukanye no mu nzu z’ibanga zikorerwamo iyicarubozo bita ‘safe houses’.

Inyungu za CMI na RNC zagiye zihurira ku gutoteza Abanyarwanda: RNC yifuzaga abo kwinjiza mu migambi yayo, CMI ikagira abanze kwifatanya na RNC intasi mu rwego rwo gutanga impamvu yo kongera ingengo y’imari yayo mu guca intege icyo kibazo.

Ikibazo Uganda yaje guhura nacyo rero nyuma yo kugenda ita muri yombi abo Banyarwanda, ni ukubura ibimenyetso bijyanye n’ubutasi bashinjwa byatuma bajyanwa mu nkiko. Perezida Museveni ubwe mu ibaruwa yandikiye Perezida Kagame muri Werurwe uyu mwaka, yavuze ko abashinzwe ubutasi be badafite ibimenyetso bituma bita abo Banyarwanda intasi. Ati: “Numva inkuru nyinshi, ariko sinazizamura keretse maze kuzemeza.”

RNC ntiyabashije kugira icyo ikora ngo ifashe abafatanyabikorwa bayo muri iki kibazo bafatanyije kurema. Ubwo Inzego z’ubutasi za Uganda zahisemo kugumisha inzirakarengane mu minyururu zikomeza kubakorera iyicarubozo ngo zibumvishe kwifatanya na RNC ariko umubare umaze kuba mwinshi ikibazo kirushaho gukomera.

Mu gihe inzego z’ubutasi za Uganda zari zumanye inzirakarengane zitabasha no kuzigeza mu rukiko, u Rwanda rwari rusigaranye amahitamo amwe yo kuburira abaturage barwo ngo bareke gukora ingendo muri Uganda.

Icyo ibi byose bisobanuye ngo ni uko inzira imwe rukumbi kurekura Abanyarwanda muri Uganda byakemura ikibazo gihari ari uko Abanyarwanda barekeraho kujya muri Uganda burundu. Naho ubundi ngo RNC izakomeza kujya ibafata ibashyikirize CMI bongere bakorerwe ibikorwa bibi kandi ngo buri kimwe kizongera kibe.

2019-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo

Uganda  yabujije abaturage bayo kudaca ku mupaka wa Gatuna u Rwanda ‘rwafunguye’ by’agateganyo

Editorial 11 Jun 2019
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Editorial 20 May 2022
Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda zafatanyije niza SADC mu kubohora abaturage 600 bari barafashwe bugwate n’ibyihebe

Editorial 04 Aug 2022
Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Banyarwanda nimucyo twibuke twiyubaka, dore ingoma y’abahekuye u Rwanda isigaranye abakaraza babusanya!!

Editorial 07 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
UBUKUNGU

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Editorial 18 May 2018
Uko Museveni akomeje guhuza  RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni akomeje guhuza RNC na FDLR akanabafasha kwinjiza abarwanyi babo mu Burundi na Congo ngo begere u Rwanda mu migambi yo kurutera

Editorial 22 Dec 2018
Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.
Mu Rwanda

Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.

Editorial 14 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru