• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Impamvu Uganda yatangiye kurekura bamwe mu Banyarwanda yari ifunze, Kayumba nawe yemera ko akorana na Museveni

Editorial 21 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Nyuma y’imyaka myinshi Uganda ihakana ko hari abanyarwanda ifunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri gereza zayo zitemewe ziri hirya no hino mu gihugu, yatangiye kurekura bamwe muri bo.

Mu ijoro ryo ku wa 12 Nzeri 2019 abanyarwanda 32 barekuwe na Uganda bagezwa ku mupaka wa Kagitumba i Nyagatare. Ibi byakozwe nyuma y’igihe kinini inzego z’umutekano muri Uganda zirengagiza amabaruwa ya Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu.

Inshuro nke Uganda yasubije ku byo u Rwanda rwavugaga, yashimangiraga ko ibirego byarwo nta shingiro na rito bifite, ko nta muntu munyarwanda n’umwe ufungiye muri gereza zitemewe muri Uganda.

Ku wa 17 Gicurasi 2019, mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, yahakanye ko Uganda hari abanyarwanda ifite bafunzwe, ashimangira n’abatawe muri yombi “bakurikiranywe n’inkiko cyangwa basubijwe mu Rwanda”.

Abanyarwanda 32 barekuwe mu cyumweru gishize, ntabwo bigeze bagezwa imbere y’inkiko. Yewe n’amagana y’abakiri muri gereza z’Urwego rushinzwe Ubutasi mu gisirikare cya Uganda, nta n’umwe wigeze ugezwa imbere y’urukiko.

Icyakunze gutangaza benshi ni uruhare rwa CMI muri ibi byose dore ko ariyo yashyikirije bariya 32 urwego rwa Uganda rushinzwe abinjira n’abasohoka ngo birukanwe ku butaka bwa Uganda.

Ikibazo benshi bibaza ni uburyo baba barageze kuri CMI niba badafungiye mu mabohero yayo.

Umwanzuro wo kubajugunya ku mupaka mu masaha y’ijoro nawo wakunze kuzamura ibibazo byinshi by’uburyo Uganda yaba ishyize umutima ku iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda asaba ko abanyarwanda bose bafungiye muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko barekurwa.

Bake nibo bamaze gufungurwa mu gihe umubare wo ukiri muri gereza za CMI mu buribwe kubera iyicarubozo rikomeye bakorerwa.

Ababashije kurekurwa mu cyumweru gishize, batanze ubuhamya bw’uburyo abo basize muri za gereza babayeho mu buribwe kubera iyicarubozo.

Iyi ishobora kuba imwe mu mpamvu zituma Uganda yitwikira ijoro kugira ngo ibarekure ishaka ko bitamenyekana cyane mu itangazamakuru.

Urugero ni Augustin Rutayisire watawe muri yombi muri Gicurasi 2018, agafungirwa muri Gereza ya Luzira akorerwa iyicarubozo ririmo gukubitwa, kwicishwa inzara, kurazwa hasi n’ibindi. Abandi amagana babayeho muri ubwo buzima.

Birasa naho CMI izagerageza kwita ku bo iteganya kurekura kugira ngo hasibanganywe ibimenyetso bijyanye n’iyicarubozo bakorewe.

Bivugwa ko ubu Rutayisire arembye bikomeye kubera imvune yatewe mu rukenyerero, umugongo no mu gatuza ku buryo iyo akoroye acira amaraso.

Mu kwezi gushize, Nunu Johnson w’imyaka 60 watawe muri yombi ari i Mbarara, yitabye Imana nyuma y’uko CMI imukoreye iyicarubozo ariko ikanga kumuha uburenganzira bwo kujya kwivuza.

Abandi barimo Marcel Gatsinzi na Donne Kayibanda bagaruwe mu Rwanda baragizwe intere kubera ibikorwa bibi bakorewe.

Amakuru avuga ko mu gihe hitegurwaga isinywa ry’amasezerano ya Luanda, CMI, yakoze ibishoboka byose kugira ngo ihe ruswa abanyarwanda ifunze.

Bivugwa ko abayobozi bagiye mu nzu z’ibanga bafungiyemo, bakabemeza kuba impunzi cyangwa se kujya mu mutwe wa RNC aho koherezwa mu Rwanda.

Umwe mu bantu bahaye amakuru Virunga Post yavuze ko umuntu ubyanga ahura n’akaga gakomeye.

Kayumba yemeye imikoranire na Museveni

Kurekura bariya banyarwanda byabaye nyuma y’iminsi mike Kayumba Nyamwasa avugiye kuri Radio Itahuka ko avugana na Perezida Museveni ndetse ko ari ibintu bisanzwe.

Kayumba yahishuye ko yavuganye na Museveni kuva kera akiri umusirikare mukuru mu ngabo za RPA. Yakomeje avuga ko umubano we wa hafi na Museveni utuma kuba bavugana ubu biba ari nk’ibintu bisanzwe.

Ku bantu bazi neza ibya dipolomasi, bavuga ko atari ibintu bisanzwe kuba Umukuru w’Igihugu yavugana buri gihe n’umwe mu basirikare bakuru b’ikindi gihugu batari umugaba w’ingabo.

Muri icyo kiganiro kandi Kayumba yemeye ko ukuriye dipolomasi muri RNC, Charlotte Mukankusi, akunda gusura Uganda agahura n’abayobozi baho.

Museveni ubwe yemeye ko yahuye na Mukankusi ndetse ni nawe wategetse ko ahabwa pasiporo ya Uganda.

Kayumba na RNC magingo aya ntibagihakana ko bahabwa ubufasha na Uganda by’umwihariko Perezida Museveni.

Guhindura imvugo kwa Kayumba akava ku guhakana ko akorana na Museveni agatangira kwemera imikoranire yabo, bigaragaza ko impamvu zatumye habaho amasezerano ya Luanda zari zifite ibimenyetso bifatika bidashobora guhakanwa muri iki gihe.

Ibi binajyana kandi n’uburyo Uganda iri kurekura umusubirizo abanyarwanda bafungiye mu nzu z’ibanga za CMI.

2019-09-21
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Editorial 17 Sep 2019
Perezida Kagame yihakanye umukandida wa MDC uvuga ko yagize uruhare mu kongera kubaka u Rwanda

Perezida Kagame yihakanye umukandida wa MDC uvuga ko yagize uruhare mu kongera kubaka u Rwanda

Editorial 30 May 2018
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Editorial 04 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
POLITIKI

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Editorial 08 Apr 2019
Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994
Mu Mahanga

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Editorial 15 Dec 2016
Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo
Mu Rwanda

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Editorial 14 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru