• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Impuguke mu karere zateraniye I Kigali mu kwigira hamwe uko hahashywa ibikorwa by’iterabwoba

Editorial 22 Feb 2017 Mu Mahanga

Impuguke mu kurwanya iterabwoba zaturutse muri Polisi zo mu karere ndetse no mu miryango mpuzamahanga ziri mu nama y’iminsi ibiri ibera I Kigali igamije gufatira hamwe ingamba zo gukoma imbere ibihungabanya umutekano muri iki gihe.

Nibura ibihugu icumi byo mu muryango uhuriweho n’abayobozi ba Polisi zo muri Afurika y’Iburasirazuba(EAPCCO) ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga irimo Interpol na Institute of Security Studies (ISS) bahagarariwe muri iyo nama yatangiye ku italiki ya 21 Gashyantare.

Iyi nama ya gatatu ya EAPCCO ku kurwanya iterabwoba yateranye ku nsanganyamatsiko igira iti:” Guhamya ubufatanye bw’akarere mu kurwanya iterabwoba n’ubuhezanguni” kandi ihuriza hamwe abafatanyabikorwa b’uyu muryango aribo Ibiro by’ubugenzacyaha mu bihugu by’Ubudage na Canada.

Ku murongo w’ibyigwa , hari ugukomeza ubufatanye bw’amashami ashinzwe kurwanya iterabwoba mu bihugu bigize EAPCCO , amahugurwa n’imyitozo, kurebera hamwe uko iterabwoba n’ubutagondwa bihagaze mu karere, gushyiraho ingamba zo kubirwanya ndetse no gusangira ibyagezweho n’ibihugu bimwe mu kurwanya iterabwoba n’ibikorwa byaryo n’ibindi,..

-5820.jpg

-5819.jpg

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ubujyobozi n’abakozi, DIGP Juvénal Marizamunda ari nawe wari umushyitsi mukuru , atangiza iyi nama ku mugaragaro, yavuze ko amahuriro nk’aya ari ayo gufatira hamwe ingamba zo kurwanya iterabwoba mu karere no hanze yako.

DIGP Marizamunda yagize ati:” Kuba imbaraga zikoreshwa mu kurwanya iterabwoba zatanga umusaruro byaterwa n’umuhate ndetse n’ibikorwa bya buri gihugu.”

Yongeyeho ko kubigeraho bisaba gukoresha uburyo budashingiye gusa ku ngamba zo kurwanya iterabwoba ahubwo bunashingiye ku bikorwa byo kurikumira bituma hatabaho ababona inyigisho z’ubutagondwa ngo binjire mu mitwe y’iterabwoba.

Abahanga bavuga ko iterabwoba ndetse n’ibikorwa byaryo byakomeje kwiyongera mu karere guhera mu myaka yashize ; imibare iva mu kigo cyitwa European Institute for Security Studies, ivuga ko, mu mwaka wa 2015, abarenga 11,000 baguye muri ibyo bikorwa muri Somaliya, Kenya, Sudani, Sudani y’Epfo na Etiyopiya.

Imwe mu mitwe ikorera mu karere ni Al-Shabab ,ADF Naru na FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenoside y’Abatutsi mu 1994, hari kandi ISIS na Al-Qaeda .

Yagize kandi ati:” Ibihugu bigize EAPCCO byakomeje gukorana bya hafi hagati yabyo cyangwa n’ibindi mu gukumira no kurwanya iterabwoba. Ni inshingano yacu yo kurinda akarere kacu kuba indiri y’ibikorwa by’iterabwoba ahubwo kakaba akarangwamo umutekano .”

Francis Muhoro , uyobora komite mpuzabikorwa ihoraho yab EAPCCO , yavuze ko hari ibikorwa mu karere, byaba iby’igihugu kimwe cyangwa bihuriweho mu kurwanya ubutagondwa no kubuza ababwigisha aho bakura abo babwinjizamo.

Muhoro yagize ati:” EAPCCO yashoboye kuzamura ku rwego rwiza uburyo irwanyamo iterabwoba , iha imbaraga n’ubushobozi amashami y’ubugenzacyaha n’arwanya iterabwoba , kandi iteza imbere uburyo burwanya ubuhezanguni ndetse inashyiraho ibigo by’icyitegererezo mu kurwanya iterabwoba.”

Kugeza ubu, muri Kenya hari ikigo cy’akarere cy’icyitegererezo mu kurwanya iterabwoba n’ikigo cya Interpol gifasha ibihugu bya EAPCCO mu mahugurwa yibanda cyane cyane ku kurwanya iterabwoba , ibyaha byo mu ikoranabuhanga ndetse n’ibyaha bizanwa n’iterambere ryihuta.

Aha Muhoro akaba yagize ati:” Iterabwoba nta muka uzwi rigira, kwibwira ko rireba ibihugu birangwamo umutekano muke cyangwa intambara byaba ari amakosa akomeye; ibikorwa byaryo biragutse kandi nta mupaka bifite, niyo mpamvu tugomba kuba maso kandi tukigisha abaturage bacu gutanga amakuru kuri ryo.”

Uhagarariye Canada mu Rwanda, Yannick Hingorani, yavize ko, Canada nk’igihugu cyakomeje gufasha ibikorwa birwanya iterabwoba mu karere, itazahwema gushyigikira ibyo bikorwa.

Naho Willem Els wavuye mu kigo ISS, yagize ati:” Nta mahitamo tugifite,..tugomba kugira ubufatanye kuko imwe muri iyo mitwe y’iterabwoba irusha ingufu ibihugu bimwe na bimwe ukwabyo.”

Iyi nama ya gatatu ya EAPCCO ku iterabwoba ikaba ikurikira izindi zirimo iyabereye muri Seyisheli muri Gashyantare 2014 n’indi yabereye Naivasha muri Kenya muri Werurwe umwaka ushize.

RNP

2017-02-22
Editorial

IZINDI NKURU

Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari hatangijwe amahugurwa ku kurwanya inkongi z’imiriro

Mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari hatangijwe amahugurwa ku kurwanya inkongi z’imiriro

Editorial 10 Jan 2017
Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo

Polisi y’u Rwanda na Uganda zakoranye inama yo gukomeza ubufatanye hagati yazo

Editorial 25 Feb 2017
Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati:  “Eeeh! Waba uretse gato.”

Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati: “Eeeh! Waba uretse gato.”

Editorial 25 Nov 2016
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Editorial 06 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya : Abanyarwanda  bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 23
Mu Rwanda

Kenya : Abanyarwanda bizihije Umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 23

Editorial 10 Jul 2017
Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”
INKURU NYAMUKURU

Niger yiteguye gushyigikira Kagame ku buyobozi bwa AU “ku kigero cya 200%”

Editorial 17 Jan 2018
Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana
Amakuru

Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana

Editorial 09 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru