• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Impuguke za Loni zemeje ko nta gatege abahoze muri M23 basubiye muri RDC bafite

Editorial 17 Aug 2017 Mu Rwanda

Raporo y’impuguke za Loni yashyizwe ahagaragara ku Cyumweru, tariki ya 13 Kanama 2017, ariko igomba kumurikirwa Akanama gashinzwe umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kuri uyu wa Kabiri, yahishuye ko abari abarwanyi ba M23 baherutse gusubira muri Congo nta ntege bafite ku buryo babangamira amahoro.

Muri Mutarama 2017 nibwo abari abarwanyi ba M23 bari barahungiye muri Uganda batorotse inkambi berekeza muri Congo nyuma yo gukubitwa inshuro mu 2013. Uku gusubirayo kwateye impungenge mu Burasirazuba, hatangira gukekwa ko igiye kubura umutwe.

Nubwo hari ababitekerezaga gutyo, raporo nshya y’impuguke za Loni yakozwe ku ntambara zo muri Congo, yerekana ko kurangiza ikibazo cya M23 bidasaba imbaraga za gisirikare ahubwo hakenewe imbaraga za politiki, dore ko nta ntege aba barwanyi bagifite.

Kuwa 12 Gicurasi 2017, impuguke ebyiri za Loni kuri RDC, Umunyamerika Michael Sharp n’Umunya Suede Zaida Catalán, bishwe bari mu kazi k’iperereza ku nyeshamba za Kamuina Nsapu. Ariko bagenzi be bakomeje akazi, akaba ari bo basohoye raporo.

Mu byo iyi raporo ivuga kuri M23, yibutsa ko umutwe w’Abanye- Congo bavuga Ikinyarwanda wigeze kwigarurira Goma muri 2012 ukaza gukubitwa inshuro ugahungana n’umuyobozi wawo Gen Sultani Makenga. Nyuma muri Mutarama 2017, ababarirwa muri 200 bongeye gusubira muri Congo bayobowe na Makenga.

Raporo igaragaza ko kongera kubyutsa umutwe nta mbaraga byari bifite, kandi ko mu gihe izi mpuguke zakoraga ubushakashatsi, zasanze bafite imbunda nke cyane kandi “nta cyerekana ko hari ubufasha buturuka ahandi ufite.”

Abo izi mpuguke zavugishije bemeje ko basubiye muri Congo batorotse inkambi ya Bihanga muri Uganda. Mu barwanyi 1,375 bahageze muri 2013, hari hasigaye gusa 270 muri Gashyantare 2017 nk’uko Guverinoma ya Uganda yabitangaje.

Abenshi muri aba barwanyi bahoze muri M23 babwiye izi mpuguke ko babashije gutoroka kuko nta kugenzura abinjira n’abasohoka mu nkambi ya Bihanga. Raporo igaragaza ko mu gutoroka bafashe bisi berekeza Mbarara, mbere yo kugera mu gace ka Kisoro.

Abasirikare ba Congo Kinshasa n’abarinzi ba Pariki ya Virunga babwiye impuguke ko batari kubasha gukumira abo barwanyi kuko nta hantu hazwi ho kwinjirira. N’aba barwanyi bavuze ko banyuze inzira y’ishyamba bagera byoroshye muri RDC bahurira hafi y’ikirunga cya Sabyinyo. Muri abo harimo Gen Makenga, Lt. Colonel Léon Kanyamibwa, Col. Yusuf Mboneza na Erasto Bahati.

Bavuye kuri Sabyinyo, bakora inkambi muri Pariki ya Virunga mu Majyepfo y’ikirunga cya Mikeno, bafite ibikoresho, nta n’imyambaro ya gisirikare bafite.

Aba barwanyi bagiye bakozanyaho n’ingabo za Congo ariko bagatsindwa.

Umutwe wa M23 wavuzwe mu bihe byashize ko waterwaga inkunga n’u Rwanda na Uganda, ariko ibi bihugu byabyamaganiye kure. Nyuma yo gutsindwa kwawo, bagashyira intwaro hasi bamwe bahungiye mu Rwanda bari kumwe na Pasiteri Runiga, abandi berekeza muri Uganda bari kumwe na Gen. Sultan Makenga.

-7607.jpg

Gen Sultani Makenga wasubiranye muri Congo n’abari abarwanyi ba M23

2017-08-17
Editorial

IZINDI NKURU

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021
Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Editorial 16 Jun 2017
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Editorial 20 Dec 2021
Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Editorial 30 Jul 2017
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021
Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Editorial 16 Jun 2017
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Editorial 20 Dec 2021
Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Editorial 30 Jul 2017
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021
Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Abanyarwanda tubarememo ‘ Icyizere ‘ batinyuke Polisi – Perezida Kagame

Editorial 16 Jun 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru