• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

‘Iyo utubashye amategeko Leta ikwereka ko habaho no kuyatinyishwa’ Badege avuga ku kibazo cy’ impunzi za Kiziba

Ubwanditsi 23 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Polisi y’u Rwanda iravuga ko ibyabaye kuri uyu wa Kane bigomba gusiga amasomo ko uretse n’impunzi abaturarwanda bose bafite inshingano zo kubaha no gutinya amategeko bitaba ibyo Leta ikayubahisha nk’uko umuvugizi wa Polisi yabibwiye itangazamakuru.

Aganira na Radiyo y’igihugu CP Badege ati: …inshingano yacu twese ni ukubaha amategeko,…iyo umuntu atayubashye Leta imwereka ko habaho no kuyatinyisha ni ukuvuga ko hari n’igihe amategeko yubahirizwa ku ngufu ari nacyo cyakozwe ejo”
CP Badege yavuze kandi ko by’umwihariko amategeko y’u Rwanda agena ko impunzi ziri mu Rwanda zubahiriza amategeko igihugu kigenderaho kandi ko impunzi zitemerewe kwigaragambya cyangwa kugira uruhare mu myigaragambyo.

Hakoreshejwe imbaraga mu gutatanya abigaragambyaga

Kuri uyu wa Kane habaye ugukozanyaho hagati y’abapolisi n’impunzi zigaragambirizaga ko ibyo kurya zigenerwa byagabanyutse,imyivumbagatanyo yahitanye ubuzima bwa batanu mu mpunzi zimaze imyaka isaga 20 mu nkambi ya Kiziba iri nko ku birometero bisaga 10 uvuye mu mujyi wa Karongi. 
Polisi y’u Rwanda iremeza ko ubu ituze n’umutekano byagarutse muri mujyi kuko ngo urujya n’uruza ku biro by’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi UNHCR byari bigoswe n’impunzi rwongeye kugaruka nkuko Umuvugizi wa Polisi CP Theos Badege yabwiye itangazamakuru ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu.

CP Badege yavuze ko 27 barimo impunzi n’abapolisi bakomeretse bari kuvurirwa mu bitaro bitandukanye mu gihugu, mu gihe ngo inzego z’ubuyobozi mu karere ka Karongi n’izifite impunzi mu nshingano ku rwego rw’igihugu ziri kwiga uburyo bwo gushyingura abaguye muri iyi myigaragambyo.

Mu itangazo polisi y’u Rwanda yasohoye kuri uyu wa Gatanu yavuze ko abigaragambyaga bari bitwaje intwaro zirimo ibyuma,ibisongo n’amabuye bashotoye abashinzwe umutekano aba nabo bakabatatanya bakoresheje ibyuka biryana mu maso.

Amakuru aturuka mu baturiye agace kabereyemo imyigagaragambyo avuga ko mu masaha y’umugoroba humvikanye n’urusaku rw’amasasu ariko ntacyo itangazo rya Polisi ribivugaho.

Itangazo ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi UNHCR ryasohoye kuri uyu wa 22 Gashyantare ryasabaga abigaragambya kubahiriza amategeko igihugu kigenderaho,rinasaba inzego z’umutekano kwitwararika gukoresha imbaraga uyu muryango wise iz’umurengera.

2018-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Ubwanditsi 05 Nov 2022
Félix Tshisekedi niwe watorewe kuyobora Congo Kinshasa

Félix Tshisekedi niwe watorewe kuyobora Congo Kinshasa

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Ubwanditsi 28 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    June 4, 20194:09 am -

    Badege we, shame on you!

    Ibyo wavuga byose ntibyakwakirwa neza n’abanyarwanda. Kurasa impunzi?

    Muzishakaho iki se, ko zari zagiye kuri HCR izishinzwe, hari ibiro by’umurenge cg akarere zari zabujije ubuhwemo?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”
Mu Mahanga

Volleyball: Uko amakipe azahura mu mikino ya “Playoffs”

Ubwanditsi 28 Jun 2016
U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi
Mu Mahanga

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy
UBUKERARUGENDO

Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy

Ubwanditsi 06 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru