• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Inama zabereye muri Rwamagana na Kicukiro zafatiwemo ingamba zo kubumbatira umutekano

Editorial 29 Oct 2016 Mu Mahanga

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano mu turere twa Rwamagana na Kicukiro basuzumiye hamwe mu nama bakoze ku wa 27 Ukwakira uko umutekano wifashe; ndetse bafata ingamba zo kurushaho kuwubumbatira bakumira ibyaha.

Nubwo byagaragaye ko wifashe neza muri rusange, abo bayobozi basanze hakwiye gushyirwa imbaraga mu kurwanya ibyaha birimo ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa rishingiye ku gutsina no gukubita no gukomeretsa.

Ikindi bahuriyeho n’uko inzego z’ubuyobozi zigomba kwegera abaturage zikabakangurira kwirinda ibyaha no kugira uruhare mu kubirwanya batanga amakuru atuma bikumirwa.

Mu bazitabiriye harimo abayobozi b’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’umudugudu kugera ku rw’akarere n’abandi bafite inshingano zinyuranye muri izo nzego n’abakuriye inzego z’umutekano muri utwo turere.

Iyabereye mu karere ka Rwamagana yayobowe n’Umuyobozi wako, Radjab Mbonyumuvunyi wasabye Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge gukurikirana ko amarondo akorwa neza.

Yagize ati:”Kurwanya ibiyobyabwenge, ihohoterwa rikorerwa mu ngo n’ibindi byaha biri mu nshingano zacu nk’abayobozi, kandi dufatanyije n’izindi nzego ndetse n’abo tuyobora nta kabuza tuzabikumira.”

Umuyobozi w’akarere ka Kicukiro, Dr. Jeanne Nyirahabimana yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze zako ko abo bayobora ari bo bagenerwabikorwa n’abafatanyabikorwa b’ibanze, bityo ko bagomba kubegera bakabasobanurira uruhare rwabo mu iterambere n’umutekano birambye.

Yagize ati:”Abayobozi tugomba gukorera mu mucyo no kwita ku nyungu za rubanda. Dusabwa kandi gushyira imbaraga mu gukumira ikintu cyose cyahungabanya umutekano kuko ari wo shingiro rya byose.”

-4534.jpg

Izo nama zitabiriwe kandi n’abayobozi ba Polisi muri utwo turere, zikaba zarashojwe abazitabiriye bafashe ingamba zirimo kunoza imikoranire bafatanya mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha no gufata ababikoze, gukangurira abaturage gushyira amatara ku mazu yabo mu rwego rwo gukumira ubujura, no gufatanya mu bukangurambaga bw’isuku n’isukura.

RNP

2016-10-29
Editorial

IZINDI NKURU

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Editorial 04 Jan 2025
Perezida Yoweri K. Museveni yafasha ate kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kandi abo mu muryango we bakorana ubucuruzi n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo?

Perezida Yoweri K. Museveni yafasha ate kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kandi abo mu muryango we bakorana ubucuruzi n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo?

Editorial 19 Jul 2021
Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Editorial 28 Apr 2018
Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Editorial 08 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira
POLITIKI

Ishyaka Rya J.Pierre Bemba Wakuwe Ku Rutonde Rw’abakandida Perezida Rigiye Kujurira

Editorial 27 Aug 2018
Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu Rwego Rwo Guhunga Ubutabera Kayumba Nyamwasa Yatahiye Umuzulukazi

Editorial 05 Feb 2018
Peter Vrooman wagizwe Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ni muntu ki ?
HIRYA NO HINO

Peter Vrooman wagizwe Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ni muntu ki ?

Editorial 16 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru