• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Ipfundo ry’ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Ali Bongo wa Gabon

Editorial 14 Feb 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Gabon Ali Bongo Ondimba mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe yagiriye mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare 2018.

Perezida Bongo yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege i Kanombe mu gitondo, yakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo; Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel Gasana.

Abakuru b’ibihugu byombi bagiranye ibiganiro muri Village Urugwiro, byibanda ku buhahirane hagati y’ibihugu n’umutekano mu karere nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yabwiye RBA ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Yagize ati “Babanje kuganira ku mubano w’ibihugu byacu byombi, umubano mwiza cyane, dusubiramo ibyo tumaze iminsi dukorana mu byerekeye n’ubutwererane no gukorana, twemeranya ko ari ibikorwa bya politiki, ari ibikorwa by’ubucuruzi, ari ibikorwa by’ishoramari dukwiye gushyiramo ingufu. Ikindi abakuru b’ibihugu baganiriye ni ibijyanye n’umutekano mu Karere ka Afurika yo Hagati.”

Yakomeje avuga ko uyu Muryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo muri Afurika yo Hagati (CEAC), uri mu gihe cyo kwivugurura, Perezida Kagame na mugenzi we wa Gabon babiganiriyeho cyane kugira ngo aka karere karusheho kwihuta mu iterambere.

U Rwanda rwongeye kwinjira muri CEAC mu 2015 nyuma y’aho rwari rwarawikuyemo mu 2008. Amasezerano yo kongera kurwakira yasinyiwe i Ndjamena ku wa 25 Gicurasi 2015, ashyirwaho umukono na Perezida Idriss Deby wa Tchad wari uyoboye inama.

CEAC igizwe n’ibihugu 11 birimo, u Rwanda, Angola, u Burundi, Cameroun, Repubulika ya Centrafrique, Congo Brazzaville, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gabon, Guinée Equatoriale, Tchad na Sao Tomé-et-Principe.

Uretse ibirebana n’Akarere ka CEAC, u Rwanda na Gabon bifitanye ubuhahirane bumeze neza by’umwihariko RwandAir ikorera ingendo i Libreville mu murwa mukuru w’iki gihugu.

Muri Kamena 2016, u Rwanda na Gabon byakuyeho amafaranga yacibwaga umuntu ukoresheje umurongo wa telefone mu guhamagara hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Ali Bongo wagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda, yahaherukaga mu irahira rya Perezida Kagame ku wa 18 Kanama 2017. Kuri uyu wa Kabiri yavuye i Kigali ku mugoroba.

 

Perezida Kagame ubwo yakiraga Ondimba muri Village Urugwiro ku manywa yo kuri uyu wa Kabiri

 

 

Perezida Kagame yahuye na Ondimba mu gihe ariwe uyoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

 

 

Perezida Kagame na Ondimba basanzwe bafitanye umubano wihariye

Amafoto: Village Urugwiro


2018-02-14
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Ihangana hagati ya Leta n’abanyamadini

Uganda: Ihangana hagati ya Leta n’abanyamadini

Editorial 14 Nov 2017
Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Editorial 28 Mar 2021
U Bwongereza: Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyemezo cya Minisitiri w’Intebe cyo guhagarika Inteko

U Bwongereza: Urukiko rw’Ikirenga rwatesheje agaciro icyemezo cya Minisitiri w’Intebe cyo guhagarika Inteko

Editorial 25 Sep 2019
Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Minisitiri w’Ingabo z’u Bwongereza yaganiriye na Gen Kabarebe ku bufatanye mu bya gisirikare

Editorial 08 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Nyabihu: Abagize komite zo kwicungira umutekano CPCs bahuguwe ku ruhare rwabo mu kurwanya no gukumira ibyaha

Editorial 01 Apr 2016
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique
Amakuru

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Editorial 18 Nov 2024
Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda
Amakuru

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Editorial 25 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru