• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2017 ITOHOZA

Ubutegetsi bwa Perezida Museveni bukomeje gushaka guteza umutekano muke ku Rwanda.

Mukwezi kwa Kabiri uyu mwaka Ikinyamakuru Rushyashya cyatangaje inkuru ivuga ko mu ishyamba rya Kijuru muri District ya Kibaale hari inkambi yarimo imyitozo y’abashaka gutera u Rwanda, bayobowe na Kayumba Nyamwasa, Rujugiro n’Abafaransa. Nyuma yaho iyi nkuru isohokeye amakuru avugako ibibirindiro byiyo myitozo byimuriwe mu mjyaruguru ya Uganda kumupaka wa Sudan na Congo. Nyamara n’ubwo bimeze gutyo, iyi nkuru  yabaye nkiciye inka amabere cyane cyane ku ruhande rwa Uganda. Ari nako umwuka mubi n’urwikekwe bikomeza kwiyongera.

Ingabo za uganda

Soma iyi nkuru hano: Uganda:Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Amakuru aturuka ahantu hizewe, avuga ko muntangiriro z’uyu mwaka Perezida Museveni yagiriye uruzinduko rw’ibanga mu Bufaransa , uru ruzinduko rwari urwo gushimangira umubano n’ubufatanye mu bya gisilikare. Uganda yagiranye amasezerano  mu bya gisirikare n’ubufaransa, ubu ingabo z’abafaransa  ziri muri Uganda mubice bya Kasese zitoza iza Uganda zirwanira mumisozi (alpine brigade).

Ingabo z’Abafaransa na Perezida Museveni

Mu minsi ishize Perezida Museveni  kandi yagiranye ibiganiro byihariye n’umujenerali w’umufaransa bava Entebbe State House bajya guhurira Kisozi muri Gomba, iyo nama y’ibanga yarimo Gen (Rtd) Henry Tumukunde na Gen Salim Saleh (Caleb Akandwanaho). Aya makuru avuga ko iyi nama yari iyo kureba uko ingabo z’ubufaransa zakwegera gato  hafi y’umupaka  w’u Rwanda.

Nyuma y’ibi biganiro uyu mu Jenerali w’umufaransa yamaze iminsi ibiri Kampala aragenda agana I Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo gushyikiriza Perezida  Kabila ubutumwa bwa Museveni buvuga ko Ingabo za Uganda zingana na Bataillons eshatu z’umtwe wa Special forces zigomba gutangira kujya muri Congo n’ibikoresho byazo bikomeye guhashya umutwe w’inyeshyamba wa ADF-NALU, urwanya Museveni, ukaba ukorera mu Burasirazuba bwa Congo ahitwa Beni,Butembo naza Bunia. Uyu mutwe wari uyobowe na Jamil Mukulu ,akaza gufatirwa Tanzania. Ariko ibi n’amayeri yo kugirango izi ngabo za Uganda n’ibikoresho byazo bibone uko byinjira muri Congo byegerezwe umupaka wa Congo n’u Rwanda mu rwego rwokwitegura intamba ishobora kwaduka hagati y’ibi bihugu byombi no  gutera  ingabo mu bitugu  imitwe ikorera muri Congo igamije gutera u Rwanda nka FDLR, Imbonerakure n’Ingabo bivugwa ko ari iza Kayumba  Nyamwasa.

Ibi biravugwa mugihe Perezida Museveni yirukanye ingabo zahoze ari iza M23 zirenga 1000, zari zarahungiye ahitwa Ramwanja mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Uganda  ziyobowe na Gen. Makenga  Sultan. Nyuma y’uko aba barwanyi bamwangiye kwinjira mu mugambi wo gufatanya na Kayumba gutera u Rwanda. M23 yo yabonye iyo ntambara itayitsinda kandi ubwo ibyabo byaba birangiye, nibwo Perezida Museveni yabirukanye akabohereza hafi y’umupaka wa Congo n’u Rwanda, kugirango bahungire mu Rwanda hagati aho biteze umubano mubi na Congo.

M23

Perezida Museveni abonye ko binaniranye aragenda yohereza abashimuta abarwanyi ba M23 bagera kuri 20, abashyira Kabila, abandi  bagera ku 100,Kabila abaha amafaranga barijyana. M23, ibibonye iravuga ngo nukomeza tugiye kwirwanaho, niko gutatana basubira muri Congo. Iyo Museveni avuga ko u Rwanda rushimuta abantu wibaza impamvu zabyo, nta nasobanure uko yashimuse abari abarwanyi ba M23, akabashyikiriza Kabila.

Amakuru atandukanye amaze iminsi atangazwa n’itangazamakuru ryo muri Uganda nka Chimpreports n’ibindi aravuga ko Kayumba Nyamwasa, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda akunze gukorera ingendo muri Uganda ndetse afitanye umubano ukomeye n’abayobozi ba Uganda barimo perezida Museveni ubwe ndetse na Minisitiri w’umutekano, Gen (Rtd) Henry Tumukunde.

Kayumba Nyamwasa

Kayumba amaze kujya Kampala inshuro ebyiri, ubwa kabiri yaciye Tanzania ajya Uganda, ageze Kampala, yakoranye  inama n’abantu be asubira mu nzu ya gisirikare aba acumbikiwemo. Muri Uganda rimwe na rimwe Nyamwasa yagiye abonana n’agatsiko k’abarwanyi ba FDLR n’abandi bantu bahunze u Rwanda baba muri icyo gihugu.

Cyiza Davidson

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda uwashakishwaga akekwaho ubujura

Ubwanditsi 05 Jan 2017
Ngo uhiriye munzu ntaho adapfunda umutwe

Ngo uhiriye munzu ntaho adapfunda umutwe

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Hakizimana Hamza ntaho ahuriye na Hakizimana Jean de Dieu Kongo ibeshya ko ari umusirikari wa RDF yafatiye ku rugamba

Ubwanditsi 28 Dec 2024
Bukavu: Kabila arashinjwa urupfu rwa Col. Elias Byinshi

Bukavu: Kabila arashinjwa urupfu rwa Col. Elias Byinshi

Ubwanditsi 26 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038
Mu Rwanda

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica
Mu Rwanda

Ingabo z’Abarundi na Gabon zirashinjwa gusambanya no guhohotera abaturage muri Centrafrica

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi
POLITIKI

Abakekwaho kunyereza umutungo wa Leta bagiye kujya batabwa muri yombi bagikorerwa ubugenzuzi

Ubwanditsi 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru