• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO

Editorial 24 Jul 2016 ITOHOZA

Muri Referandumu yabaye kuwa 23/06/2017, Abongereza bahisemo kuva mu muryango w’ubumwe bw’uburayi, Iki cyemezo cyakiriwe mu buryo butandukanye kandi cyivugwaho byinshi ariko uko bimeze kose gifite ingaruka zitandukanye ku buzima bw’abongereza, ubw’abatuye umugabane w’uburayi ndetse n’indi migabane muri rusange.

Ingaruka ya mbere y’icyi cyemezo iri mu buryo bwa politike y’abongereza aho Ministiri w’Intebe David Cameroon yatangaje ko azegura mu mpera z’uyu mwaka kandi siwe gusa kuko n’abandi bategetsi benshi bafashe icyemezo cyo kwegura.

Umwe mu bongereza b’inshuti yanjye twaganiriye kuri iki kibazo yagize ati: “Nk’urubyiruko ntabwo twitabiriye aya matora kuko twumvaga ntacyo biturebaho kandi twabonaga n’ibyo aba basaza bavuga bidashoboka none dore uko bigenze, ati gusa turi gusaba ko aya matora yasubirwamo kandi asubiwemo iki cyemezo cyahinduka.

Kuva mu muryango w’ubumwe bw’iburayi ni icyemezo gituma urubyiruko tutabona ejo hazaza h’igihugu cyacu mu ruhando mpuzamahanga kandi gishingiye k’ubuhezanguni bw’abasaza twe nk’urubyiruko tutumva impanzu zabwo”. Ariko ibi uyu musore avuga bitandukanye nibyo uyu musaza James Duddridge, umudepite mu nteko ishingamategeko y’ubwongereza akaba yari n’umuvugizi w’uyu mugambi wo gukura ubwongereza mu bumwe bw’uburayi yavuze, yagize ati:”uburyo bw’ubufasha mu iterambere buzakomera igihe cyose ubwongereza butakiri umunyamuryango w’ubumwe bw’uburayi, igihe inkunga y’iterambere ubwongereza butanga inyura muri uyu muryango ntabwo bitanga umusaruro ushimishije kandi igihagararo n’ijwi by’ubwongereza mu ruhando mpuzamahanga ntibigaragara uko byakagombye”.

Ariko ibi bivugwa na James Duddridge, siko Barack Obama Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika abibona. Mu ruzinduko rw’akazi yagiriye mu bwongereza mu kwezi kwa kane uyu mwaka Obama yagize ati: “kuva mu muryango w’ubumwe bw’uburayi k’ubwongereza byakwangiza umubano w’ubwongereza n’Amerika kandi kuba muri uyu muryango byatumaga ubwongereza bugira ijambo rikomeye muruhando mpuzamahanga (Global influence) bukanafasha inyungu za Leta zunze ubumwe z’Amerika mu burayi”

Mbere yuko tureba ingaruka iki cyemezo kizagira k’umugabane w’Afurika, reka turebe muri rusange uko ubuzima bw’ubwongereza bwari buhagaze mu bumwe bw’uburayi n’ingaruka kuvamo bizagira ku mpande zose:

Mu bucuruzi , 45% by’ibyo ubwongereza bwohereza hanze bijya mu bihugu biri mu bumwe bw’iburayi naho 53% y’ibyinjira mu bwongereza biva mu bihugu bigize ubumwe bw’iburayi, 60% y’ubucuruzi bwose bw’ubwongereza bubukorana n’ibihugu bigize ubumwe bw’uburayi kandi mu masezerano yo gusoreshwa ntabwo ibicuruzwa byavaga mu gihugu kinyamuryango byasoreshwaga nk’ibikorerwa muri icyo gihugu gutakaza ubunyamuryango k’ubwongereza bivuze ko imisoro iziyongera kubicuruzwa bizajya byinjira biturutse mu bwongereza bijya mu bumwe bw’uburayi cyangwa ibiva mu bumwe bw’uburayi bijya mu bwongereza.

Mu Ishoramari mpuzamahanga: 48% by’abashora imari mu bwongereza baturukaga mu bihugu binyamuryango by’ubumwe bw’uburayi naho 40% by’abashoramari b’abongereza bakarishora mu bihugu binyamuryango kandi ku mpande zombi abashoramari bafatwaga nk’abenegihugu, gutakaza ubunyamuryango bivuze ko abashoramari ku mpande zombi bazafatwa nk’abanyamahanga.

Muri servise z’imari, 10% z’ubwongereza zaturukaga mu bihugu binyamuryango naho 40% z’ibihugu binyamuryango zaturukaga mu bwongereza bivuzeko gutakaza ubunyamuryango bigira ingaruka zitari nziza kuri izi serivise.

Akazi, Ubwongereza n’ibindi bihugu binyamuryango bihuriye ku tuzi miliyoni eshatu bivuzeko gutakaza ubunyamuryango bizateza ubushomeri ku mpande zombi.

Mu rujya n’uruza (Migration), miliyoni imwe n’igice y’abongereza yabaga mu bihugu binyamuryango naho miliyoni eshatu z’abaturage b’ibihugu binyamuryango bakaba mu bwongereza ku mpande zombi abaturage baba bafatwa nk’abanyagihugu kuva mu gihugu kimwe ujya mu kindi nta byangombwa by’abinjira n’abasohoka bakeneraga, nta visa yo kuba mu gihugu kinyamuryango yakenerwaga bivuze ko gutakaza ubunyamuryango bizatuma abaturage b’impande zombi bafatwa nk’abanyamahanga bakakwa ibyangombwa by’abinjira n’abasohoka kandi kuba mu kindi gihugu bigasabirwa uruhushya n’ibyangombwa byihariye.

Imikino n’imyidagaduro: amakipe menshi y’iburayi yari afite itegeko rivuga ko atagomba kurenza abanyamahanga batatu ariko abibihugu binyamuryango ntibabarirwagamo ariko gutakaza ubunyamuryango bivuzeko umwongereza wese azabarwa nk’umunyamahanga.

Mu bubanyi mpuzamahanga n’amasezerano mpuzamahanga: ubwongereza bwari bufitanye umubano n’ibihugu byinshi byo ku isi ndetse n’amasezerano menshi y’ubufatanye: mu ubucuruzi, umutekano, mu butwererane n’andi menshi mpuzamahanga biciye mu muryango w’ubumwe bw’iburayi bivuze ko kuva muri uyu muryango k’ubwongereza bituma rutakaza uruhare kuri aya masezerano yose.

Abahanga mu by’ububanyi n’amahanga bavuga ko bishobora gutwara imyaka itari hasi ya makumyabiri kugira ngo ubwongereza bube businye amasezerano mpuzamahanga bwatakarije mu kuva mu muryango w’ubumwe bw’iburayi.

Ingaruka ibi bizagira ku mugabane w’Afurika

Iyo witegereje kino gihe politike mbuzamahanga cyane cyane mu mibanire y’ibihugu, ubukungu, n’umutekano, usanga itandukanye cyane n’uko yari ihagaze mu myaka nka makumyabiri ishize aho Leta Zunze ubumwe z’Amerika aricyo gihugu cyari igihangange ku isi icyo gishatse ku isi gifatanyije n’inshuti zacyo akaba aricyo gikorwa aha twafata urugero rw’uburyo Amerika yateye Iraki igakuraho Sadamu ndetse ikanamwica umuryango w’abibumbye wari wabyanze, Ingabo za OTAN zihuriweho na Amerika n’umuryango w’ubumwe bw’iburayi zateye Libiya zikica Kadafi amahanga yabyamaganye ariko ntibibabuze kubikora.

Ibi bitandukanye no muri iki gihe aho mu ruhando mpuzamahanga ibihugu byinshi bishaka kwiyerekana nk’ibihangange urugero: Uburusiya, Ubushinwa, Koreya ya ruguru ibi bituma Amerika itakivuga ngo ryijyane nka mbere aha twafata urugero rw’uburyo Amerika n’ishuti zayo zahagurukiye Al-Asad muri Siriya ariko Uburusiya bukamushingira igiti, ikibazo cya Ukraine ndetse tutibagiwe n’Icy’ Uburundi.

Ibi byerekana ko Politike mpuzamahanga yahindutse, kuba rero ubwongereza buvuye mu muryango w’ubumwe bw’iburayi kandi bwagaragaraga nk’ijwi rikomeye ry’Amerika mu riwo bivuzeko Amerika igiye gushyira imbaraga mu kubaka ubufatanye mpuzamahanga mu bihugu binyamuryango bisigaye kandi ubwongereza nabwo bugiye gushyira imbaraga mu kubaka umubano n’ubufatanye n’ibindi bihugu ku giti cyabwo butari mu mutaka w’ubumwe bw’iburayi no kwigaragaza nk’igihugu cy’igihangange ku isi kandi ku giti cyacyo.

Ariko ku rundi ruhande ibi biha Uburusiya, Ubushinwa na Koreya ya ruguru (ibihugu bitacanaga uwaka n’Amerika n’umuryango w’ubumwe bw’iburaya) gukaza umurego mu kwiyerekana mu ruhando mpuzamahanga.

Afurika ni wo mugabane ugaragara nk’urimo amahirwe menshi mu ishoramari, udafite umurongo ufatika mu bya polike mpuzamahanga, muri Demokarasi n’imiyoborere, mu kwishyira ukizana kw’abawutuye, umutekano n’ibindi. Ibi bishobora kuzatuma uyu mugabane uba ikibuga gikomeye ibi bihugu by’ibihangange bizakiniraho ku nyungu zabyo bwite n’abene gihugu babyo.

Ingaruka uru rugamba ruzagira kuri Afurika zizashingira ku mahitamo y’abayobozi bawo n’icyerekezo bazaba bahisemo mu by’ubukungu, imiyoborere, kwishyira ukizana kw’abene gihugu, umutekano n’ibindi Kuko Afurika ishobora kwisanga mu bihe by’umwijima itarebye neza.

Nk’uko bisanzwe muri politike y’abakoloni, bakoresha uburyo bwo gucamo ibice kugirango babone uko bayobora (divide and rule). Muri uru rugamba rwo guhigana ubutwari muri ibi bihugu by’ibihangange iyi ntwaro yo gucamo ibice no guteranya abanyafurika bashobora kuyubura bakayikoresha maze ibihugu by’Afurika bikisanga mu kazi ko gufana no gushyigikira ibi bihugu birwanira ubuhangange ku isi maze ubumwe bw’abanyafurika bukangirika.

Iyo urebye urujya n’uruza rw’abayobozi b’ibihugu birwanira kuba ibihangange muri Afurika:kuwa 26/06-03/7/2013 Obama muri Afurika Y’Epfo, Tanzaniya, Kenya, kuwa 04-07/7/2016 Netanyahu wa Isiraheli muri Uganda, Kenya,U Rwanda, na Etiyopiya, 09-11/07/2016 uruzinduko rwa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ubushinwa muri Mozambike,Afurika Y’Epfo,Tanzaniya, Kenya kandi uko aba basura ni nako basiga basinye amasezerano atandukanye aya masezerano ashobora gutuma habaho ubushyamirane kuri ibi bibihugu by’ibihangange, kandi ubu bushyamirane bwabyo bugashyira ibihugu by’afurika mu ntambara nk’uko byagenze mu ntambara ya mbere y’isi . ntakindi gishishikaje aba bayobozi b’ibihugu by’ibihangange uretse kugira ijambo rikomeye ku bindi bihugu cyane muri Afurika umugabane wonyine ku isi utanga icyizere cy’ubuzima bwiza, ukungahaye ku mutungo kamere n’ibindi.

Amahitamo y’abayobozi yagira afurika umugabane ukomeye:

Bitewe no kuba Afurika ariyo ihanzwe amaso kandi akaba ntagihugu twavuga ko gifite ubuhangange ijana ku ijana ku isi, aya ni amahirwe kuri yo yo guhitamo kugirana amasezerano mpuzamahanga y’ubufatanye ashingiye ku kubahana no kuzamura ubukungu n’imibereho myiza y’abayituye. Ibi byashoboka mu gihe abayobozi bahisemo: imiyoborere myiza, demokarasi, kwishyira ukizana kwa rubanda no kutigwizaho imitungo y’ibihugu ku dutsiko twabantu bake mu gihe abandi bicwa n’inzara. Bitagenze bityo ibi bihugu by’ibihangange byakwinjirira mu kababaro, ubukene, itotezwa, ruswa n’inzara mu banyafurika maze bagakubita igishirira mu ishyamba n’ubundi ryari ryumagaye maze uruhira rw’intambara z’urudaca rukagurumana muri Afurika.

-3384.jpg

Aba Perezida b’Afrika

Ariko na none ku rundi ruhande Abayobozi ba Afrika bashyize hamwe bagahitamo guha Afrika umurongo umwe kandi uhamye, byaviramo Afrika ubuhangange n’iterambere maze amahanga akatugana adusaba ubufatanye ataje kudutanya no kudukoloniza.

Shalom

Article by Jean Baptiste Tuyizere

2016-07-24
Editorial

IZINDI NKURU

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Editorial 09 Jan 2020
Bobi Wine yashyizwe  ku rutonde rw’abayobozi basaga 15 bazicwa na Museveni

Bobi Wine yashyizwe ku rutonde rw’abayobozi basaga 15 bazicwa na Museveni

Editorial 24 Oct 2018
Abantu Miliyari  bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Abantu Miliyari bakoresha YAHOO bibwe amabanga

Editorial 16 Dec 2016
Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Uganda yikanze igitero ita muri yombi ukekwaho guha inyeshyamba z’Abanyarwanda ubutaka bwo guhingaho

Editorial 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda
Mu Mahanga

U Rwanda rwungutse abapilote b’indege icyenda

Editorial 26 Jan 2016
Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura
Mu Rwanda

Visi Perezida muri Tanzania arahakana yuko yasabwe kwegura

Editorial 06 Sep 2016
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.
Amakuru

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Editorial 30 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru