• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Editorial 11 Aug 2017 ITOHOZA

Taliki ya 3 na 4 Kanama 2017 yari iminsi idasanzwe mu Rwanda nkuko byagiye bivugwa cyane hirya no hino aho abanyarwanda batuye mu bice bitandukanye by’Isi, bitabiriye igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu.

Muri iri sesengura tuzagenda tugaragaza imigendekere y’amatora, ibyavuyemo, ibyo abanyarwanda bijejwe kuzakorerwa n’abakandida ndetse n’ibyagiye bivugwa kuri aya matora haba mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

-7508.jpg
Umukandida Paul Kagame wa RPF yiyamamaza

Muri rusange Abanyarwanda 6,897,076 nibo batoye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda; 54% ni abagore naho 46% ni abagabo; muri abo bose urubyiruko rukaba ari 45%. Abanyarwanda baba mu mahanga batoye ni 44,362 batoreye mu byumba by’itora 98. Muri aya matora abantu batoreye kuri site z’itora 2,340 zigizwe n’ibyumba by’itora 16,691. Abakorerabushake bagera ku 70,675 bafashije muri aya matora yabereye hirya no hino mu gihugu.

-7511.jpg
Icyumba cy’itora cyatunganijwe mu muco nyarwanda

Taliki ya 5 Kanama 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje ko Kagame Paul umukandida wa RPF-Inkotanyi anasanzwe ayobora igihugu ari we wegukanye intsinzi ku majwi 6,650,722=98.63% akurikirwa na Philippe Mpayimana, umukandida wigenga wagize amajwi 49117= 0.73% ndetse na Frank Habineza umukandida wari uhagarariye DGPR wagize amajwi 31633=0.47%.

Tubibutse ko hari abandi bakandida 3 batasohotse ku rutonde ndakuka bakaba bataremerewe kwiyamamaza aribo: Barafinda Sekikubo Fred benshi bafataga nk’umunyarwenya washakaga kwimenyekanisha kuko nta bushobozi bwamugaragaraho; Diane Rwigara twagiye tugarukaho mu nkuru nyinshi zatambutse kuri Rushyashya zirimo kwiyandarika ndetse no gutanga muri Komisiyo y’amatora imikono y’abantu bitabye Imana ndetse na Mwenedata Gilbert wari warigeze no kwiyamamariza kuba depite muri 2013 ariko agatsindwa.

-7510.jpg
Habineza Frank wa DGPR yiyamamaza

-7509.jpg
Mpayimana Philippe umukandida wigenga yiyamamaza

Muri rusange rero amatora yarabaye hanze y’igihugu taliki ya 3 Kanama ndetse na taliki ya 4 Kanama aba mu gihugu imbere, aba mw’ituze ridasanzwe muri Afurika nkuko turi tubigarukeho twibanze ku byagiye bitangazwa n’abantu bamwe ndetse n’imiryango cyangwa ibigo bitandukanye byitabiriye amatora nk’indorerezi.

Andrew Mitchell wahoze ari Umunyamabanga wa Leta y’u Bwongereza Ushinzwe iterambere mpuzamahanga, akaza no kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko amatora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda azaba mu mucyo no mu bwisanzure. Mu kiganiro yagiranye na BBC, Mitchell yasobanuye ko kuba ubwisanzure muri politiki bwarateye imbere mu Rwanda, ari ikimenyetso ntakuka cy’uko ibizava mu matora ari amahitamo y’abaturage.

-7513.jpg
Andrew Mitchell

Indorerezi z’imiryango u Rwanda ruhuriramo n’ibindi bihugu muri aka karere zagaragaje ko amatora yabaye ku wa 4 Kanama ubwo abanyarwanda bihitiragamo uzabayobora mu myaka irindwi iri imbere, yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Taliki ya 6 Kanama nibwo indorerezi z’imiryango ya EAC, COMESA na ICGLR zatangazaga iby’ibanze babonye mu itora ryo ku wa 4 Kanama, bagahera ku migendekere y’ibikorwa byo kwiyamamaza, itora nyir’izina no kubarura amajwi.

Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yavuze ko nubwo hari ibyo babonye bikwiye kongerwamo imbaraga, amatora yagenze neza nk’uko raporo yabi ibivuga. Yagize ati “Raporo y’indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yanzuye ko amatora yabaye mu mutuzo ku buryo bujyanye n’amahame mpuzamahanga, ay’umugabane n’ay’akarere agenga amatora anyuze muri demokarasi.”

-7514.jpg
Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi za EAC

Ainaitwe Rwakajara wari uyoboye indorerezi za ICGLR zihagarariye ibihugu 13, yavuze ko abakozi ba komisiyo y’amatora bakoranye umurava, kandi bagaragaje ko bafite ubushobozi buhagije mu birebana n’amatora. Yagize ati “ICGL kandi yabonye umubare munini w’abitabiriye itora, ibyumba by’itora byari biteguye neza kandi abashinzwe umutekano babaga bari hanze aho ntabwo bigeze barogoya imigendekere y’amatora.”

Bishop Mary Nkosi wari uhagarariye indorerezi za COMESA, yavuze ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yahabwa ingengo y’imari ihagije ngo ikomeze kwigisha abaturage ibirebana n’amatora. COMESA nayo yagaragaje ko Komisiyo y’Amatora “yagaragaje ubunyamwga bwatumye amatora abasha kugenda neza.”

Taliki 7 Kanama kandi Urwego rw’igihugu cy’ u Rwanda rushinzwe imiyoborere (RGB) rwatangaje ko amatora ya Perezida yabaye mu cyumweru gishize yabaye mu mucyo no mu bwisanzure gusa runenga bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze babanje kubangamira abakandida mu minsi ya mbere yo kwiyamamaza. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RGB, Usta Kaitesi yavuze ko aho indorerezi z’urwo rwego zageze mu gihugu hose zabonye amatora yaragenze neza. Yagize ati “Ibihe byabanjirije amatora birimo no kwiyamamaza kw’abakandida bahatanaga byaranzwe n’umutuzo. Byaranzwe kandi no gusobanurira abanyarwanda uburenganzira bwabo n’ibyo basabwa gukora ngo bazabashe gutora. Nka RGB twasanze amahame ya demokarasi n’imiyoborere myiza yarubahirijwe”.

Icyakora, RGB ntiyanyuzwe n’uburyo bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bitwaye mu minsi ya mbere yo kwiyamamaza kw’abakandida. Kayitesi yavuze ko bamwe mu bayobozi ku giti cyabo babangamiye abakandida gusa ashima ko byahise bikemurwa n’inzego bireba.

Yagize ati “Mu minsi ya mbere nk’i Rubavu indorerezi zacu zari zihari aho Mpayimana yiyamamarije ubona ko yabangamiwe kandi byarakurikiranywe (ari nabyo byaviriyemo Mayor wa Rubavu gufungwa igihe gito) mu ntangiriro z’ibikorwa byo kwiyamamaza hari abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagaragaje imyitwarire yabangamiye abakandida ariko indorerezi za RGB zishima ko inzego bireba zahise zifata ingamba bigakosoka.”

Si mu Rwanda gusa hatangajwe ko amatora y’umukuru w’igihugu yakozwe mu mutuzo kuko n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi (EU) mw’itangazo washyize ahagaragara taliki ya 6 Kanama wavuze ko wakurikiraniye hafi amatora y’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda watowe ukemeza hakurikijwe amahame ya demokarasi kandi mu mutuzo usesuye.

Umuryango w’ubumwe bw’iburayi kandi wunze mu nama z’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU) gukosora utubazo tumwe na tumwe twagiye tugaragazwa haruguru. Umuryango w’ubumwe bw’uburayi kandi wasoje itangazo ryawo uvuga ko witeguye gufatanya n’u Rwanda mu migabo n’imigambi yarwo.

Amatora mu Rwanda kandi ntabwo yagiye avugwaho rumwe na bamwe mu barwanya igihugu, barangajwe imbere n’abanyarwanda bahunze igihugu batajya bazuyaza kukivuga nabi nubwo cyakora neza, aha twavuga nka Himbara David, Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi b’abanyamahanga nka Filip Reyntens, umubiligi wahoze akorana bya bugufi na Habyarimana Juvenal wayoboraga u Rwanda, aho yakoranaga cyane muri rusange n’inzego zitandukanye z’ubutegetsi bw’icyo gihe. Tubibutse ko uyu mubiligi yagize uruhare rukomeye mu itegurwa ry’Itegeko Nshinga ryakoreshwaga ku ngoma ya Habyarimana ryari ryuzuyemo ivangura ry’amoko n’uturere.

Turabararikira gusoma Igice cya 2 tugiye gusohora kw’isesengura ry’amatora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda…

Ubwanditsi

2017-08-11
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Editorial 02 Feb 2017
Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija

Fatima-Portugal: Habaye umuhango wo gusezera kuri Kigeli V, ikimenyetso cy’Ubugambanyi bwa Benzinge na Bushayija

Editorial 16 Jan 2017
Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Igitero cya kabiri  cy’iterabwoba ku modoka ya Volcano muri Uganda, Polisi yicyo gihugu yirengagije ikibazo abagenzi bayibwiye ibyababayeho

Editorial 11 Oct 2019
Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubufaransa ntaho buzahungira uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 30 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038
Mu Rwanda

Ku nshuro ya 14 Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 1038

Editorial 08 Dec 2017
Komisiyo y’Amatora yakiriye kandidatire ya Dr Frank Habineza
POLITIKI

Komisiyo y’Amatora yakiriye kandidatire ya Dr Frank Habineza

Editorial 12 Jun 2017
Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021
Amakuru

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Editorial 13 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru