• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryafashe amakarito arenga 600 y’inzoga zidasorewe

Editorial 02 Mar 2017 Mu Rwanda

Ku bufatanye bw’Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu (Revenue Protection Unit -RPU), n’Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahooro (Rwanda Revenue Authority -RRA), hafashwe amakarito arenga 600 arimo inzoga za divayi na Whisky z’ubwoko butandukanye z’umucuruzi uzwi mu mujyi wa Kigali witwa Nkusi Godfrey, ubwo zasohokaga mu bubiko bw’ibigega bikuru by’u Rwanda (Magasins Generaux du Rwanda-MAGERWA) zidakorewe imenyekanisha, hagamijwe kunyereza imisoro.

Izi nzoga ziri mu bwoko butandukanye bugera kuri 11 zafashwe kuwa kabiri tariki ya 28 Gashyantare 2017, zirimo Black Label, Red label, Martin, Sheridan’, Moet & Chandon, na Mouton Cadet.

Izindi ni KWV (Merlot), Courvoisie, Cinzano, B&G, Smirnoff na Dragon’s Back.

Komiseri wa za Gasutamo mu kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro (RRA) Tugirumuremyi Raphael, yavuze ko aya makarito arenga 600 yagombaga gusora miliyoni zisaga 70 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yavuze ati:”Turacyakora iperereza ngo turebe niba mu mamenyekanisha yatambutse ibibazo nk’ibi bitaragiye bibamo, ku buryo imisoro yanyerejwe ishobora kwiyongera, ndetse ngo tunamenye uruhare rwa buri muntu, urw’umucuruzi, urw’ababika ibicuruzwa, urw’abunganira abacuruzi mu gukora imenyekanisha, tukareba impamvu izo mpapuro z’imenyekanisha batazirebye neza, ariko tukanareba niba n’abakozi bacu bashinzwe gukora igenzura nta ruhare baba babifitemo.”

Yavuze kandi ati:”Dufatanyije na Polisi y’u Rwanda, twongereye imikwabu yo gufata abashaka kunyereza imisoro n’abinjiza ibicuruzwa mu buryo bwa magendu, ariko biragaragara ko ibikorwa nk’ibi bimaze kugabanuka.”

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu (Revenue Protection Unit -RPU), Chief Superintendent of Police (CSP) Sam Bugingo, yavuze ko ubwo Nkusi yari ari ku cyambu cya Dar es Salaam muri Tanzaniya aho ibi bicuruzwa bye byinjiriye mu Rwanda, yamenyekanishije ko yinjije amakarito 1245.

Yavuze ati;”Mu gihe uyu mucuruzi yakuraga ibicuruzwa bye muri Magerwa, yamenyekanishije kandi asorera amakarito 600 gusa, ibi twaje kubimenya nyuma yaho gato amaze kubisohoramo, duhawe amakuru n’umuntu wari ubizi neza, nibwo twakurikiye imodoka yari ibijyanye mu bubiko bwe, dukora igenzura ryimbitse, muri iryo genzura nibwo twasanze koko aya makarito yandi arenga 645 atayakoreye imenyekanisha, duhita tuyafata.”

Ingingo ya 369 yo mu gitabo gihana ibyaha mu Rwanda ivuga ko iyo umusoreshwa yanyereje umusoro abigambiriye, nko gukoresha ibaruramari rikosheje, impapuro z’impimbano cyangwa ikindi gikorwa gisanzwe gihanwa n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu ihwanye n’umusoro yanyereje.

CSP Bugingo yavuze kandi ati:”Kubera ubukangurambaga n’ubufatanye n’abaturage, iyo hari ibikorwa byo kunyereza imisoro cyangwa ibya magendu bibaye, abaturage bahita babitumenyesha, bakanatubwira inzira izi magendu zinyuzemo, kandi tugakora imikwabu amasaha 24 kuri 24, iminsi 7 kuri 7 ibi bikorwa byose bikaduha amakuru afatika atuma imikwabu yacu ibyara umusaruro.”

RNP

2017-03-02
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Editorial 17 May 2017
Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo  ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Editorial 10 May 2017
Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Ikipe ya APR FC yatangaje ko umukinnyi wayo Niyonzima Olivier uzwi nka Sefu atirukanywe.

Editorial 13 Jun 2021
Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Editorial 21 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe
Mu Mahanga

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Editorial 07 Apr 2016
Nyamasheke: Abakandida-Depite Ba FPR/Inkotanyi Bahawe Umukoro Mbere Yo Kwizezwa Amajwi
Mu Rwanda

Nyamasheke: Abakandida-Depite Ba FPR/Inkotanyi Bahawe Umukoro Mbere Yo Kwizezwa Amajwi

Editorial 17 Aug 2018
Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora
Mu Mahanga

Ikipe ya Polisi ya Handball yatsinze Polytechnique Kibogora

Editorial 20 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru