• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Ubwanditsi 24 Jun 2016 Mu Mahanga

Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, ejo ryateguye ku nshuro ya 3 ibiganiro byihariye ku mahoro, umutekano n’ubutabera, abayobozi bakuru muri Leta y’u Rwanda, impuguke, abashakashatsi n’abarimu ba za Kaminuza bakaba barabyitabiriye baganirira hamwe uko bakumira ibyaha bibangamira umutekano.

Ibi biganiro byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda, biri muri gahunda ihabwa icyiciro cya 4 cy’abapolisi bakuru 31 baturuka mu bihugu 10 bya Afurika biga ibijyanye n’ubuyobozi muri iryo shuri, bikaba byarateguwe mu gihe bitegura gusoza amasomo yabo.

Ibihugu baturukamo ni Burundi, Ethiopiya, Gambiya, Kenya, Namibiya, Sudani y’Epfo, Tanzaniya, Uganda, Zambiya n’u Rwanda.

Ibi biganiro byateguwe mu rwego rwo kongerera ubumenyi aba bapolisi bakuru ku bibazo bibangamira amahoro, umutekano n’amahoro bagahabwa ubunararibonye n’aba bashakashatsi, abafata ibyemezo bya Politiki n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu zijyanye n’umutekano n’ubutabera.

Insanganyamatsiko y’ibi biganiro ikaba ari:” kurwanya ibyaha bibangamira umutekano: Kongera gutekereza ku ngamba zo kubirwanya.”

Mu batanze ibiganiro harimo Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe, Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye, n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana.

Harimo kandi Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere Prof. Shyaka Anastase watanze ikiganiro ku miyoborere myiza nk’inkingi y’umutekano urambye, Dr. Ochieng Kamudhayi wo muri Kaminuza ya Nairobi, watanze ikiganiro ku mahoro n’amakimbirane arangwa muri Afurika, Stephen Anthony Rodriques , uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe gutsura amajyambere (UNDP) watanze ikiganiro kubibazo umuryango w’abibumbye uhura nabyo mu kubaka amahoro nyuma y’amakimbirane, na Rwego Francis intumwa idasanzwe ya Polisi mpuzamahanga mu muryango w’ubumwe bwa Afurika watanze ikiganiro ku ikorwa ry’ibyaha muri iki gihe isi yabaye nk’umudugudu.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana, wafunguye ku mugaragaro ibi biganiro by’umunsi umwe, yavuze ko ibiganiro nk’ibi ari uburyo bwo kurwanya ibyaha bigaragara mu karere karangwamo umutekano mucye, iterabwoba n’ibindi byaha ndengamipaka bihungabanya umutekano wa kimwe mu bihugu bikagize.

Yavuze ati:”Birumvikana ko kugirango duhangane n’ibyaha bidasanzwe bigenda bivuka, abapolisi nabo basabwa kugira ubumenyi bwisumbuye ubw’ababikora, bakumva neza ibibazo by’umutekano mu bihugu byabo, mu karere no ku isi muri rusange.”

Minisitiri Kabarebe wavuze k’ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika, yavuze ko ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika kwahinduye isura kurusha ubukoloni, bitewe n’uko isi yabaye nk’umudugudu.

Yagize ati:”Ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika byaroroshye cyane bitewe n’uko bamwe mu Banyafurika bishyira mu maboko y’abanyamahanga nk’ibikoresho byabo, nk’ubu ibirego by’amahanga bishinja u Rwanda, biba bigamije guteza imbere inyungu z’Amerika n’Uburayi.”

Mu kiganiro Minisitiri w’ubutabera yatanze yavuze ati:”Nitugumana ya mikorere ya gakondo ngo yo kutamena ibanga ry’ubunyamwuga ku mikotrere y’inzego zacu z’umutekano, tuzaba duha icyuho ibyaha bikorerwa ku isi.”

IGP Gasana, yavuze ko abanyafurika bakwiye kugira umuco wo kwikemurira ibibazo by’umutekano, bakoresha ubufatanye no guhanahana amakuru y’icyawuhungabanya.
Yagize ati:”Muri iyi minsi turimo, ibyaha birakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Ibyaha nk’ibi kandi bigira ingaruka ku mutekano, iterambere ry’abaturage n’iry’ubukungu, niyo mpamvu tugomba gukorera hamwe nk’abagize akarere mu guhangana n’ibi byaha.”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Louis Mushikiwabo, wafashe ijambo mu gusoza ibi biganiro, yavuze ko ibyaha bibangamira umutekano muri iki kinyejana cya 21 bikura vuba kandi kubitahura bikaba bitoroshye.

Yagize ati;”Ibi bivuze ko twese tugomba kwitegura guhangana n’ibyaha nkibyo bitungurana.”
Yakomeje agira ati;”Nishimiye ko mubyo mwaganiriyeho harimo ibibazo bibangamiye umutekano…Ibi rwose byari ngombwa. Gukorera hamwe ni ngombwa cyane muri gahunda zo kubungabunga umutekano. Tugomba kumvisha abaturage kwirinda kwishora mu byaha dukoresheje ubufatanye mpuzamahanga.”

-3052.jpg

-3053.jpg

-3051.jpg

-3054.jpg

-3055.jpg

-3056.jpg

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi (CP) Felix Namuhoranye yavuze ko mu mwaka aba banyeshuri bamaze bahawe amasomo atandukanye, ubumenyi bwisumbuye burimo ubwo baboneye mu ngendoshuri bakoreye hano mu Rwanda no mu mahanga n’ibindi biganiro bifite insanganyamatsiko zitandukanye bagiye bahabwa.

RNP

2016-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’Abayisilamu rwo muri Kicukiro gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’Abayisilamu rwo muri Kicukiro gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 06 Jul 2016
Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Nyagatare : Barishimira umusaruro w’ubukangurambaga mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Impunzi z’Abanye –Congo mu Rwanda zigaragambije zisohoka inkambi ikivunge

Ubwanditsi 20 Feb 2018
Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye
Amakuru

Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye

Ubwanditsi 30 Jan 2021
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi
HIRYA NO HINO

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru