• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda(NPC) ryateguye ku nshuro ya3 ibiganiro ku guhangana n’ibyaha bibangamiye umutekano

Ubwanditsi 24 Jun 2016 Mu Mahanga

Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda, ejo ryateguye ku nshuro ya 3 ibiganiro byihariye ku mahoro, umutekano n’ubutabera, abayobozi bakuru muri Leta y’u Rwanda, impuguke, abashakashatsi n’abarimu ba za Kaminuza bakaba barabyitabiriye baganirira hamwe uko bakumira ibyaha bibangamira umutekano.

Ibi biganiro byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda, biri muri gahunda ihabwa icyiciro cya 4 cy’abapolisi bakuru 31 baturuka mu bihugu 10 bya Afurika biga ibijyanye n’ubuyobozi muri iryo shuri, bikaba byarateguwe mu gihe bitegura gusoza amasomo yabo.

Ibihugu baturukamo ni Burundi, Ethiopiya, Gambiya, Kenya, Namibiya, Sudani y’Epfo, Tanzaniya, Uganda, Zambiya n’u Rwanda.

Ibi biganiro byateguwe mu rwego rwo kongerera ubumenyi aba bapolisi bakuru ku bibazo bibangamira amahoro, umutekano n’amahoro bagahabwa ubunararibonye n’aba bashakashatsi, abafata ibyemezo bya Politiki n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu zijyanye n’umutekano n’ubutabera.

Insanganyamatsiko y’ibi biganiro ikaba ari:” kurwanya ibyaha bibangamira umutekano: Kongera gutekereza ku ngamba zo kubirwanya.”

Mu batanze ibiganiro harimo Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe, Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye, n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana.

Harimo kandi Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere Prof. Shyaka Anastase watanze ikiganiro ku miyoborere myiza nk’inkingi y’umutekano urambye, Dr. Ochieng Kamudhayi wo muri Kaminuza ya Nairobi, watanze ikiganiro ku mahoro n’amakimbirane arangwa muri Afurika, Stephen Anthony Rodriques , uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe gutsura amajyambere (UNDP) watanze ikiganiro kubibazo umuryango w’abibumbye uhura nabyo mu kubaka amahoro nyuma y’amakimbirane, na Rwego Francis intumwa idasanzwe ya Polisi mpuzamahanga mu muryango w’ubumwe bwa Afurika watanze ikiganiro ku ikorwa ry’ibyaha muri iki gihe isi yabaye nk’umudugudu.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana, wafunguye ku mugaragaro ibi biganiro by’umunsi umwe, yavuze ko ibiganiro nk’ibi ari uburyo bwo kurwanya ibyaha bigaragara mu karere karangwamo umutekano mucye, iterabwoba n’ibindi byaha ndengamipaka bihungabanya umutekano wa kimwe mu bihugu bikagize.

Yavuze ati:”Birumvikana ko kugirango duhangane n’ibyaha bidasanzwe bigenda bivuka, abapolisi nabo basabwa kugira ubumenyi bwisumbuye ubw’ababikora, bakumva neza ibibazo by’umutekano mu bihugu byabo, mu karere no ku isi muri rusange.”

Minisitiri Kabarebe wavuze k’ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika, yavuze ko ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika kwahinduye isura kurusha ubukoloni, bitewe n’uko isi yabaye nk’umudugudu.

Yagize ati:”Ukwivanga kw’amahanga mu busugire bw’Afurika byaroroshye cyane bitewe n’uko bamwe mu Banyafurika bishyira mu maboko y’abanyamahanga nk’ibikoresho byabo, nk’ubu ibirego by’amahanga bishinja u Rwanda, biba bigamije guteza imbere inyungu z’Amerika n’Uburayi.”

Mu kiganiro Minisitiri w’ubutabera yatanze yavuze ati:”Nitugumana ya mikorere ya gakondo ngo yo kutamena ibanga ry’ubunyamwuga ku mikotrere y’inzego zacu z’umutekano, tuzaba duha icyuho ibyaha bikorerwa ku isi.”

IGP Gasana, yavuze ko abanyafurika bakwiye kugira umuco wo kwikemurira ibibazo by’umutekano, bakoresha ubufatanye no guhanahana amakuru y’icyawuhungabanya.
Yagize ati:”Muri iyi minsi turimo, ibyaha birakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga. Ibyaha nk’ibi kandi bigira ingaruka ku mutekano, iterambere ry’abaturage n’iry’ubukungu, niyo mpamvu tugomba gukorera hamwe nk’abagize akarere mu guhangana n’ibi byaha.”

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Louis Mushikiwabo, wafashe ijambo mu gusoza ibi biganiro, yavuze ko ibyaha bibangamira umutekano muri iki kinyejana cya 21 bikura vuba kandi kubitahura bikaba bitoroshye.

Yagize ati;”Ibi bivuze ko twese tugomba kwitegura guhangana n’ibyaha nkibyo bitungurana.”
Yakomeje agira ati;”Nishimiye ko mubyo mwaganiriyeho harimo ibibazo bibangamiye umutekano…Ibi rwose byari ngombwa. Gukorera hamwe ni ngombwa cyane muri gahunda zo kubungabunga umutekano. Tugomba kumvisha abaturage kwirinda kwishora mu byaha dukoresheje ubufatanye mpuzamahanga.”

-3052.jpg

-3053.jpg

-3051.jpg

-3054.jpg

-3055.jpg

-3056.jpg

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi (CP) Felix Namuhoranye yavuze ko mu mwaka aba banyeshuri bamaze bahawe amasomo atandukanye, ubumenyi bwisumbuye burimo ubwo baboneye mu ngendoshuri bakoreye hano mu Rwanda no mu mahanga n’ibindi biganiro bifite insanganyamatsiko zitandukanye bagiye bahabwa.

RNP

2016-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5

Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Faustin Twagiramungu ahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga, Ngo ni “Bihemu”udatinya gusebya aho nyina yamuhereye ibere!

Ubwanditsi 20 Jul 2022
Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage  kubyaza umusaruro ibikorwa bya  Ekocenter bagejejweho

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Ubwanditsi 13 Jun 2016
Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Umujenosideri Twahirwa yakatiwe burundu, Basabose Pierre baburaniraga hamwe ajyanwa ku gahato mu kigo kivura indwara zo mu mutwe.

Ubwanditsi 22 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa
Amakuru

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Ubwanditsi 31 Aug 2020
Muzunga iri kubyinisha amashyaka yo hanze arwanya ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda
ITOHOZA

Muzunga iri kubyinisha amashyaka yo hanze arwanya ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Aug 2016
NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira
ITOHOZA

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

Ubwanditsi 09 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru