• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Isomo kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Isomo kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Ubwanditsi 11 May 2017 HIRYA NO HINO

Mfite imyaka 25 y’amavuko ubu ntuye mu gihugu cy’ubuholandi. Nize muri
kaminuza nkuru y’u Rwanda. Nakundanye n’umusore wigaga imbere yanjye muri kaminuza, aza kurangiza amashuri ahita abona akazi kamuhembaga umushahara mwiza.

Uwo musore yakomeje kunyitaho, muri weekend akansura kwishuri akansohokana akampa nibyo nabaga nkeneye byose nk’umunyeshuri.

Byagezaho ajya no kunyerekana mumuryango we. Amashuri naje kuyarangiza mbura akazi ariko wa musore dukomeza gukundana cyane akampa ibyangombwa byose nabaga nkeneye nk’umushomeri. Kubera yari amaze kumenyana n’abantu benshi
bakomeye bitewe n’akazi yari afite yaje kunteretera ikiraka muri ONG
yakoreraga mu nkambi z’impunzi z’abanyekongo zomu Rwanda.

Ikiraka cyampembaga umushahara mwiza cyane kuburyo
numvaga igikurikiyeho ari ugupanga ubukwe! Muri iyo ONG nahuriyeyo n’umusaza w’umuzungu ukomoka mu gihugu cy’ubuholandi yari afite imyaka 52! Atangira kunyiyegereza cyane akajya ansaba kumuba hafi ku bijyanye n’ururimi kuko nta Kinyarwanda na mba yari azi kandi agomba gukorana n’abantu bavuga i Kinyarwanda.

Buhoro buhoro ibyo gusemura ururimi mu kazi byaje gutangira guhinduka ko ngomba no kujya njya kumusemurira aho agiye hose; haba mu gutembera muri za pariki z’ibirunga n’akagera yaba mu gutembera ku mazi kibuye na Gisenyi,
hose nagombaga ku muba hafi ngasemura nyine! Kubera kumarana
nawe igihe yaba mu kazi ndetse no mu buzima busanzwe ibyari
ugusemura byaje guhindukamo urukundo, atangira kumbwira ngo
nimwemerere kumubera umugore azantwara iwabo i Burayi (Namwe
murabizi ukuntu abakobwa dukunda abazungu noneho hakwiyongeraho
kujya i Burayi bikaba ibindi!) Sinitaye ku myaka y’uwo muzungu, yemwe
sinitaye no ku bukwe niteguraga gukorana n’umukunzi wanjye; ahubwo nahise ntangira kwitekerereza i Burayi, ariko nsaba umuzungu ko tuzabanza gusezeranira inaha mu Rwanda ahita abyemera atazuyaje.

-6545.jpg
Umusore twakundanaga ubwo yari ataramenya uko byagenze yari aziko
ari ibisanzwe ndetse n’imyiteguro y’ubukwe yari ayigeze kure. Ubwo
naramuhamagaye kuri phone mubwira mu magambo macye cyane nti “ ibyo
kurushingana nawe nabishingutsemo, kandi ntumbaze byinshi!” mpita nkupa ndetse mpindura na numero. Ubwo twariyandikishije mu murengedusezerana imbere y’amategeko n’uwo muzungu.

Kuko Contract y’uwo muholandi yari irangiye muri iyo ONG, nyuma y’umwaka umwe yahise antwara iwabo i Burayi. Ngezeyo rero niho natangiye guhura n’ubuzima
mwumve ngo ubuzima!!! Namaze kuhagera nsanga wa muzungu afite
abana 2 b’abakobwa banduta kandi yari yarambwiye ngo ntiyigeze
ashaka, ndetse anafite umugore uretse ko bari barakoze divorce.

Guhera ubwo natangiye gufatwa nabi, umuzungu akazana abandi bazungukazi munzu bagasambanira imbere yanjye! Agezaho anyirukana munzu anshyira mu kazu kameze nk’aka annexe kari iruhande rwa garage y’imodoka ze! Ni birebire sinabona uko mbabwira ubuzima mbayeho. Ubu ndushwa agaciro n’imbwa ye kuko ntemerewe no kuyikoraho! Abana be bo ntibaba muri urwo rugo ariko iyo baje baba banyita inguge.

Ikintu kimbabaza kikanshengura umutima nukuntu iwacu bazi ko nakize nabaye umuzungu, iyo nsomye message baba banyandikira bansaba ubufasha ngo inzu yenda kubagwaho ningire icyo nkora, nakwibuka ukuntu ntashobora no kubona n’amafaranga yo kugura na cotex nkumva mbaye nk’umusazi. Ubu bishyizemo ko nabaye umwirasi ko ntacyo mbamariye. Ikindi cyansatuye umutima ni amafoto y’uwahoze ari umukunzi wanjye nabonye kuri facebook yakoze ubukwe, akeye, aseka, aberewe n’umugeni we mwiza.

Iyo ntekereje kandi ko ntashobora no kubona na ticket y’indege yo kungarura mu Rwanda nkongera nkatekereza ko niyo nayibona ko ikimwaro cyo kugaruka iwacu ntashobora kukihanganira, mpita numva niyanze wese. Nguwo rero umuvumo, nsigaye numva ndi ikivume ku Mana. Ntiwibagirwe gukora like kuri Page na share
Kugirango nabandi basome iyinkuru!

2017-05-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Abo kwa Rusesabagina barakataje mu ikinamico. Niba atagaburirwa, ntahabwe amazi yo kunywa nk’uko babivuga, atunzwe n’umwuka wera?

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Yerusalemu: Abagera kuri 52 bamaze kugwa mu myigaragambyo yakuruwe na Amerika yimuye ambasade yayo

Yerusalemu: Abagera kuri 52 bamaze kugwa mu myigaragambyo yakuruwe na Amerika yimuye ambasade yayo

Ubwanditsi 15 May 2018
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

Ubwanditsi 20 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo
POLITIKI

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo
Amakuru

Nyuma y’ibyumweru bitatu byari bishize agize imvune, Ruboneka Bosco ukinira APR FC yatangiye imyitozo

Ubwanditsi 27 Sep 2021
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano
Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru arakangurira abaturage gufatanya kubungabunga umutekano

Ubwanditsi 03 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru