• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Editorial 10 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Amakuru urubuga Virungapost rufite avuga ko Itorero Agape rya Pasiteri Deo Nyirigira ryahindutse ikigo cy’ibikorwa by’ibanga bya RNC mu burengerazuba bwa Uganda, aho iyobokamana rikoreshwa mu guhishira ibikorwa by’ubukangurambaga byo gushaka abayoboke b’iri shyaka rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda rikuriwe na Kayumba Nyamwasa wahoze mu ngabo z’u Rwanda.

Iri torero ngo akaba ari rimwe mu duserire (cells) twa RNC dukorera mu mwidegembyo muri Uganda rigakoreshwa mu gushaka abayoboke b’iri shyaka u Rwanda rufata nk’umutwe w’iterabwoba rihagarikiwe n’umukuru w’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Abel Kandiho.

Amakuru yizewe agera kuri uru rubuga dukesha iyi nkuru avuga ko iri torero rya Pasiteri Deo Nyiligira ridakoreshwa mu gushaka abayoboke ba RNC gusa ahubwo ari naryo ripangirwamo ibikorwa by’ibanga byose bya RNC mu burengerazuba bwa Uganda.

Abatangabuhamya bavuganye n’uru rubuga bakaba bemeza ko abayoboke ba RNC bahunze mu Rwanda bahurira muri iri torero bitwaje amasengesho bagategura amalisiti y’urubyiruko rw’Abanyarwanda binjizwa mu bikorwa bya kinyeshyamba ariko hakanagaragazwa urutonde rw’Abanyarwanda babangamiye gahunda ya RNC.

Nk’uko umwe mu bayoboke b’iri torero yabitangaje, ngo abo Banyarwanda bafatwa nk’ababangamiye gahunda za RNC bakunze kwitwa intasi za Guverinoma y’u Rwanda bikabaviramo gukurikiranwa n’urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda (CMI) bagatabwa muri yombi bagakorerwa iyicarubozo.

Umwe mu banyarwanda baherutse gutabwa muri yombi kubera izi mpamvu ni Emmanuel Cyemayire, umucuruzi muri Mbarara washimuswe kuwa 04 Mutarama n’abakozi ba CMI. Kugeza ubu ntihazwi aho aherereye.

Aka gatsiko ka RNC muri iri torero kandi ngo ntigashaka abayoboke cyangwa ngo gategure ishimuta gusa, ahubwo kanafatanya na CMI mu kujyana abemeye mu nkambi z’imyitozo ya gisirikare nk’uko byagaragaye ubwo abagera kuri 43 bafatwaga bajyanywe I Minembwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bashaka kunyura I Burundi.

Iyi nkuru ikaba yibutsa ko muri iri torero rya Agape ari naho Dr Ruvuma, uzwiho kuba umukangurambaga wa RNC muri Mbarara, yafatiwe nyuma akarekurwa ku gitutu cya CMi. Kuva icyo gihe yarekurwa uyu Dr Ruvuma ngo akaba akomeje gukorera mu bwisanzure RNC.

Abandi bayoboke ba RNC bivugwa ko bakunze kuba bari muri iri torero barimo uwitwa Charles Sande (alias Robert Mugisha) na Mwizerwa Felix (umuhungu wa Past. Nyirigira). Mwizerwa na Dr Ruvuma bakaba ari bamwe mu bari baherekeje Abanyarwanda 43 bafatiwe ku mupaka wa Kikagati ariko bakaba barahise bacika bakibona igipolisi cya Uganda kije guta muri yombi iri tsinda.

Mu mezi abiri ashize, ngo Itorero Agape ryakunze kwigaragaza mu bikorwa byo kubeshyera Abanyarwanda b’inzirakarengane bigatuma batabwa muri yombi.

Bivugwa ko uyu Pasiteri Deo Nyirigira yahunze ubutabera mu Rwanda mu 2000 nyuma y’aho abayoboke b’Itorero Agape I Kigali bamuregeye bamushinja kubambura amafaranga ndetse no kuba yarakoreshaga itorero mu nyungu ze atitaye ku nyungu z’abayoboke baryo. Ndetse ngo no muri Mbarara abayoboke b’iri torero bamureze ibirego nk’ibi ariko kubera ukuntu akorana bya hafi na CMI ntiyakurikiranwa.

Biravugwa kandi ko umuhuzabikorwa wa RNC muri Uganda ari uwitwa Rugema Kayumba, mubyara wa Kayumba Nyamwasa, akaba afatanya na Cpl Mulindwa bakunda kwita Mukombozi ukorera CMI bombi bakaba bakorana bya hafi n’umukuru wa CMI, Brig. Abel Kandiho.

Ibikorwa byo kujujubya Abanyarwanda no kubakorera iyicarubozo ngo bikaba binagirwamo uruhare na minisitiri w’umutekano wa Uganda, Lt. Gen. Henry Tumukunde bivugwa ko akoreshwa no kurwanya u Rwanda.

 

2018-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Ministiri w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa arasabwa kwegura kubera ruswa

Uganda: Ministiri w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa arasabwa kwegura kubera ruswa

Editorial 23 Nov 2017
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Editorial 18 Apr 2025
Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Editorial 29 Mar 2019
CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Editorial 12 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.
Amakuru

Umutekamutwe Kasinge Nadine yongeye gutuburira abamukurikira bujiji.

Editorial 26 Nov 2023
Kamonyi: Abanyeshuri b’ishuri ribanza rya Gihinga bigishijwe uburyo bwo kugenda mu muhanda
Mu Mahanga

Kamonyi: Abanyeshuri b’ishuri ribanza rya Gihinga bigishijwe uburyo bwo kugenda mu muhanda

Editorial 15 Feb 2016
Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.
Amakuru

Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Editorial 05 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru