• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Itsinda riyobowe na Kagame rirajya muri Kongo vuba

Itsinda riyobowe na Kagame rirajya muri Kongo vuba

Editorial 18 Jan 2019 POLITIKI

Itsinda ry’abayobozi bakuru b’ibihugu muri Afurika, ab’imiryango itandukanye ihuza ibihugu, umuyobozi wa komisiyo y’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, bayobowe na Perezida Kagame barasabwa kwerekeza muri Congo vuba na bwangu, ngo bavugane n’impande zihanganye hagamijwe gushaka umuti w’ibibazo byo kutumvikana ku byavuye mu matora.

Ibi ni ibigaragara mu myanzuro y’inama yatumijwe n’umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, akaba na perezida w’u Rwanda Paul Kagame, inama yabaye kuri uyu wa kane tariki 17 Mutarama 2019 i Addis Ababa muri Etiyopiya ku kicaro cy’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Ni inama yitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Perezida Kagame wanayiyoboye, abakuru b’ibihugu na za guverinoma batandukanye, abayobozi ba ICGLR ariyo nama Mpuzamahanga igamije kwimakaza amahoro mu karere k’ibiyaga bigari, ab’umuryango w’iterambere ry’ibihugu byo mu majyepfo y’Afurika (SADC), abakuriye imiryango nka ECCAS, ECOWAS, IGAD, EAC, n’abandi, ibihugu bihagarariye Afurika mu muryango w’Abibumbye n’abandi ngo barebe uko ibintu bimeze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’icyakorwa.

Iki gitekerezo ni kimwe mu bigaragaza ubushake mu gufatanya, hagamijwe kutanga umusanzu ngo ibibazo byakurikiye itangazwa ry’amajwi mu buryo bw’ agateganyo, mu matoro y’umukuru w’igihugu muri Kongo birangire neza.

Nyuma yo kugaragarizwa uko ibintu bimeze n’uwungirije minisitiri w’intebe akaba na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ndetse no kubigaragarizwa n’imiryango iki guhugu kibarizwamo nka ICGLR, SADC n’indi, hafashwe imyanzuro ikurikira.

Abakuru b’ibihugu bavuze ko bikiruhije ko Abanyekongo bakwemera ibyavuye mu matora by’agateganyo nk’uko byatangajwe na komisiyo y’amatora.

Abakuru b’ibihugu n’aba za guverinoma, basabye ko ibyo gutangaza ibyavuye mu matora ku buryo bwa burundu byaba bihagaze.

Abakuru b’ibihugu bemeranyijwe ko vuba cyane muri Kongo hoherezwa intumwa zigizwe n’umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika akaba na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, n’abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma, ndetse n’uyoboye komisiyo y’Ubumwe bw’Afurika, kugirango baganire n’impande zitandukanye muri Kongo, hagamiwe kureba ko haboneka uko igihugu cyasohoka mu bibazo byakurikiye itangazwa ry’amajwi mu buryobw’agateganyo.

Inama yasabye ko impande soze bireba muri Kongo zazaganira neza n’intumwa z’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika ku neza y’igihugu ndetse n’abagituye. 
Inama yashimye kandi ubushake bw’Ubumwe bw’Afurika mu gukomeza guherekeza abaturage ba Kongo muri ibi bihe bitoroshye barimo.

Yanashimye kandi umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika uburyo yafashe iyambere agategura iyi nama. Bashimiye kandi komisiyo y’uyu muryango ndetse na Etiyopiya mu ruhare rwabo ngo iyi nama igere ku ntego zayo.

2019-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

“U Rwanda ntirukwiye guhakwa n’umugaragu n’amateka” – Senateri Destexhe

Editorial 20 Feb 2025
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 10 Mar 2020
Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya

Sena yatangaje ibyavuye mu bushakashatsi ku ihakana n’ipfobya bya jenoside bibera mu mahanga n’ingamba zo kubirwanya

Editorial 04 Oct 2019
Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya

Trump yongeye kuvugwaho kwivanga mu iperereza ku kibazo cy’u Burusiya

Editorial 08 Mar 2018

3 Ibitekerezo

  1. Emmy
    January 18, 201910:19 am -

    Iyi comission ningirakamaro kandi irizewe gusa abanye Congo bumve ko bagomba kubaho mu mahoro ntibazayinanize ngo bategereje abazungu ngo akimuhana kaza imvura ihise kandi umubanyi niwe muryango.
    AFRICA Oyeeeeeeeeeeeeee.

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    January 19, 201911:08 am -

    Abanyekongo ntibibagiwe isano lya Kabila n’Urwanda! Ese Urwanda nta ruhare na ruto rufite muri biriya bibazo? Kuki se rutifata maze ngo abadafite aho babogamiye abe aribo baba abahuza?

    Subiza
    • Sunday
      January 20, 20193:47 pm -

      Iyo abanyekongo babonye Kagome amabere arikora. SADAC yakubise Kagome .yemeye Tsekedi nka presida wa DRC. Umutima wa Kagome urakubita cyane.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya
Amakuru

Kiyovu SC yakuye Alain Adré Landeut ku mwanya w’umutoza mukuru ahabwa izindi nshingano, haritegurwa kwakira umutoza mushya

Editorial 06 Dec 2022
Nyuma yo gukomorerwa, Itorero Inganzo Ngari yateguye igitaramo cyo gususurutsa abakunzi ba gakondo
Amakuru

Nyuma yo gukomorerwa, Itorero Inganzo Ngari yateguye igitaramo cyo gususurutsa abakunzi ba gakondo

Editorial 09 Sep 2021
Batatu batawe muri yombi  bagerageza guha Ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Batatu batawe muri yombi bagerageza guha Ruswa abapolisi

Editorial 27 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru