• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Itsinda riyobowe na Kagame rirajya muri Kongo vuba

Itsinda riyobowe na Kagame rirajya muri Kongo vuba

Editorial 18 Jan 2019 POLITIKI

Itsinda ry’abayobozi bakuru b’ibihugu muri Afurika, ab’imiryango itandukanye ihuza ibihugu, umuyobozi wa komisiyo y’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, bayobowe na Perezida Kagame barasabwa kwerekeza muri Congo vuba na bwangu, ngo bavugane n’impande zihanganye hagamijwe gushaka umuti w’ibibazo byo kutumvikana ku byavuye mu matora.

Ibi ni ibigaragara mu myanzuro y’inama yatumijwe n’umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, akaba na perezida w’u Rwanda Paul Kagame, inama yabaye kuri uyu wa kane tariki 17 Mutarama 2019 i Addis Ababa muri Etiyopiya ku kicaro cy’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Ni inama yitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Perezida Kagame wanayiyoboye, abakuru b’ibihugu na za guverinoma batandukanye, abayobozi ba ICGLR ariyo nama Mpuzamahanga igamije kwimakaza amahoro mu karere k’ibiyaga bigari, ab’umuryango w’iterambere ry’ibihugu byo mu majyepfo y’Afurika (SADC), abakuriye imiryango nka ECCAS, ECOWAS, IGAD, EAC, n’abandi, ibihugu bihagarariye Afurika mu muryango w’Abibumbye n’abandi ngo barebe uko ibintu bimeze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ndetse n’icyakorwa.

Iki gitekerezo ni kimwe mu bigaragaza ubushake mu gufatanya, hagamijwe kutanga umusanzu ngo ibibazo byakurikiye itangazwa ry’amajwi mu buryo bw’ agateganyo, mu matoro y’umukuru w’igihugu muri Kongo birangire neza.

Nyuma yo kugaragarizwa uko ibintu bimeze n’uwungirije minisitiri w’intebe akaba na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ndetse no kubigaragarizwa n’imiryango iki guhugu kibarizwamo nka ICGLR, SADC n’indi, hafashwe imyanzuro ikurikira.

Abakuru b’ibihugu bavuze ko bikiruhije ko Abanyekongo bakwemera ibyavuye mu matora by’agateganyo nk’uko byatangajwe na komisiyo y’amatora.

Abakuru b’ibihugu n’aba za guverinoma, basabye ko ibyo gutangaza ibyavuye mu matora ku buryo bwa burundu byaba bihagaze.

Abakuru b’ibihugu bemeranyijwe ko vuba cyane muri Kongo hoherezwa intumwa zigizwe n’umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika akaba na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, n’abandi bakuru b’ibihugu na za guverinoma, ndetse n’uyoboye komisiyo y’Ubumwe bw’Afurika, kugirango baganire n’impande zitandukanye muri Kongo, hagamiwe kureba ko haboneka uko igihugu cyasohoka mu bibazo byakurikiye itangazwa ry’amajwi mu buryobw’agateganyo.

Inama yasabye ko impande soze bireba muri Kongo zazaganira neza n’intumwa z’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika ku neza y’igihugu ndetse n’abagituye. 
Inama yashimye kandi ubushake bw’Ubumwe bw’Afurika mu gukomeza guherekeza abaturage ba Kongo muri ibi bihe bitoroshye barimo.

Yanashimye kandi umuyobozi w’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika uburyo yafashe iyambere agategura iyi nama. Bashimiye kandi komisiyo y’uyu muryango ndetse na Etiyopiya mu ruhare rwabo ngo iyi nama igere ku ntego zayo.

2019-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Editorial 06 Jul 2018
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 24 Feb 2020
Perezida Kagame ategerejwe  bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Editorial 18 Dec 2018
Afurika y’Epfo yagennye Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda

Afurika y’Epfo yagennye Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda

Editorial 27 Jan 2020

3 Ibitekerezo

  1. Emmy
    January 18, 201910:19 am -

    Iyi comission ningirakamaro kandi irizewe gusa abanye Congo bumve ko bagomba kubaho mu mahoro ntibazayinanize ngo bategereje abazungu ngo akimuhana kaza imvura ihise kandi umubanyi niwe muryango.
    AFRICA Oyeeeeeeeeeeeeee.

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    January 19, 201911:08 am -

    Abanyekongo ntibibagiwe isano lya Kabila n’Urwanda! Ese Urwanda nta ruhare na ruto rufite muri biriya bibazo? Kuki se rutifata maze ngo abadafite aho babogamiye abe aribo baba abahuza?

    Subiza
    • Sunday
      January 20, 20193:47 pm -

      Iyo abanyekongo babonye Kagome amabere arikora. SADAC yakubise Kagome .yemeye Tsekedi nka presida wa DRC. Umutima wa Kagome urakubita cyane.

      Subiza

Leave a Reply to Rebero Jeremy Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Editorial 08 Feb 2016
#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Editorial 26 Jun 2019
Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru
Mu Rwanda

Kongera imbaraga n’ubufatanye mu gutanga serivisi nziza: intego ya police, Intara y’Iburengerazuba n’abanyamakuru

Editorial 02 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru