• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza

Itsinda ryihariye ry’abapolisikazi bazajya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro ryiteguye neza

Editorial 14 Oct 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 13 Ukwakira, itsinda ryihariye ry’abapolisi b’abanyarwandakazi 160 bitegura kujya kubungabunga ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (United Nations Mission in South Sudan -UNMISS), ryatangaje ko rizakora neza akazi bazaba bashinzwe, bakarangwa n’ikinyabupfura kandi bakazaba ba ambasaderi beza b’igihugu.

Ibi byavuzwe n’umuyobozi w’iri tsinda ry’abapolisikazi Chief Superintendent of Police (CSP) Teddy Ruyenzi aho yavuze ko abapolisikazi azagenda ayoboye biteguye neza kandi yizeye ko bazasohoza neza inshingano bazahabwa.

Yavuze ati:”Kuba tuzaba turi itsinda ryihariye ry’abapolisikazi si igitangaza, turiteguye kandi tuzi neza akazi kadutegereje imbere, twarigishijwe bihagije kandi tuzasohoza inshingano zacu nk’uko ubutumwa bwo kubungabunga amahoro buzaba bubidusaba, kandi hari n’abandi bapolisikazi bagenzi bacu basoje ubutumwa nk’ubu mu mahoro.”

Yakomeje avuga ati:”Tuzakorera abaturage muri rusange ubukangurambaga bwo kwirinda ibyaha, dukomeze gukangurira komite zo kwicungira umutekano kubikumira no kubirwanya, tubatoze isuku n’isukura tubinyujije mu muganda n’ibindi.”

Ku nshingano zabo zihariye yavuze ati:”Nk’uko turi itsinda ry’abapolisikazi, tuzaharanira gukumira no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana bato mu nkambi z’impunzi.”

Yavuze kandi ko bazagerageza kubatoza gahunda y’umugoroba w’ababyeyi aho bazaba bari mu nkambi, ikazabafasha kwiremamo no kwigira ikizere.

-8361.jpg

CSP Ruyenzi yavuze ko yizeye ko abapolisikazi ayoboye bazahagararira igihugu neza, kuko bafite ibikoresho bihagije, bakaba bazakora akazi nta kujenjeka, bakazakorera hamwe nk’ikipe kandi bakazahaha ubumenyi kuri bagenzi babo bazahurirayo nabo, ku buryo buzabafasha gutunganya akazi kabo gasanzwe ubwo bazaba bagarutse mu Rwanda

Umuyobozi wa Polisi (D2) mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (United Nations-UN) muri Sudani y’Epfo (United Nations Mission in South Sudan -UNMISS) Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo uri mu Rwanda, yabasogongeje ku miterere y’igihugu bazajyamo, inshingano bazaba bafite, abasaba kuzihanganira ibibazo bazahurirayo nabyo n’ibindi.

Source : RNP

2017-10-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Ethiopia: Abanyarwanda bizihije Umuganura

Editorial 05 Sep 2017
Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Shampiyona y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 iratangira kuri uyu wa gatanu.

Editorial 03 Jun 2021
BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

BREAKING NEWS: CP BRUCE MUNYAMBO AGIZWE UMUYOBOZI WA POLICE YA UN MURI SOUTH SOUDAN.

Editorial 16 Feb 2016
Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Umunyezamu Olivier Kwizera yongeye gusinyira ikipe ya Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe

Editorial 30 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU
Mu Mahanga

Mafikizolo baririmbiye Abakuru b’Ibihugu bitabiriye inama ya AU

Editorial 18 Jul 2016
Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi
Mu Mahanga

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Editorial 26 Oct 2016
Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138
HIRYA NO HINO

Abantu 5 bakize Coronavirus, abayanduye mu Rwanda bagera ku 143 bavuye ku 138

Editorial 18 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru