• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Editorial 14 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ntabwo bitunguranye kuba Jambo asbl yaba iri gufasha imitwe y’iterabwoba ikorera mu Burasirazuba bwa Kongo kuko biri mu nshingano zayo, ahubwo igitunguranye ni uko babishyize ku mugaragaro bagatanga na numero ya konti iyo mfashanyo izajya ikusanyirizwaho.

Mbere yuko imitwe y’iterabwoba icikamo ibice bitandukanye, habaga FDLR gusa bityo bikaborohera kuyishakira inkunga ngo bari hafi gufata igihugu ariko ubu hari P5, FLN, CNRD Ubwiyunge, RUD-Urunana nindi bityo guhuza abantu ntabwo bamenya iyo umwe ashaka gutera inkunga. Niyo mpamvu babicishije mu cyitwa “SOS Refugies” bari gushakisha amafaranga yo gutera inkunga FDLR iri mu maremebera kuko niwo mutwe biyumvamo cyane.

Imvugo yabo ntawe utayizi uhereye ku babyeyi babo, kuko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bakoreshaga imvugo yitwa “Gukora” ntabwo bakoreshaga kwica Abatutsi; ibyo bakora byose baziko ari ibikorwa by’umwijima niyo mpamvu usanga bashaka indi mvugo cyangwa igikorwa bakacyitirira ibindi.

Hashize iminsi mike jambo asbl igizwe n’abakomoka ku bahekuye u Rwanda, bakaba bafite inshingano yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi no gushakira ibyaha FPR nkuko ari umwanzuro w’inama ya Guverinoma y’abajenosideri bari mu buhungiro, batangije igikorwa cyo gukusanya amafaranga binyuze mu cyitwa “SOS Refugies”. Ibi bikorwa byo gufasha imitwe y’iterabwoba bijyana n’ibikorwa bya mpemuke ndamuke, aho buri wese yabaye umuvugizi w’impunzi kandi ari indonke aba yishakira.

Uzwi cyane ni Paul Rusesabagina mu kiswe “Fondation Rusesabagina” aho yakusanyaga amafaranga yitwaje Film Hotel Rwanda, maze si ukwibikaho amafaranga aba igitangaza mu baherwe. Rusesabagina ukusanya amafaranga abeshyako avugira abantu yagendaga muri Benz Cl-Class (WDDDJ72X68413260) akaba munzu ifite ibyumba bitandatu ifite agaciro kari hafi ya Miliyari y’amanyarwanda mu mugi wa San Antonio. Imitungo myinshi ya Rusesabagina ibarizwa mu bihugu by’amajyepfo y’Afurika.

Si Rusesabagina gusa wagize ‘ibikorwa byo gutabara” nk’umutahe wo kwishakira indonke. Hari indi miryango nka Centre de Lutte contre l’Impunité et l’Injustice au Rwanda (CLIIR) ya Joseph Matata, uyu wemeje kumugaragaro ko Akayesu Jean Paul ari umwere nyuma agakatirwa burundu n’urukiko rw’Arusha, ikusanya amafaranga babeshya ko ari ayo gufasha abantu kandi ari ugufasha imitwe y’iterabwoba.

Tugarutse kuri Jambo asbl, isano ifitanye n’imitwe y’iterabwoba ishingiye ku buvuguzi binyuze mu kinyamakuru cyabo jambo news ndetse no gutegura ibiganiro bagamije kuvugira iyo mitwe. Muri 2014, uwari umukuru wa Jambo asbl, Placide Kayumba, akaba na mwene Ntawukuriryayo Dominique ufingiwe ibyaha bya Jenoside nkuko byemejwe n’Urukiko Mpanabyaha by’Arusha, yagiye mu mashyamba ya Kongo agirana ikiganiro na Brig Gen Iyamuremye Gaston uzwi nka Victor Byiringiro, naho Laure Uwase yerekeza mu Burundi kubonana niyo mitwe y’iterabwoba muri 2016 abifashijwemo na Leta y’u Burundi. Banabonye na Guillaume Bunyoni wari Minisitiri w’umutekano muri icyo gihe.

Mu gufata Rusesabagina herekanwe inzira yakoreshaga yohereza amafaranga muri Kongo, ibyo jambo asbl ikora ntabwo izi ko ari amateka baba babikira ubutabera mu minsi iri imbere. Agapfa kaburiwe n’impongo.

2020-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze

Uko umushinga w’itegeko wamaganywe cyane n’Abanyamakuru Abadepite bawanze

Editorial 29 Dec 2017
Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Editorial 14 Oct 2022
Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar  gukina imikino ibiri ya gicuti

Amavubi yahagurukanye abakinnyi 18 yerekeje muri Madagascar gukina imikino ibiri ya gicuti

Editorial 18 Mar 2024
Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Editorial 01 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?
Amakuru

Ese kuki  Kayumba Nyamwasa Yanyereje RNC, Miliyoni n’igice z’amadolari kandi akaba akomeje gukusanya andi menshi muri Uganda?

Editorial 15 Mar 2021
Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma
Mu Mahanga

Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Editorial 31 May 2016
Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma
Amakuru

Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma

Editorial 20 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru