• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri

Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Rukara babangamiwe n’ubucucike bw’abanyeshuri

Editorial 17 Jan 2018 Mu Rwanda

Abanyeshuri n’abarimu muri kaminuza y’u Rwanda mu ishuri rikuru ry’uburezi rya Rukara barasaba ko ibibazo byugarije iri shuri birimo inyubako zidahagije, byakemurwa kuko ngo bibangamiye ireme ry’uburezi.

Ibi bibazo by’ingutu by’inyubako z’amashuri zidahagije no kubura aho babika ibikoresho byifashishwa mu kwiga (laboratoire) bigahora mu bubiko n’ibirarane by’amafaranga y’ubutumwa bw’akazi abarimu baberewemo, ni bimwe mu bibazo abarimu n’abanyeshuri bo muri kaminuza y’u Rwanda, ishuri rikuru ry’uburezi rya Rukara bavuga ko bibangamiye ireme ry’uburezi.

Kaminuza y’u Rwanda ishuri rikuru ry’uburezi riherereye mu karere ka Kayonza rifite abanyeshuri ibihumbi  6673 ndetse n’abakozi 148.

Iri shuri rya Rukara College of Education,ni  rimwe mu mashuri ya Leta yo ku rwego rw’amashuri makuru rikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, Akarere ka Kayonza, ryatangijwe nyuma y’icyemezo cy’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Nzeri 2007 ryakiriye abanyeshuri ba mbere muri Nzeri 2008.

Hagamijwe kuvugurura no kunoza imicungire y’ibigo bya Leta, Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 16 Ukuboza 2010 yemeje ko Rukara ihuzwa na Kavumu, i Rukara. Rukara ni yo yagennye ibikorwa remezo bikenewe, ubu bigenda bishyirwa mu bikorwa ariko usanga bikiri ikibazo rusange.

Umwe mu banyeshuri b’iri shami rya kaminuza y’u Rwanda  avuga ko babangamiwe n’ikibazo cy’ubucucike mu ishuri kubera ibura ry’ibyumba by’amashuri Ati”nk’ubu hari amasomo y’ubumenyi muby’ubugenge (physique),ibinyabuzima (Biologie) duhurira hamwe mu ishuri ugasanga tutisanzuye bamwe turasinzira kubera umubare mu nini w’abari muri iryo shuri”.

Ibi bibazo babigaragarije  minisitiri w’uburezi Dr.Eugene Mutimura, ubwo yasuraga iri shuri Yavuze ko hari ikirimo gukorwa mu kubikemura ati “Twaje kubera ko hari imbogamizi zitandukanye ziri kuri iki kigo. Iriya nyubako mubona igiye kuzura izakemura ikibazo cy’amashuri, ubucucike mu myigishirize, bizakemuka kuko  igeze hafi ya 97% mu gihe gito bizaba byakemutse. Ibibazo by’amazi n’ibindi bibazo ubuyobozi bwa kaminuza buri kubikemura buhoro buhoro”

Ibi kandi byemezwa na bamwe na bamwe mu barimu b’iyi kaminuza bavuga ko hakenewe kwihutishwa gahunda zo kujya bahabwa amafaranga yo kubafasha mu gihe bari mukazi ikibazo cyakunze kugaragara mu myaka ishize aho umwarimu yoherezwa mu kazi k’ikigo agakoresha amafaranga ye kandi yakagombye gutangwa n’ubuyobozi bw’ikigo. 

Minisitiri w’uburezi yanenze uburyo hari amahirwe aboneka kuri iri shuri ariko akaba atabyazwa umusaruro uko bikwiye.

Yagize ati :  “Laboratoire zikoreshwa rimwe na rimwe ugasanga zikoreshwa nk’ububiko kandi zikwiriye gukoreshwa neza kugira ngo abana babone ubumenyi nk’uko bikwiriye bibyare umusaruro”.

Minisitiri MUTIMURA yongeraho ko abarimu bagomba kugira uruhare mu mitegurire y’imfashanyigisho. Nta kuntu byumvikana ko twakomeza gukoresha ibitabo by’abarimu byo mu bihugu bidukikije kandi nabo bafite ubushobozi.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Editorial 07 Aug 2017
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Editorial 01 Sep 2017
U Bufaransa: Perezida Macron yikomye umufotozi amushinja kwinjira mu buzima bwe

U Bufaransa: Perezida Macron yikomye umufotozi amushinja kwinjira mu buzima bwe

Editorial 16 Aug 2017
Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi

Editorial 05 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishimwe Moses wari warashimutiwe Uganda yarekuwe atanze akayabo
Mu Mahanga

Ishimwe Moses wari warashimutiwe Uganda yarekuwe atanze akayabo

Editorial 11 Mar 2019
Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro
Mu Mahanga

Kacyiru : Ni iki cyateye inyubako ya Bizimungu gufatwa n’inkongi y’umuriro

Editorial 11 Aug 2016
Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame  yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru  mu Karere ka Burera na Gakenke
Mu Rwanda

Mu gice cya nyuma cyo Kwiyamamaza: Paul Kagame yiyamamarije mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Burera na Gakenke

Editorial 31 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru