• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Editorial 21 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma y’aho uyu Munyarwanda bivugwa ko akora akazi k’ubumotari muri Kampala aterewe muri yombi mu buryo budasobanutse muri Werurwe n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI aho ari gushinjwa kuba intasi y’u Rwanda no gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko.

Umunyamategeko ukurikirana ibibazo by’uburenganzira bwa muntu, Eron Kiiza yabwiye itangazamakuru kuri uyu wa gatanu, itariki 20 Mata 2018, ko umukiriya we yatwawe ku cyumweru, itariki 25 Werurwe 2018 akuwe muri gare ya Kisenyi muri Kampala rwagati aho yakoreraga.

Umugore wa Iyakaremye, Beatrice Nyirahabimana, umubyeyi w’abana babiri, avuga ko amaranye n’umugabo we imyaka 8 kandi ngo nta kindi cyaha yari yarigeze ashinjwa n’abayobozi cyangwa abo bakorana. Nyirahabimana aragira ati: “Nahamagawe nka saa mbiri (8:00PM) mbwirwa ko umugabo wanjye yatawe muri yombi ku manywa n’abantu bamusanze aho aparika bakamuhamagara nk’aho ari abakiriya.”

Yongeyeho ko umugabo we yagiye umugabo akamufata agahuruza ari nabyo byatumye bagenzi be bamenya ko afashwe.

Yongeyeho ko ubwo abantu bambaye imyenda ya gisirikare bahise bahagera baturutse mu modoka yari hafi aho yo mu bwoko bwa Toyota Noah, bakamusunikiramo nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Nyirahabimana akomeza avuga ko yabimenyesheje polisi, ikamubwira ko igisirikare cyabamenyesheje ko gikora umukwabu muri icyo gice cyegereye gare ya Kisenyi, bakamugira inama yo kujya ku kigo cya gisirikare cya Mbuya.

Uyu mugore uvuga ko yagiye Mbuya inshuro nyinshi  ariko akangirwa kubonana n’umugabo we, abibafishijwe n’abanyamategeko Urukiko Rukuru rwasabye Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare, CMI, kugaragaza Iyakaremye.

Avuga ko ariko yaje gutungurwa no kumva yoherejwe ku kigo cya gisirikare cya Makindye .

Kuwa 18 Mata, Nyirahabimana avuga ko ari bwo yabashije kubonana n’umugabo we, Claude Iyakaremye akamubwira ko yari afungiye Mbuya kandi yakorewe iyicarubozo.

Umunyamategeko Cyiza akaba avuga ko kuri ubu uyu Munyarwanda ashinjwa gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ati: “Umuntu CMI yataye muri yombi mu maso y’abantu ari aho yaparikaga kuri gare ya Kisenyi nta kintu afite, ubu arabeshyerwa ko afite imbunda, nta no gushakisha mu rugo rwe kuraba.”

Uyu munyamategeko yakomeje abwira itangazamakuru ko aho yari afungiye yabajijwe ibibazo byinshi ku Rwanda na ambasade y’u Rwanda, ndetse agashinjwa kuba intasi y’u Rwanda.

Ubwo umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire yabazwaga, yemeje ko Iyakaremye yatawe muri yombi, yongeraho ko hari ibyaha akurikiranweho ariko ntiyabitangaza.

Umunyamategeko Kiiza akaba yakomeje agaragaza ko nubwo abakuru b’ibihugu byombi baherutse kugirana ibiganiro Abanyarwanda baba muri Uganda bakomeje gutabwa muri yombi bakanashimutwa n’inzego z’umutekano.

Yavuze ko muri Kanama 2017 yakiriye ibirego 11 by’Abanyarwanda bafunze barimo 9 birukanwe ku butaka bwa Uganda, mu gihe abandi babiri barimo gushinjwa mu rukiko rwa gisirikare.

Yasabye CMI kurekura Iyakaremye avuga ko ari umumotari usanzwe udafite amateka y’ubugizi bwa nabi.

 

2018-04-21
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Uko Rusesabagina yaciye mu ryahumye Uwitwa Shokare Nakpodia ufite foundation yitwa Dream Week, amugira umutumirwa

Editorial 10 Jan 2020
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Editorial 18 Jun 2024
Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Editorial 23 Sep 2022
Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Editorial 07 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza
Mu Rwanda

Paul Kagame akomeje kwiyamamariza muri Nyagatare, Gatsibo na Kayonza

Editorial 22 Jul 2017
Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda
Mu Mahanga

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Editorial 01 Dec 2016
Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko
HIRYA NO HINO

Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko

Editorial 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru