• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Kampala: Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma yaho uyu munyarwanda ashimutiwe na CMI, ashinjwa kuba intasi no gutunga imbunda

Ubwanditsi 21 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuryango wa Claude Iyakaremye uratabaza nyuma y’aho uyu Munyarwanda bivugwa ko akora akazi k’ubumotari muri Kampala aterewe muri yombi mu buryo budasobanutse muri Werurwe n’urwego rushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI aho ari gushinjwa kuba intasi y’u Rwanda no gutunga imbunda binyuranyije n’amategeko.

Umunyamategeko ukurikirana ibibazo by’uburenganzira bwa muntu, Eron Kiiza yabwiye itangazamakuru kuri uyu wa gatanu, itariki 20 Mata 2018, ko umukiriya we yatwawe ku cyumweru, itariki 25 Werurwe 2018 akuwe muri gare ya Kisenyi muri Kampala rwagati aho yakoreraga.

Umugore wa Iyakaremye, Beatrice Nyirahabimana, umubyeyi w’abana babiri, avuga ko amaranye n’umugabo we imyaka 8 kandi ngo nta kindi cyaha yari yarigeze ashinjwa n’abayobozi cyangwa abo bakorana. Nyirahabimana aragira ati: “Nahamagawe nka saa mbiri (8:00PM) mbwirwa ko umugabo wanjye yatawe muri yombi ku manywa n’abantu bamusanze aho aparika bakamuhamagara nk’aho ari abakiriya.”

Yongeyeho ko umugabo we yagiye umugabo akamufata agahuruza ari nabyo byatumye bagenzi be bamenya ko afashwe.

Yongeyeho ko ubwo abantu bambaye imyenda ya gisirikare bahise bahagera baturutse mu modoka yari hafi aho yo mu bwoko bwa Toyota Noah, bakamusunikiramo nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Nyirahabimana akomeza avuga ko yabimenyesheje polisi, ikamubwira ko igisirikare cyabamenyesheje ko gikora umukwabu muri icyo gice cyegereye gare ya Kisenyi, bakamugira inama yo kujya ku kigo cya gisirikare cya Mbuya.

Uyu mugore uvuga ko yagiye Mbuya inshuro nyinshi  ariko akangirwa kubonana n’umugabo we, abibafishijwe n’abanyamategeko Urukiko Rukuru rwasabye Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare, CMI, kugaragaza Iyakaremye.

Avuga ko ariko yaje gutungurwa no kumva yoherejwe ku kigo cya gisirikare cya Makindye .

Kuwa 18 Mata, Nyirahabimana avuga ko ari bwo yabashije kubonana n’umugabo we, Claude Iyakaremye akamubwira ko yari afungiye Mbuya kandi yakorewe iyicarubozo.

Umunyamategeko Cyiza akaba avuga ko kuri ubu uyu Munyarwanda ashinjwa gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ati: “Umuntu CMI yataye muri yombi mu maso y’abantu ari aho yaparikaga kuri gare ya Kisenyi nta kintu afite, ubu arabeshyerwa ko afite imbunda, nta no gushakisha mu rugo rwe kuraba.”

Uyu munyamategeko yakomeje abwira itangazamakuru ko aho yari afungiye yabajijwe ibibazo byinshi ku Rwanda na ambasade y’u Rwanda, ndetse agashinjwa kuba intasi y’u Rwanda.

Ubwo umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire yabazwaga, yemeje ko Iyakaremye yatawe muri yombi, yongeraho ko hari ibyaha akurikiranweho ariko ntiyabitangaza.

Umunyamategeko Kiiza akaba yakomeje agaragaza ko nubwo abakuru b’ibihugu byombi baherutse kugirana ibiganiro Abanyarwanda baba muri Uganda bakomeje gutabwa muri yombi bakanashimutwa n’inzego z’umutekano.

Yavuze ko muri Kanama 2017 yakiriye ibirego 11 by’Abanyarwanda bafunze barimo 9 birukanwe ku butaka bwa Uganda, mu gihe abandi babiri barimo gushinjwa mu rukiko rwa gisirikare.

Yasabye CMI kurekura Iyakaremye avuga ko ari umumotari usanzwe udafite amateka y’ubugizi bwa nabi.

 

2018-04-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Ubwanditsi 02 Jan 2019
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa LONI muri Sudan y’Amajyepfo zatabaye abakozi 20 ba LONI bari bari batewe n’inyeshyamba zikabacucura ibyo bafite byose

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Uko Kayumba Yibye Inka Z’Abagogwe Mu Majyaruguru Y’u Rwanda Azijyana  Uganda Mu Bushyo Bwitwa Banyankore Kweterana Hagati Ya 1997-1998

Uko Kayumba Yibye Inka Z’Abagogwe Mu Majyaruguru Y’u Rwanda Azijyana Uganda Mu Bushyo Bwitwa Banyankore Kweterana Hagati Ya 1997-1998

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Ubwanditsi 08 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo
Amakuru

Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Ubwanditsi 06 Feb 2022
Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu
Mu Rwanda

Umuhuzabikorwa wa Loni muri Centrafurika arashima RWAFPU-1 kubera gucunga neza umutekano mu birori by’ubwigenge bw’iki gihugu

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)
IMIKINO

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Ubwanditsi 07 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru