• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame

Kanimba, Tugireyezu na Stella Ford ntibagaragara mu ikipe nshya ya Kagame

Editorial 31 Aug 2017 Mu Rwanda

Kanimba Francois, Tugireyezu Venantie ndetse na Stella Ford Mugabo ntibasohotse ku rutonde rw’abagize guverinoma nshya rwatangajwe kuri uyu wa 30 Kanama 2017.

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’ Iburasirazuba, Kanimba yayoboraga yahinduriwe izina iba Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda gusa. Ihabwa Munyeshyaka Vincent wari usanzwe ari Umunyambanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Iguhugu.

Igice kireba ibijyanye n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba kikaba cyimukiye muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, ishingwa Mushikiwabo Louise.

Tugireyezu Venantie yari amaze igihe kinini ari Minisitiri muri Perezidansi yamaze gusimburwa na Uwizeye Judith wari usanzwe ayobora Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo.

Stella Ford Mugabo wari uzwi cyane kuba Minisitiri ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri yasimbuwe na Kayisire Marie Solange.

Mukantabana Seraphine wayoboraga MIDIMAR yasimbujwe Debonheur Jeanne d’Arc. Mukantabana akaba yagizwe Perezida wa Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe Abavuye ku rugerero, aho yasimbuye Sayinzoga Jean witabye Imana mu gihe gishize.

Hari minisiteri nshya zavutse izindi bazigabanyamo kabiri

Madamu Tumushime Francine wigeze kuba Umuyobozi Mukuru muri MINALOC, yagizwe Minisitiri w’Ubutaka n’Amashyamba, iyi minisiteri ikaba ari nshya, aho hari hasanzwe Minisiteri y’Umutungo Kamere yayoborwaga na Dr Vincent Biruta.

Minusiteri yari isanzweho ireba ikoranabuhanga ndetse n’urubyiruko yaciwemo kabiri, aho hagiyeho Minsiteri y’Urubyiruko yahawe Mbabazi Rosemary ndetse na Minisiteri y’Ikoranabuhanga yahawe Nsengimana Jean Philbert.

Hagiyeho kandi Minisiteri y’ibidukikije, aho ibijyanye no kubungabunga ibidukikije byabarizwaga muri Minisiteri y’Umutungo kamere. Iyi minisiteri nshya ikaba yahawe Dr Vincent Biruta

-7803.jpg

Francois Kanimba, Venantie na Stella Mugabo ntibagarutse mu ikipe nshya ya Kagame

2017-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Icyo  RDF  Ivuga ku cyifuzo cya Loni cyo kongera Ingabo zivuga Igifaransa

Icyo RDF Ivuga ku cyifuzo cya Loni cyo kongera Ingabo zivuga Igifaransa

Editorial 29 Aug 2017
U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

U Rwanda n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage bongereye amasezerano y’ubufatanye azageza 2028

Editorial 08 Aug 2025
Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Editorial 25 Dec 2019
Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Editorial 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda
INKURU NYAMUKURU

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Editorial 30 Jan 2018
Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo
INKURU NYAMUKURU

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Editorial 26 May 2019
Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo
INKURU NYAMUKURU

Zambia : RNC iravugwaho kwiyitirira abafana b’Amavubi ibita abayoboke bayo

Editorial 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru