• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Kayonza: Umugabo afunzwe akurikiranyweho gutera abandi ubwoba ko azabica

Editorial 10 Feb 2017 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kayonza, Intara y’Uburengerazuba, yataye muri yombi umugabo witwa Mbonimpa Jacques w’imyaka 30, akurikiranyweho icyaha cyo gutera ubwoba bagenzi be ko azabica, ngo kuko bari inyuma y’iyirukanwa rye mu kazi yakoraga.

Uyu Mbonimpa yirukanywe mu ruganda yakoragamo rutunganya Soya muri Kayonza kubera imyitwarire ye mibi, yishyiramo bagenzi be 4 ngo nibo bamugambaniye, atangira kubatera ubwoba ko azabica. Abo bagenzi be bagize ubwoba, bahita bajya kwishinganisha kuri Polisi.

Mu gutangira iperereza, Polisi yagiye kureba Mbonimpa ngo bamubaze niba koko atera ubwoba aba bagenzi be.

Nk’uko umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kayonza Chief Inspector of Police (CIP) John Nsanzimana abitangaza, ngo abapolisi bageze iwe yanze kugira icyo avugana nabo, ahubwo yikingirana mu nzu.

Avuga uko byagenze, CIP Nsanzimana yavuze ati:”Ubwo abapolisi bari iwe bategereje ko asohoka cyangwa akemera kuvugana nabo, yarakinguye ashaka kwiruka baramufata, atangira gutera amahane ashaka kubakubita no kubakomeretsa, ariko byamubereye imfabusa kuko umugambi we bawuburijemo, baramufata, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Mukarange.”

Yongeyeho ati:”Icy’igenzi ni uko twakijije ubuzima bw’aba bagenzi be yateraga ubwoba ko azica mbere y’uko iki cyaha kiba. Aba bagenzi be batekereje neza kubimenyesha Polisi kugirango ibatabare kandi turabibashimira. Turasaba n’abandi baturage ko igihe hari ubatera ubwoba babitumenyesha tukabatabara, bityo bazaba bagize uruhare mu kwicungira umutekano.”

CIP Nsanzimana yavuze ko icyaha Mbonimpa yakoze gihanwa n’ingingo ya 170 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, aho icyaha kimuhamye yahanishwa igifungo kuva ku mezi 2 ariko ntarenge 6, n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000), kugeza kuri miliyoni imwe(1.000.000) ,cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

RNP

2017-02-10
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

U Rwanda rwamaganye inkunga Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe uteganyiriza ingabo za SADC ziri muri Kongo, kuko izatuma ibintu birushaho kudogera

Editorial 04 Mar 2024
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abavunja amafaranga ku buryo butemewe n’amategeko

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abavunja amafaranga ku buryo butemewe n’amategeko

Editorial 02 Jul 2016
Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Impamvu Zari Hassan yatawe muri yombi mu mujyi wa London yamenyekanye

Editorial 26 Sep 2018
Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Uganda: Umuminisitirikazi arashinjwa gukorera iyicarubozo umugore yatwariye umugabo

Editorial 26 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 01 Apr 2019
Habura iminsi 5 ngo inama y’intekorusange idasanzwe ya Rayon Sports ibe, Paul Muvunyi wari wayitumije yayisubitse
Amakuru

Habura iminsi 5 ngo inama y’intekorusange idasanzwe ya Rayon Sports ibe, Paul Muvunyi wari wayitumije yayisubitse

Editorial 17 Nov 2025
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Editorial 18 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru