• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Kayumba Nyamwasa arakoresha Sande Charles mu bikorwa byo guhiga abitwa abanzi ba RNC

Editorial 25 Sep 2017 ITOHOZA

Sande Charles bakunze kwita Mugisha Robert akaba yarigeze kuba umusirikare mu ngabo z’u Rwanda aravugwa mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi mu karere no muri Afurika y’epfo , biravugwa ko ari umwe mu byegera bya hafi bya kayumba Nyamwasa akaba ubu akora ibikorwa byo gutoteza no gufatisha abo RNC yita abanzi bayo.

Muri iki gihe hari imwe mu miryango y’abanyarwanda baba hanze y’u Rwanda ikomeje gutabaza ivuga ko ikomeje kubura bamwe mu babo ngo kandi akenshi ugasanga ababura ababo ari abantu bigeze kujya bashakwa n’abayoboke ba Kayumba Nyamwasa babasaba ubufatanye bakabyanga.

Amakuru afitiwe gihamya agaragaza ko kuri iyi minsi hari abasore bakunze gushukwa n’uyu Sande bizezwa kuzabona ubuzima bwiza , bakajyanwa mu bikorwa bya RNC biherereye muri Congo (DRC) ahitwa i Minembwe.

Ngo uyu Sande na bagenzi be bafatanya batwara aba basore babanyujije mu bihugu nka Tanzania, Burundi, nyuma bakambuka bajya muri Congo i Minembwe.

Raporo ya MONUSCO yo mu kwezi kwa kane igaragaza bamwe mu basore bashutswe bakajyanwa muri ibi bikorwa RNC yita ibya gisirikare ariko nyuma bagakoreshwa imirimo irimo no gukora mu birombe by’amabuye ariko nyuma bakaza gutoroka.

Bamwe muri abo hari abitwa; Jean Claude, Silva na Sudi.

Nkuko bigaragara mu kinyamakuru nka inyenyeri nuko itsinda ry’abantu Kayumba Nyamwasa akunze gushora muri ibi bikorwa byo gutwara abasore muri DRC ndetse no kugambanira abatemeye kuyoboka RNC harimo uyu Sande Charles twavuze haruguru, Ben Rutabana, na we wabaye umusirikare muto mbere y’uko ahunga igihugu akajya kuba mu Bubiligi, Frank Ntwari uba muri Afurika y’epfo akaba ari na muramu wa Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi bayoboke ba RNC.

Ubu bushukanyi bw’aba tuvuze n’abandi bakorana bukwiye kwirindwa kuko bugamije kujyana abana b’urubyiruko mu bintu bitabafitiye akamaro ahubwo bagamije inyungu zabo bwite.

Leta y’u Rwanda ikwiye kuvugana n’ababishinzwe mu bihugu bituranyi maze ibi bikorwa bigayitse byo guhiga abanyarwanda, urubyiruko rugatwarwa mu mitwe yitwara gisirikare yo muri Congo/DRC bigahagarara ndetse abo Kayumba Nyamwasa akoresha bagatabwa muri yombi bakabibazwa.

-8026.jpg

Kayumba Nyamwasa

Cyiza D.

2017-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na  Obed Ndahayo

Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Editorial 10 Oct 2017
U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

U Burundi bwemeye kwitabira inama ya EAC iheruka gusubikwa

Editorial 16 Dec 2018
Icyimenyetso  ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Icyimenyetso ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Editorial 25 Oct 2016
Kayumba Nyamwasa yapfushije se atinya kuza gushyingura ngo adatabwa muri yombi

Kayumba Nyamwasa yapfushije se atinya kuza gushyingura ngo adatabwa muri yombi

Editorial 06 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango
Amakuru

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Editorial 23 Nov 2022
Perezida w’u Bushinwa yashimiye Kagame amwizeza gukomeza umubano w’ibihugu byombi
Mu Rwanda

Perezida w’u Bushinwa yashimiye Kagame amwizeza gukomeza umubano w’ibihugu byombi

Editorial 08 Aug 2017
Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe
UBUKERARUGENDO

Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Editorial 29 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru