• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Editorial 07 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Muri 2010, Leta y’u Rwanda binyuze ku muvugizi w’ingabo icyo gihe wari Lt Col Jules Rutaremara  yatangaje ko Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya bari gukorana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Kongo ngo bahungabanye umutekano w’u Rwanda harimo na FDLR. Yongeyeho ko ibyo bazakora byose bitazabahira.

Hadaciye kabiri, Itsinda ry’abahanga bashyizweho na LONI batangaje raporo yabo mu kwezi k’Ukuboza 2010 aho yavugaga birambuye uburyo Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya bakorana n’imitwe yitwaje intwaro bashaka guhungabanya u Rwanda (soma raporo hagati y’ibika bya 63-173). Icyari gishishikaje Karegeya na Kayumba kwari uguhuza imitwe yarwanyaga leta ya Kongo igahurira hamwe harimo niya FDLR; LONI yemeje ko umutwe wa Federal Republican Forces wemeye kwihuza nuwa FPLC (Forces Patriotiques pour la Libération du Congo) ibi byose bikozwe na Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya.

Twibukiranyeko Patrick Karegeya yanze abamucungira umutekano muri Afurika yose kugirango abone uko azenguruka akarere ashaka icyahungabanya umutekano w’u Rwanda. Ibi byose babikoraga kugirango iyo mitwe izihuze na FDLR. LONI kandi ikomeza ivuga muri iyo raporo ko FDLR yari ifite amabuye y’agaciro menshi muri uwo mwaka, Karegeya mu nshingano ze harimo no kuyashakira isoko. Muri ayo mabuye kandi LONI muri raporo yayo ya 2010 yemezako FDLR yari ifite Uranium nyinshi ikoreshwa mu gucura intwaro za kirimbuzi.

Mu mwaka wa 2009, u Rwanda na Kongo bafatanyije mu bikorwa byo kurwanya FDLR, n’abasirikari ba CNDP yari iyobowe na Laurent Nkunda binjizwa mu gisirikari cya Leta. Abo basirikari bakomoka muri Kivu y’amajyaruguru bakaba banavuga ikinyarwanda, LONI yemezako Patrick Karegeya yabaganirizaga ababwira kwihuza n’imitwe irwanya Leta y’u Rwanda nkuko bamwe babyiyemereye. Muri icyo gihe ikinyamakuru cyakoreraga kuri Internet cyitwa “The Exposer” cyakurikiranaga ingendo za Karegeya muri Kongo aho cyari cyanditse umutwe w’inkuru uvuga ngo “What is Karegeya doing in Kinshasa?”

Nyuma ya raporo ya LONI yavuze birambuye ibikorwa bya Karegeya, na Kayumba, bahiye ubwoba bandika Itangazo rigenewe abanyamakuru rivuguruza ariko bibagirwa ko raporo ya LONI bari bafite ibimenyetso. Nyuma yiyo raporo kandi ibikorwa byabo byo guhungabanya umutekano byarakomeje.

Nyuma y’imyaka umunani, Ukuboza 2018, LONI yongeye gutangaza raporo igaragaza ibikorwa bya Kayumba Nyamwasa muri Kongo aho yari afite ingabo zibumbiye mu mutwe uzwi nka P5. Perezida mushya wa Kongo Etienne Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo kurwanya imitwe yitwaje intwaro, ingabo za Kongo zagabye ibitero simusiga ku ngabo za Kayumba, uwari umukuru wabo ariwe Maj (Rtd) Habib Madhatiru arafatwa, abenshi baricwa.  Biragaraga ko Kayumba Nyamwasa yaba yabonye isomo muri Kongo nyuma y’imyaka icyenda ahunahunayo nubwo ari ikigwari yohereza abandi we nabo mu muryango we akabashyira kure y’umuriro.

2019-07-07
Editorial

IZINDI NKURU

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Icyegereranyo cyiswe ‘Burundi: Ingabo mu bibazo’ cyavuze n’akari imurori muri aba bashinzwe umutekano

Editorial 12 Apr 2017
Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 27 Oct 2020
Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Editorial 18 Aug 2021
Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa kabiri tariki 01 Kamena 2021, i La Haye Mu Buholandi hateganyijwe inama ntegurarubanza rwa Kabuga Felisiyani, ufatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Editorial 01 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma
Amakuru

Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma

Editorial 20 Jan 2023
I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

I Berlin: Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ka Volkswagen itunganyiriza imodoka mu Rwanda

Editorial 30 Oct 2018
Uganda:  Impamvu Lt Gen Tumukunde wanga u Rwanda urunuka yambuwe abasirikare bamurindaga
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Impamvu Lt Gen Tumukunde wanga u Rwanda urunuka yambuwe abasirikare bamurindaga

Editorial 25 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru