• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kicukiro: Polisi yafashe umumotari washakaga kugurisha moto yatwaraga itari iye

Kicukiro: Polisi yafashe umumotari washakaga kugurisha moto yatwaraga itari iye

Editorial 27 Dec 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Kicukiro ,mu mpera z’iki cyumweru, yataye muri yombi umugabo witwa Munyaneza Ignace w’imyaka 42, akekwaho gushaka kugurisha moto ya TVS 125 ifite pulake RD 472 I yatwaraga itari ye.

Nk’uko Polisi ikorera muri ako karere ibitangaza, uyu Munyaneza yari amaze igihe atwara iyi moto y’uwitwa Simparinka Innocent, ariko uko yayitwaraga akaba ari nako yayishakiraga umuguzi.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ati:”Munyaneza yashatse umuguzi wa moto itari iye, kubera ko abaturage bamaze kumenya uruhare rwabo mu kurwanya ibyaha bitandukanye birimo n’iki cy’ubujura, umwe muri bo wari uzi neza ko moto agurisha atari iye, yamubwiye ko yamuboneye umuguzi, nibwo yabimenyesheje Polisi, baramuhamagara bamubwira ko aza bakamwishyura, ahageze ahasanga Polisi ihita imufata.”

Akaba yarafatiwe mu karere ka Kicukiro Umurenge wa Niboye akagari ka Niboye umudugudu w’Indamutsa, akaba yarayishakagamo amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300 nk’uko umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali yabitangaje.

SP Hitayezu yashimye abaturage kubera uruhare bakomeje kugira, bafatanya na Polisi mu kurwanya no kuburizamo ibyaha no gufata ababikekwaho n’ababigiramo uruhare, anagira inama abagifite izo ngeso.

Yavuze ati:”Turagira inama abaturage kutijandika mu bikorwa bibi nk’ibi by’ubujura, ahubwo bagashyira hasi amaboko bagakora bakiteza imbere, ababikora bamenye ko Polisi n’abaturage b’inyangamugayo batazabarebera, ahubwo bazafatwa bashyikirizwe ubutabera.”

Yanasabye abaturage kurinda imitungo yabo, aho yavuze ati:” Ni byiza ko buri wese yarinda neza umutungo we, abatunze ibinyabiziga bakirinda kubisigamo imfunguzo, ndetse bakamenya ko uwo babihaye ngo abibatwarire ari inyangamugayo.”

-5180.jpg

Moto yahise isubizwa nyirayo, naho Munyaneza ubu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro mu gihe iperereza rikomeje.

2016-12-27
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Editorial 23 Oct 2016
Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Zlatan Ibrahimovic yongereye amasezerano y’umwaka umwe muri AC Milan, ibi bivuze ko azageza ku myaka 40 y’amavuko agikina umupira w’amaguru.

Editorial 23 Apr 2021
Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Editorial 11 Sep 2024
Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Editorial 16 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na TIGO basinyanye amasezerano ku gutahura ibyaha

Editorial 09 Dec 2016
Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo
POLITIKI

Congo – Brazza yiyemeje kongera imbaraga mu gukurikirana Abakoze Jenoside babarizwayo

Editorial 08 Apr 2019
“Niyo napfa nazuka nk’uko Yesu yazutse “- Perezida Museveni
HIRYA NO HINO

“Niyo napfa nazuka nk’uko Yesu yazutse “- Perezida Museveni

Editorial 20 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru