Umunsi wahariwe siporo kuri bose ‘Car Free Day’ mu Mujyi wa Kigali, umaze kumenyerwa nk’uw’ingirakamaro, ni nayo mpamvu abantu benshi bawuzirikana bakanawitabira ku bwinshi.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 18 Werurwe 2018, abantu b’ingeri zose bo mu turere, imirenge n’utugari bigize Umujyi wa Kigali, bamwe bazindukiye kuri sitade amahoro i Remera aho iyi myitozo yatangiriye, bazenguruka biruka ibice bitandukanye by’umujyi, ariko bagenda bahura n’abandi mu nzira.
Uyu munsi w’imyitozo ‘Car Free Day’ wahuriranye n’umunsi wo gutangiza icyumweru cyahariwe Amazi (water week 2018), kibanziriza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe amazi wizihizwa ku italiki ya 22 Werurwe, Min. Biruta Vincent akaba yahabaye atangiza iki cyumweru ubwo imyitozo yasozwaga.
Mu gitondo, imyitozo yatangiriye kuri sitade Amahoro i Remera, ubwo imvura yajojobaga


Polisi y’igihugu ishimwa ubunyamwuga igaragaza mu gucunga umutekano w’abakora siporo
Aha, abakora siporo biruka bari bageze ku muhanda wo ku Nteko Nshingamategeko i Kimihurura



Meya w’akarere ka Gasabo, Steven Rwamurangwa yitabiriye Car Free Day y’uyu munsi
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Juliene na we yitabiriye siporo
Abana bato mu myitozo y’uyu munsi wa Car Free Day
Minisitiri w’Ibidukikije, Biruta Vincent, atangiza icyumweru cyahariwe amazi (Water week 2018)





