• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Ubwanditsi 15 Oct 2016 Mu Mahanga

Inama yari uhuje abayobozi kuva mu bihugu hafi 200 ku Isi uyu munsi kuwa Gatandatu bemeje gusinya amasezerano y’ivugurura ry’amasezerano ya Montreal Protocol, bagamije kugabanya umwuka wa hydrofluorocarcons, HFCs hakavaho dogere Celsius 0.5 ku izamuka ry’ubushyuhe kugeza mu mwaka 2100.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, John Kerry, yavuze ko iyi ari Intsinzi ikomeye Isi yose.

-4372.jpg

John Kerry

Ati “ Iyi ni intambwe ikomeye itewe igaragaza ubushake bw’ibihugu izadufasha kugabanya ubushyuhe ku Isi kugera kuri dogere 0.5.”

Muri aya masezerano ibihugu bikize birimo ibyo ku mugabane w’u Burayi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi bizatangira guhagarika ikoreshwa ry’ibyuma bikonjesha, HFCs mu myaka mike iri imbere aho bizagabanya kugeza ku 10% mu 2019.

Ibihugu biri mu nzira y’amajyambere nk’u Bushinwa, ibyo muri Amerika y’Amajyepfo n’ibindi bizatangira kugabanya ikoreshwa ry’ibi byuma mu 2024.

Ibindi bihugu birimo u Buhinde, Pakistan, Iran, Iraq bizagabanya ikoreshwa ry’ibyuma bikonjesha mu 2028.

U Bushinwa nk’igihugu gikora ibi byuma kurusha ibindi ntikizahagarika inganda zibikora mbere ya 2029.

Ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha bikurura ubushyuhe bw’izuba inshuro 1000 kurusha umwuka mubi ( Carbon Dioxide) usanzwwe uzwi mu kugira uruhare mu ihindagurika ry’ikirere.

Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr. Vincent Biruta yashimiye abagize uruhare mu kwemeza ivugururwa ry’aya masezerano. Yagize ati “ Mabshimiye umuhate utagereranwa mwagaragaje kugira ngo iyi ntsinzi igerweho, amasezerano ya Kigali ntakiri inzozi ubu ni impamo”.

-4373.jpg

Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr. Vincent Biruta

Yongeyeho ati “Uru rugendo rujya gutangira rwasaga n’urutazatanga umusaruro, ariko amasezerano y’i Montreal agezweho ku nyungu z’abantu bacu n’umubumbe wacu.”
Kuva kuwa Mbere w’iki cyumweru, intumwa zigera ku 1000 zaturutse mu bihugu 197, zakoraniye i Kigali ziga ku ivugururwa ry’amasezerano ya Montreal, atuma hakumirwa ikoreshwa ry’imyuka yangiza ikirere ituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarbons (HFCs), abereye ibihugu byateye imbere n’ibikiri mu nzira y’amajyambere.

-4374.jpg

Minisitiri Biruta n’Intumwa z’ibihugu bishimira ko ivugururwa ry’aya masezerano ryemejwe

2016-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yatsinze AS Kigali

Police FC yatsinze AS Kigali

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zirabe maso, Ramaphosa ari mu bugambanyi n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zirabe maso, Ramaphosa ari mu bugambanyi n’ibyihebe

Ubwanditsi 12 Feb 2025
Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Umuhungu wa Habyarimana yatanze ubuhamya ahuza nibyo Raporo Mutsinzi yatangaje

Ubwanditsi 12 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera
POLITIKI

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Ubwanditsi 10 Oct 2019
Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni
Mu Mahanga

Besigye yatangaje impamvu ikomeye atifashisha intwaro mu guhirika Museveni

Ubwanditsi 23 May 2019
Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi
ITOHOZA

Museveni aremeza ko igipolisi cye kimaze gucengerwamo n’abanyabyaha benshi

Ubwanditsi 21 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru