• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Ubwanditsi 06 Jan 2016 Mu Mahanga

Hari abantu bumva mu Migina i Remera hano muri Kigali bakumva yuko ari ahantu hadashobotse, ahantu h’abasinzi, indaya n’ibirumbo. Ibyo byiciro by’abantu tuvuze birahari koko ariko ubundi ni ahantu hari n’abantu biyubashye kandi n’abenshi muri abo wakwita indaya n’ibirumbo ugasanga bashyira mu gaciro !

Uyumunsi tariki 06/01/2016 nahaboneye ikintu cyankanze ariko bidatinze nza no kubona igisubizo cyihuse kurusha uko nabitekerezaga.

Ni uruhande rwa Sports View Hotel ku gahanda k’ibitaka kagabanya iyo hotel n’utubari tw’imigina. Hari nka saa tanu mu gitondo, aho umugore wari wambaye ibisa nk’ukubusa yavudukanye umugabo wirukankaga amasigamana. Buri wese yatekereje yuko uwo mugabo agomba kuba yahemukiye uwo mugore !

Ba bahungu, abatabazi neza bita ibirumbo bakiniranaga biyari (pool) iri aho, bavudukanye wa musore, w’ibigango, baramufata. Kuko umugore yamwirukansaga avuga ngo aramwibye bahise bamukora mu mifuka basanga umwe gusa ariwo urimo amafaranga, umwe ayakuramo arayapfumbata mu kiganza ati muze twumve uko ikibazo giteye !

Abo basore n’inkiumi bafashe uwo muntu bari bazi yuko uwo mugore wamwirukansanaga ari indaya. Ankete iba ara tangiye. Umugore avuga yuko yirukanse amwibye amafaranga, umuhungu akavuga yuko ahubwo uwo mugore baryamanye akamwiba amafaranga hanyuma akaza kubona aho yayahishe akayatwara. Bamubajije igituma yasohotse yiruka ati n’uko yansakurizaga ngahitamo kwiruka ngo urusaku rumve mu matwi !

Ibi bisobanuro ntabwo byanyuze abo wakwita ibirara bari aho. Babajije uwo mugore (indaya) bati yari agutwaye amafaranga angana iki ? Indaya iti sinzi umubare kuko naraye nyakorera ijoro ryose nyashyira muri telemosi. Abandi bati ariko ukurikije abakiriya bawe mwahuye iri joro wakagereranyije n’amafaranga wakabaye wabonye, ati ni nk’ibihumbi 20. Babajije wa musore, wari wavuze yuko ari umuvunjayi, ati nanjye ntabwo mbizi neza ati ariko ntabwo ari hasi y’ibihumbi 120,000.

Uwo mugore kandi bamubajije uburyo yishyurwamo n’uwo baba bagiye kuryamana avuga yuko bamwishyura ibihumbi bitanu, kandi ngo hakaba harimo n’inoti za bitanu muri ayo bamwibye. Muri ayo mafaranga nta noti n’imwe ya bitanu basanzemo, uretse inoti ntoya ntoya zigera ku mubare w’ibihumbi 120,000 bahita bafata icyemezo cyo kuyasubiza uwo muhungu bari bafashe yirukanswa n’iyo ndaya !

-1682.jpg

Kayumba Casmiry

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Bumaya Andre wigeze kuba Minisitiri yagarutse mu Rwanda ndetse arateganya gusura umuhungu we P Fla uri muri Gereza

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Centrafrique:Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro zambitswe imidari y’ishimwe

Centrafrique:Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro zambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 02 Mar 2018
Amasashe ya pulasitiki 435,000 yafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda yakoranye na REMA

Amasashe ya pulasitiki 435,000 yafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda yakoranye na REMA

Ubwanditsi 23 Dec 2016
CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

CMI yataye muri yombi Abanyarwanda bane bigaga muri kaminuza i Kampala

Ubwanditsi 29 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.
Amakuru

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

Ubwanditsi 11 Feb 2024
Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC
INKURU NYAMUKURU

Hatangiye ibiganiro ku kohereza mu Rwanda abayobozi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Kinazi : Uwarokotse Jenoside  yohererejwe Ubutumwa bugufi buvuga ko we na bagenzi be bazicwa
ITOHOZA

Kinazi : Uwarokotse Jenoside yohererejwe Ubutumwa bugufi buvuga ko we na bagenzi be bazicwa

Ubwanditsi 01 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru