• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Kigali: Mu migina indaya yatabawe basanga itari mu kuri

Ubwanditsi 06 Jan 2016 Mu Mahanga

Hari abantu bumva mu Migina i Remera hano muri Kigali bakumva yuko ari ahantu hadashobotse, ahantu h’abasinzi, indaya n’ibirumbo. Ibyo byiciro by’abantu tuvuze birahari koko ariko ubundi ni ahantu hari n’abantu biyubashye kandi n’abenshi muri abo wakwita indaya n’ibirumbo ugasanga bashyira mu gaciro !

Uyumunsi tariki 06/01/2016 nahaboneye ikintu cyankanze ariko bidatinze nza no kubona igisubizo cyihuse kurusha uko nabitekerezaga.

Ni uruhande rwa Sports View Hotel ku gahanda k’ibitaka kagabanya iyo hotel n’utubari tw’imigina. Hari nka saa tanu mu gitondo, aho umugore wari wambaye ibisa nk’ukubusa yavudukanye umugabo wirukankaga amasigamana. Buri wese yatekereje yuko uwo mugabo agomba kuba yahemukiye uwo mugore !

Ba bahungu, abatabazi neza bita ibirumbo bakiniranaga biyari (pool) iri aho, bavudukanye wa musore, w’ibigango, baramufata. Kuko umugore yamwirukansaga avuga ngo aramwibye bahise bamukora mu mifuka basanga umwe gusa ariwo urimo amafaranga, umwe ayakuramo arayapfumbata mu kiganza ati muze twumve uko ikibazo giteye !

Abo basore n’inkiumi bafashe uwo muntu bari bazi yuko uwo mugore wamwirukansanaga ari indaya. Ankete iba ara tangiye. Umugore avuga yuko yirukanse amwibye amafaranga, umuhungu akavuga yuko ahubwo uwo mugore baryamanye akamwiba amafaranga hanyuma akaza kubona aho yayahishe akayatwara. Bamubajije igituma yasohotse yiruka ati n’uko yansakurizaga ngahitamo kwiruka ngo urusaku rumve mu matwi !

Ibi bisobanuro ntabwo byanyuze abo wakwita ibirara bari aho. Babajije uwo mugore (indaya) bati yari agutwaye amafaranga angana iki ? Indaya iti sinzi umubare kuko naraye nyakorera ijoro ryose nyashyira muri telemosi. Abandi bati ariko ukurikije abakiriya bawe mwahuye iri joro wakagereranyije n’amafaranga wakabaye wabonye, ati ni nk’ibihumbi 20. Babajije wa musore, wari wavuze yuko ari umuvunjayi, ati nanjye ntabwo mbizi neza ati ariko ntabwo ari hasi y’ibihumbi 120,000.

Uwo mugore kandi bamubajije uburyo yishyurwamo n’uwo baba bagiye kuryamana avuga yuko bamwishyura ibihumbi bitanu, kandi ngo hakaba harimo n’inoti za bitanu muri ayo bamwibye. Muri ayo mafaranga nta noti n’imwe ya bitanu basanzemo, uretse inoti ntoya ntoya zigera ku mubare w’ibihumbi 120,000 bahita bafata icyemezo cyo kuyasubiza uwo muhungu bari bafashe yirukanswa n’iyo ndaya !

-1682.jpg

Kayumba Casmiry

2016-01-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Padiri Mutarambirwa Athanase na Sheikh MVUYEKURE Swaib wahoze ayobora Abayisiramu mu Ntara y’Uburengerazuba, ni bamwe mu banyamadini bakorana na INGABIRE Victoire mu gukusanya amafaranga yo kohereza FDLR

Ubwanditsi 26 Oct 2021
Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu  yo kurwanya ibyaha

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 01 Mar 2016
Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye

Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Ntegereje cyane uruzinduko rw’akazi rw’umuvandimwe wanjye Perezida Paul Kagame” Perezida Lungu
Mu Rwanda

“Ntegereje cyane uruzinduko rw’akazi rw’umuvandimwe wanjye Perezida Paul Kagame” Perezida Lungu

Ubwanditsi 16 Jun 2017
Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram
POLITIKI

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR
INKURU NYAMUKURU

Urupfu rwa Col Mustafa, waguye Uganda yishwe, ni rumwe mu by’ingenzi byashegeshe FDLR

Ubwanditsi 11 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru