• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Editorial 08 Aug 2016 Mu Mahanga

Ku incuro ya 5 amadini n’amatorero yateraniye muri stade Amahoro mu rwego rwo gushimira Imana ibyo yakoze mu myaka 22 ishize aho kuri ubu Abanyarwanda bari mu mahoro n’umutekano bashima Imana ibyo yabakoreye, icyo giterane cyari gifite intego igira iti ‘‘Rwanda murika umurikire amahanga’’.

Rév Musenyeri Birindabagabo Alex akaba n’umuyobozi wa Peace Plan yabwirije Ijambo ry’Imana mu II Gutegeka 8:10-11 mu inyigisho yagize ati ‘‘ntitugomba guhora dutumbira ibibazo gusa kuko tudashobora kubona ibisubizo n’ibitangaza Imana idukorera umunsi ku wundi’’.

Musenyeri Birindabagabo yasabye Guverinoma ko umwaka utaha igikorwa cyo gushima Imana cyabera no muri buri Mudugudu kugira ngo hatazabaho kwibagirwa aho Imana yakuye Abanyarwanda mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Minisitiri w’Intebe Anastaze Murekezi yashimiye umuryango Peace Plan, amatorero n’amadini kuri gahunda yateguye yo gushima Imana buri mwaka ko Leta izakomeza kubafasha ndetse no kubashyigikira mu gushimira Imana ibyo Imana ikomeje gukorera Abanyarwanda n’aho yabakuye ko icyo giterane kidashobora kuzibagirana mu mitima y’Abanyarwanda.

Minisitiri w’Intebe yagize ati ‘‘Umuco wo gukunda igihugu umaze gufata umurongo’’ yavuze ko Abanyarwanda bagomba guhora bashima Imana ku bwo igihugu Imana yabahaye n’impanuro zitangwa na Paul Kagame Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Abanyarwanda biteje imbere baturutse mu Intara zitandukanye bashimiye Imana ibyo bamaze kugeraho aho umwe muri abo waturutse mu Karere ka Gatsibo, mu Murenge wa Kizigiro Akagari ka Mbogo yasabye Minisitiri w’Intebe kuzabasura aho yavuze ko asigaye yeza toni 7 buri kwezi kandi ko arimo akora km 4 z’umuhanda ku bushobozi bwe abikesha amahugurwa yahawe na RAB mu guhinga urutoki rwa kijyambere.

Minisitiri w’Intebe yashimiye Paul Kagame wayoboye urugamba rwo kubohora u Rwanda agahagarika Jenoside Yakorewe Abatutsi, yavuze ko kubera imiyoborere myiza u Rwanda rumaze kuba igihugu cyubashywe mu ruhando rw’ibindi bihugu.

Aho muri Mutarama u Rwanda rwakiriye imikino ya CHAN naho muri Nyakanga rukongera kwakira inama mpuzamahanga ikabera mu nyubako nziza ya Kigali Convention Center ko ibyo babikesha Imana ndetse n’imiyoborere myiza.

Amatorero n’amadini bijeje Minisitiri w’Intebe ko bagiye kwita ku bana b’inzererezi ko buri torero rizajya ribazwa umwana uzajya agaragara hafi y’urwo rusengero na kiriziya ko bagiye kuba inshuti z’abo babavana mu bukene n’ubwigunge.

Abayobozi b’amatorero n’abakiristu basengeye u Rwanda, Ibihugu bw’Afurika y’Iburasirazuba, Afurika n’isi muri rusange kugira ngo bagire amahoro n’umutekano no kwiha agaciro badakomeje gutega ku nkunga z’amahanga, ahubwo bakiyumvamo ubushobozi kuko na bo bafite Imana kimwe n’abandi batuye ku yindi migabane.

-3525.jpg

Basanda Ns Oswald

2016-08-08
Editorial

IZINDI NKURU

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Editorial 03 Dec 2021
Amakuru y’ingenzi ya Polisi y’u Rwanda yaranze icyumweru gishize

Amakuru y’ingenzi ya Polisi y’u Rwanda yaranze icyumweru gishize

Editorial 06 Feb 2017
Police Handball Club yatangiye shampiyona itsinda G.S Rambura

Police Handball Club yatangiye shampiyona itsinda G.S Rambura

Editorial 06 Mar 2016
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Editorial 12 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Gutorwa kwa Ramaphosa kuyobora ANC bishobora kuzatuma Perezida Zuma asazira muri gereza

Editorial 23 Dec 2017
Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah
Amakuru

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Editorial 12 Sep 2022
Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali
IMIKINO

Micho na Uganda basezeye irushanwa batageze i Kigali

Editorial 28 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru