• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018 POLITIKI

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong un yagaragaje ko yishimiye ibiganiro yagiranye na Donald Trump uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse ahamya ko hari intambwe imaze guterwa igaragaza ko ibyo bemeranyije bizashyirwa mu bikorwa.

Ibi Kim yabigaragaje mu ibaruwa yandikiye Trump ku wa 6 Nyakanga, ayiha itsinda ry’Umunyamabanga wa leta ushinzwe ububanyi n’amahanga, Mike Pompeo ryari ryitabiriye ibiganiro ku ntwaro za kirimbuzi byabereye i Pyongyang.

Ubwo yashyiraga kopi y’iyi baruwa kuri Twitter, Trump yagaragaje ko yishimiye kuba yamwandikiye, ndetse avuga ko uburyo bombi babashije guhuza biri mu bizagira uruhare mu gutuma ibyo impande zombi zumvikanye bigerwaho, nubwo Koreya ya Ruguru bigaragara ko ikomeje kugenda biguru ntege.

Uretse gusingiza Trump, mu ibaruwa ye nta hantu na hamwe Kim agaragaza aho ahagaze ku birebana no guhagarika umugambi wo gucura intwaro za kiri mbuzi.

Umwe mu bagize akanama k’Umuryango w’Abibumbye ku wa Kane yabwiye CNN ko Amerika yashyikirije Komisiyo ikurikirana ibihano byahawe Koreya ya Ruguru, raporo igaragaza ko iki gihugu gikomeje kurenga ku byo cyabujijwe gikora ubucuruzi burimo n’ubw’ibikomoka kuri peteroli.

Iyi baruwa ishyikirijwe Trump mu gihe mu cyumweru gishize Pompeo yananiwe kugaragaza aho ibiganiro ku ihagarikwa ry’uriya mugambi bigeze, umwe mu bari bahari akaba yaravuze ko byagenze nabi kurenza uko bari babyiteze.

Ku rundi ruhande ariko Umunyamabanga Mukuru wa ONU, Antonio Guterres, avuga ko nubwo kugongana bidashobora kubura, hari amahirwe menshi ko ibi biganiro bishobora kuzagera ku mwanzuro mwiza urebana no guhagarika ikorwa ry’intwaro rya kirimbuzi kandi bigakorwa mu mahoro.

Ku wa 12 Kamena 2018 nibwo Trump na Kim bahuriye muri Singapore, aho bagiranye ibiganiro byibanze ku bibazo birimo guhagarika ikorwa rya ziriya ntwaro muri Koreya ya Ruguru, ndetse n’ikurwaho ry’ibihano iki gihugu cyafatiwe na Amerika.

2018-07-13
Editorial

IZINDI NKURU

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Inkorabusa 50 zishyize hamwe ngo zikande u Rwanda zisanga rudakandika

Editorial 31 May 2024
Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Perezida Kagame na Putin bagaragaje inyota yo kongera umubano w’u Rwanda n’u Burusiya

Editorial 14 Jun 2018
Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Editorial 07 Oct 2019
Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Editorial 09 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien
Amakuru

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Editorial 29 Sep 2025
Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram
POLITIKI

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Editorial 11 Dec 2018
Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Rwamagana: Abatwara abagenzi ku magare basabwe kugira uruhare mu kurwanya ibyaha

Editorial 12 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru