• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Kinshasa: Abarwanya Leta ya Kabila bateguye imyigaragambyo idasanzwe

Editorial 25 Oct 2018 POLITIKI

Umwe mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi, atangaza ko imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu iteganyijwe ku wa Gatanu tariki ya 26 Ukwakira 2018, yamaze kwemererwa kubera mu murwa mukuru Kinshasa.

Ni imyigaragambyo yo kwamagana imashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bafite ubwoba ko zakwifashishwa mu gukora uburiganya mu matora ya perezida ateganyijwe ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Vital Kamerhe, utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu akaba n’umwe mu bakandida-perezida 21, aganira na AFP, yavuze ko abahagarariye abatavuga rumwe n’ubutegetsi batumijwe mu nama n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bw’i Kinshasa ku wa Gatatu.

Yavuze ko yari inama yo gutegura uko umutekano uzacungwa mu gihe cy’iyo myigaragambyo. Kamerhe yagize ati “Tuzakora imyigaragambyo itari bwabeho mu rwego rwo kugaragariza amahanga ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi dushaka ko amatora abaho ku itariki ya 23 y’ukwezi kwa cumi na kabiri, ariko akaba amatora yo kwizerwa, akozwe mu bwisanzure kandi anyuze mu mucyo.”

Emmanuel Akweti, umuyobozi wo mu nzego z’ibanze i Kinshasa, yemeje ko koko inama yo gutegura imyigaragambyo yo ku wa Gatanu y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi yabaye.

Umwuka w’ubushyamirane ukomeje kwiyongera muri Congo mbere y’amatora ya perezida  yagiye atinzwa ateganyijwe mu kwezi kwa cumi na kabiri uyu mwaka.

Ni amatora yo gutora usimbura Perezida Joseph Kabila wageze ku butegetsi mu mwaka wa 2001, wagezeho akava ku izima  ko ataziyamamaza  uyu mwaka kubera kotswa igitutu n’amahanga.

Mu kwezi gushize kwa cyenda, Bwana Kabila yasezeranyije inteko y’Umuryango w’Abibumbye ko aya matora ya perezida azaba nta gisibya kandi akaba mu buryo bwo kwizerwa.

Abanenga Perezida Kabila bafite impungenge ko ashaka gutuma Emmanuel Ramazani Shadary, yahisemo nk’uwamusimbura akaba yaranahoze ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, adahura n’ihatana rikomeye mu matora.

Bakomeza bavuga ko bafite ubwoba ko izo mashini zo gutoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga zakorewe muri Koreya y’Epfo zizafasha mu gukora uburiganya mu matora.

Abategetsi b’akanama k’amatora ka Congo bavuga ko izo mashini zizagabanya amafaranga yo kwifashisha mu bikorwa by’amatora kandi zikarwanya uburiganya.

Ibihugu by’i Burayi na Amerika biri gukurikiranira hafi ibiri kubera muri Congo mbere y’amatora, mu gihe iki gihugu gikize ku mabuye y’agaciro cyakolonijwe n’u Bubiligi kiri kugerageza kugira isimburana ku butegetsi rya mbere rikozwe mu mahoro kuva cyakwigenga mu mwaka wa 1960.

Ibikorwa by’umutekano mucye birakomeje mu bice bimwe byo mu burasirazuba bw’iki gihugu mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho imitwe y’inyeshyamba ihanganye n’ingabo za Leta.

Abakuru b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yagiye acikamo ibice, bitezwe guhurira mu nama muri iki cyumweru i Johannesburg muri Afurika y’Epfo, bagamije kwishyira hamwe ngo bashyigikire umukandida umwe utavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ni nyuma yaho abakomeye mu bakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ari bo Jean-Pierre Bemba wahoze ari umukuru w’inyeshyamba akaza no kuba Visi Perezida wa Congo  na Moïse Katumbi wahoze ari umukuru w’Intara ya Katanga, bangiwe kwiyamamaza n’akanama k’amatora.

2018-10-25
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika idakwiye gukena kandi yihagije ku mutungo kamere

Editorial 22 Jun 2018
#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi

#Rwandaday2017: Nyuma y’imyaka irindwi Perezida Kagame agiye kongera guhura n’Abanyarwanda mu Bubiligi

Editorial 08 Jun 2017
Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Editorial 27 Dec 2017
Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Editorial 23 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase
Mu Rwanda

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase

Editorial 07 Nov 2017
Abarwayi bane bakize Coronavirus, umubare w’abayanduye mu Rwanda ugera ku 144
HIRYA NO HINO

Abarwayi bane bakize Coronavirus, umubare w’abayanduye mu Rwanda ugera ku 144

Editorial 19 Apr 2020
Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)
IMIKINO

Nshuti ukina muri Tunisie yasuye APR FC ayibwira ibiyifasha gutsinda Club Africain (Amafoto)

Editorial 04 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru