• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Kirehe: Mu bikorwa byo kurwanya itundwa ry’ibiyobyabwenge, Polish yafashe ibiro 115 by’urumogi

Editorial 26 May 2017 ITOHOZA

Ibikorwa byo kurwanya iyinjizwa , ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, Polisi ikorera mu karere ka Kirehe yakoze mu murenge wa Mahama ku itariki 24 z’uku kwezi yabifatiyemo abantu batatu bafite ibiro 115 by’urumogi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yavuze ko ababifatanywe ari Nyandwi François , Nsabimana Elie na Uwimana Clemence.

Yavuze ko abo bagabo bafatiwe mu kagari ka Karuhembe bafite ibiro 100 by’urumogi mu mifuka; naho ibiro 15 bikaba byarafatiwe mu rugo rw’uwo mugore ruri mu kagari ka Kamombo.

IP Kayigi yasobanuye uko bafashwe agira ati,”Polisi yabonye amakuru ko binjiza urumogi mu gihugu barukuye muri kimwe mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda bakarugurisha abantu b’ingeri zitandukanye. Abapolisi bigize abaguzi bararubafatana.”

Yavuze ko uko ari batatu bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe; ndetse n’urwo rumogi akaba ari ho rubitse mu gihe iperereza rikomeje.

Yibukije ko gukora, guhindura, kwinjiza, kugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko bihanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000); nk’uko biteganywa n’ingingo ya 594 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Ingingo yacyo ya 593 ivuga ko guhinga, gukora, guhindura, kugurisha, gutunda, kubika no kunywa ibiyobyabwenge bibujijwe keretse mu bihe no mu buryo byagenwe n’itegeko.

IP Kayigi yaburiye abinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu, ababikoresha n’ababicuruza ko bazagerwaho n’ingaruka zabyo zirimo igifungo, gucibwa ihazabu n’igihombo, bitewe n’uko byangizwa iyo bifashwe.

Yagize ati, “Ingaruka zo kubyishoramo ntizigera gusa ku ubikora; ahubwo zigera no ku muryango we. Iyo umuntu ubifungiwe ari we witaga ku bagize umuryango we; bahura n’ingorane zitandukanye. Buri wese aragirwa inama yo kwirinda icyitwa ikiyobyabwenge aho kiva kikagera no gufatanya kukirwanya.”

-6667.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi

Na none kuri uwo munsi, mu karere ka Nyagatare habaye igikorwa cyo kwangiza litiro 70 za Kanyanga n’amakarito 190 y’inzoga zo mu masashe z’amoko atandukanye zitemewe gucuruzwa mu Rwanda zirimo Zebra Warage, Kitoko na African Gin. Izi nzoga zafatiwe mu mikwabu Polisi yakoze hirya no hino muri aka karere mu mezi atanu ashize.

Iki gikorwa cyabereye mu kagari ka Barija, mu murenge wa Nyagatare. Cyitabiriwe n’amagana y’abaturage biganjemo abanyeshuri n’abatwara abagenzi kuri moto n’amagare.

Umuyobozi wa Polisi muri aka karere, Chief Superintendent of Police (CSP) Johnson Sesonga yabaganirije ku bubi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka zo kubyishoramo; anabakangurira kubyirinda no gufatanya kurwanya icuruzwa n’ikoreshwa ryabyo batanga amakuru y’ababikora.

Ku itariki 4 Werurwe uyu mwaka, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana na mugenzi we wa Tanzaniya, IGP Ernest J. Mangu bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka birimo iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge muri kimwe muri byo n’ubujura bw’inka; uwo muhango ukaba warabereye ku mupaka uhuza ibi bihugu byombi wa Rusumo.

Source : RNP

2017-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Umusirikare w’u Rwanda yaguye mu gitero muri Centrafrique, abandi umunani barakomereka

Editorial 11 Apr 2018
Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Editorial 07 Jul 2018
UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

UK: Abanyarwanda barokotse Jenoside babangamiwe n’abayikoze bacyidegembya

Editorial 30 Nov 2016
Abana ba Zari na Ivan bagiye gupimwa DNA  hemezwe niba koko ari aba Ivan

Abana ba Zari na Ivan bagiye gupimwa DNA hemezwe niba koko ari aba Ivan

Editorial 30 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 24 Apr 2023
Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara :  Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.
INKURU NYAMUKURU

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Editorial 10 Jan 2018
Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara
HIRYA NO HINO

Robot yitwa Sophia yavuze Ikinyarwanda i Kigali aho yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu baratangara

Editorial 15 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru