• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Knowless Fan Club (Intwarane) bunamiye abazize Jenoside i Ntarama

Knowless Fan Club (Intwarane) bunamiye abazize Jenoside i Ntarama

Editorial 14 May 2018 SHOWBIZ

Abafana ba Knowless Butera bihurije mu itsinda bise ‘Intwarane’ , basuye Urwibutso rwa Ntarama rushyinguwemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu myaka itanu ishize, Intwarane za Knowless zagiye zikora ibikorwa by’urukundo, kwiteza imbere ndetse no gushyigikira mu buryo bukomeye umuziki w’uyu mugore watumye bihuriza hamwe nk’itsinda.

Kuwa Gatandatu tariki ya 12 Gicurasi 2018, iri tsinda ry’abafana ba Knowless ryagiye mu Karere ka Bugesera gusura no kunamira imibiri y’abazize Jenoside barenga ibihumbi bitanu bashyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama.

Mbere yo gushyira indabyo ku mva, aba bafana babanje gukora urugendo rwo kwibuka rwatangiriye ahitwa kuri Arrêté rusorezwa kuri Kiliziya ya Ntarama ari nayo yabereyemo ubu bwicanyi ndengakamere.

Uru rubyiruko rwasobanuriwe byimbitse amateka ya Jenoside yakorewe mu gice cy’Ubugesera, by’umwihariko babwiwe inzira y’umusaraba Abatutsi biciwe muri Kiliziya Gatulika ya Ntarama banyuzemo n’uburyo bishwe hakoreshejwe imbunda na gerenade ndetse n’intwaro za gakondo zirimo imihoro n’amahiri.

Umuyobozi w’Intwarane, Matata Jado yavuze ko nk’urubyiruko bahisemo kujya kunamira Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo bagire ubumenyi bwimbitse ku bugome ubu bwicanyi bwateguranywe bityo barusheho kwirinda ikibi cyose cyashaka gusubiza igihugu muri aya mateka.

Yakanguriye urubyiruko guhangana n’abakomeje gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi babikora bifashishije imbuga nkoranyambaga nk’umuyoboro ukoreshwa cyane na miliyoni zitabarika z’Abatuye Isi.

Yagize ati “Urubyiruko ni twebwe dukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, kandi abo bahakana bakanapfobya Jenoside niho bacisha ibitekerezo byabo bibi. Ni ngomba ko duhangana na bo mu kwirinda ko ibyabaye bitazongera ukundi.”

Knowless ntiyajyanye n’abafana be i Ntarama, gahunda yabo yahuriranye n’urugendo yari yagiyemo rwo kwibuka abo mu muryango we biciwe mu Nzove.

Aba bafana babanje gukora urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi


2018-05-14
Editorial

IZINDI NKURU

Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo kunywesha umwana inzoga ndetse no ku musambanya yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25

Ndimbati ukurikiranyweho ibyaha birimo kunywesha umwana inzoga ndetse no ku musambanya yasabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25

Editorial 13 Sep 2022
Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Umunyamakuru Rutamu Joel yasezeye mw’itangazamakuru nkuko yabivuze,yerekeje iburayi

Editorial 30 Jul 2018
Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Nyuma yo gusinya amasezerano, mu minsi 24, umuhanzi Israel Mbonyi arataramira mu gihugu cy’i Burundi

Editorial 20 Jul 2021
Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Editorial 03 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Peter Vrooman wagizwe Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ni muntu ki ?
HIRYA NO HINO

Peter Vrooman wagizwe Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda ni muntu ki ?

Editorial 16 Nov 2017
Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC
Amakuru

Abahoze bayobora Rayon Sports bemeye gushyigikira Gikundiro ifite ibibazo by’Amikoro, bakusanya arenga Miliyoni 6.5 frw zo gutegura umukino wa Rutsiro FC

Editorial 25 Sep 2024
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe
Mu Mahanga

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Editorial 08 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru